• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Avoka akurikiranyweho kwaka umukiliya we Miliyoni 3 yo ‘guha Umucamanza ngo azihutishe urubanza’

radiotv10by radiotv10
17/02/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Avoka akurikiranyweho kwaka umukiliya we Miliyoni 3 yo ‘guha Umucamanza ngo azihutishe urubanza’
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamategeko wunganira abandi mu nkiko wo mu Mujyi wa Kigali, akurikiranyweho kwaka Miliyoni 3 Frw umukiliya we uba mu mahanga amubwira ko ari ruswa yo kuzaha Umucamanza kugira ngo azihutishe urubanza rwe rumaze imyaka ine.

Me Nyirabageni Brigitte usanzwe yunganira abantu mu mategeko ariko na we ubu akaba ari kuregwa icyaha cya ruswa, yaburanye ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, ahakana icyaha akekwaho.

Uyu munyamategeko watawe muri yombi tariki 26 Mutarama 2022, akurikiranyweho gusaba umukiliya we uba mu Bwongereza miliyoni 3 Frw amubwira ko ari ruswa yo kuzaha Umucamanza kugira ngo azihutishe urubanza rwe.

Uwitwa Elisha Hakuzumwami usanzwe aba mu Bwongereza, akaba afite urubanza amaranye imyaka ine mu Rwanda rukaba rwaragiye rutinzwa n’icyorezo cya COVID-19.

Uyu Hakuzumwami yabwiye inzego z’ubugenzacyaha ko uyu munyamategeko Me Nyirabageni uri kumwunganira mu rubanza rwe, yamubwiye ko natagira icyo atanga bizakomeza gutuma urubanza rwe rutinda.

Yavuze ko uyu munyamategeko we, yamusabye Miliyoni 3 Frw amubwira ko ari ayo kuzaha Umucamanza kugira ngo urubanza rwe ruzahabwe itariki yo kuruburanisha ndetse runihute ruve mu nzira.

Hakuzumwami avuga ko yabanje kumwoherereza Miliyoni 1 Frw ariko Umunyamategeko amubwira ko ari macye, amusaba kohereza andi, ari na byo byatumye ahita yitabaza inzego z’ubugenzacyaha kuko yabonaga atari shyashya.

Ubushinjacyaha burega uyu munyamategeko icyaha cya ruswa, bwasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ko icyaha gikekwa kuri Me Nyirabageni gikomeye bityo ko akwiye kuburana afunzwe by’agateganyo.

Ubwo urubanza ku ifunga ry’agateganyo rwabaga kuri uyu wa 16 Gashyantare, Ubushinjacyaha bwagaragaje ko ibyagezweho mu iperereza bigize impamvu zikomeye zituma uregwa akekwaho gukora iki cyaha cya ruswa.

Buvuga ko kandi aramutse akurikiranywe ari hanze byabangamira iperereza ndetse ko kuba uyu munyamategeko yakurikiranwa afunzwe ari bwo buryo bwonyine bwizewe bwo kuzajya abonekera igihe mu gihe yaba akenewe.

Uregwa we yabwiye urukiko ko nta cyaha yakoze bityo ko nta mpamvu yatuma akurikiranwa afunze, agasaba kurekurwa.

Yemereye Ubushinjacyaha ko yasabye uriya mukiliya we miliyoni 3 Frw koko ariko ko yabikoze ashaka kubona ubwishyu kuko hari imanza ebyiri yaburaniyemo uyu Hakuzumwami ntamwishyure.

Urubanza ku ifunga rwahise rupfundikirwa, bikaba biteganyijwe ko Urukiko rusoma umwanzuro warwo kuri uyu wa Kane tariki 17 Gashyantare 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − four =

Previous Post

Vuba araba ayigendamo: Imodoka y’akataraboneka ya Bruce Melodie yaraje

Next Post

Ahaturutse inkuru y’uruzinduko rwa Gen Saleh mu Rwanda n’uko yarangiye

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ahaturutse inkuru y’uruzinduko rwa Gen Saleh mu Rwanda n’uko yarangiye

Ahaturutse inkuru y’uruzinduko rwa Gen Saleh mu Rwanda n’uko yarangiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.