Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Abafana ba Gasogi ngo icyemezo cya KNC cyabashegeshe, baramusaba kwisubiraho

radiotv10by radiotv10
28/01/2022
in SIPORO
0
Abafana ba Gasogi ngo icyemezo cya KNC cyabashegeshe, baramusaba kwisubiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bafana ba Gasogi United bazwi nka Urubumbyingwe, banditse ibaruwa ifunguye bagaragazamo ko bashenguwe n’icyemezo cyafashwe na Perezida w’iyi kipe, KNC cyo kuyikura muri Shampiyona, bakamusaba kwisubiraho.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 27 Mutarama 2022 ubwo ikipe ya Gasogi yari imaze gutsindwa 1-0 na Rayon Sports, Perezida wa Gasogi United, KNC yatangaje ko akuye ikipe ye muri shampiyona kubera ibibazo biri mu mupira w’amaguru by’umwihariko mu misifurire. Yagize ati “Kuko uyu ni umwanda.”

Ibi byatumye bamwe mu bafana b’ikipe ya Gasogi bazwi nka Urubumbyingwe, bandika ibaruwa ifunguye bagaragaza ko na bo bashenguwe n’uburyo ikipe yabo ikomeje gusifurirwa nabi.

Muri iyi baruwa iriho n’amazina y’abayisinyeho uko ari 26, hari aho igira iti “Gusa umwanzuro wafashwe na we [KNC] wo gusezera muri shampiyona, mu cyubahiro tumugomba, twamusabaga ko yakwisubiraho kuko nk’abakunzi ba Gasogi cyadushegeshe pe.”

Aba bakunzi ba Gasogi United bavuga ko ikipe yabo ikwiye kurenganurwa igahabwa ubutabera ariko “twanifuza kuyibona ikina mu kibuga iduha ibyishimo nk’intego y’ubuyobozi bwayo ariko turifuza rwose Gasogi United iguma gukina Shampiyona y’icyiciro cya mbere.”

KNC we yari yatsembye ko ntacyakorwa kugira ngo agaruke muri shampiyona kabone “nubwo zaba ari impuhwe z’Imana kuko ibi ni umwanda…”

Uyu muyobozi wa Gasogi United utajya uca ku ruhande ku byo yumva, yagarutse ku byo yakunze kunenga umupira w’amaguru mu rwanda, avuga ko mu buyobozi bwa FERWAFA “Huzuyemo Mafia, umwanda n’ibindi. Twebwe dufashe umwanzuro iyi kipe tuyivanye mu irushanwa. Kuva uyu munsi…”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 14 =

Previous Post

Bitunguranye Eritrea yajyaga isusuruta benshi Tour du Rwanda ntizitabira iy’uyu mwaka

Next Post

Uganda yarekuye Abanyarwanda 58 mbere y’uko u Rwanda rutangaza iby’ifungurwa ry’umupaka

Related Posts

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

by radiotv10
31/10/2025
0

Abakinnyi b’ikipe ya Manchester United bagaragaye bambaye barimbye mu myambaro inogeye ijisho, ubwo bari bitabiriye imyitozo bitegura umukino bafite muri...

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

by radiotv10
31/10/2025
0

Cristiano Ronaldo Junior, imfura ya rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yerekanye imodoka ye ya mbere atunze ku myaka 15...

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

by radiotv10
31/10/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko iperereza ryakorwaga ku bakinnyi b'iyi kipe, Dauda Yussif na Sy Mamadou ku myitwarire idahwite...

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ikipe ya El Hilal iri mu ziherutse kwemererwa kuzakina Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yafashe urugendo iza muri iki Gihugu,...

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikipe ya El Ahli S.C Wad Madani yo muri Sudani, yari iherutse...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda yarekuye Abanyarwanda 58 mbere y’uko u Rwanda rutangaza iby’ifungurwa ry’umupaka

Uganda yarekuye Abanyarwanda 58 mbere y’uko u Rwanda rutangaza iby’ifungurwa ry’umupaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.