Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Aba mbere batawe muri yombi ku by’umudugudu urimo inzu zisondetse bamenyekanye

radiotv10by radiotv10
20/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kigali: Aba mbere batawe muri yombi ku by’umudugudu urimo inzu zisondetse bamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batanu barimo uwabaye Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo, Rwamurangwa Stephen ndetse n’umunyemari uzwi nka Dubai batawe muri yombi bakekwaho uruhare mu kibazo cy’inzu zubakanywe ubuzirange nkene zo mu muduguzu izwi nk’Urukumbuzi zubatswe n’uyu mushoramari witwa Dubai.

Iki kibazo cy’izi nzu zatangiye gusenyuka, cyagarutsweho na Perezida Paul Kagame ubwo yaganiraga n’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari mu Gihugu hose, mu kwezi gushize.

Icyo gihe Perezida Kagame yagarutse kuri iki kibazo ubwo zimwe mu nzu zo muri uyu mudugudu zari zatangiye gusenyuka, ku buryo zari zatangiye gushyira mu kaga ubuzima bw’abazibagamo, barimo abaziguze ndetse n’abakodeshaga.

Ubu amakuru ahari, ni uko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abantu batanu bakekwaho kugira uruhare muri iki kibazo.

Muri bo uretse Rwamurangwa Stephen wabaye Meya wa Gasabo ndetse n’umushoramari Nsabimana Jean (Dubai), barimo kandi uwabaye Visi Meya wa Gasabo wari ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Mberabahizi Raymond Chretien.

Harimo kandi uwari umuyobozi w’ishami ry’ibyemezo by’ubutaka mu Karere ka Gasabo, Nyirabihogo Jeanne d’Arc ndetse n’uwari umuyobozi w’ishami ry’imyubakire n’imiturire muri aka Karere ka Gasabo, Bizimana Jean Baptiste.

Zimwe muri izi nzu zarangiritse ku buryo bugaragarira buri wese

Amakuru yo guta muri yombi aba bantu batanu, yanemejwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho umuvugizi warwp, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko bakekwaho kugira uruhare mu bibazo bivugwa mu myubakire y’inzu zo muri uriya mudugudu wiswe Urukumbuzi Real Estate uherereye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo.

Aba bahoze ari abayobozi cyangwa abakozi mu rwego rwa Leta, bakurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha ububasha bahabwa n’itegeko mu nyungu zabo bwite.

Mu byaha bikekwa kuri aba bantu batanu kandi harimo gukora ibinyuranyije n’itegeko, bishingiye kuri ibi byo kubaka inzu zitujuje ubuziranenge.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mata 2023, yari yagarutse kuri iki kibazo, avuga ko hari abantu giti cyabo bari gukurikiranwaho kuba barakigizemo uruhare.

RADITOTV10 yageze muri uyu mudugudu urimo zimwe mu nzu zivugwaho ibibazo, yasanze koko ziteye inkeke ku buryo zishobora gushyira mu kaga ubuzima bw’abazibamo.

Mu mpera z’icyumweru gishize kandi, bamwe mu bazituyemo basabwe kuzivamo, gusa bamwe bakavuga ko icyo cyemezo cyaje kibatunguye, ku buryo batari bafite aho berecyeza.

Pudence Rubingisa yavuze ko ubuyobozi bugiye kuba bushakiye aba baturage aho bacumbika kugira ngo izi nzu zisanwe, aho kugira ngo ubuzima bwabo bukomeze kuba mu kaga.

Rwamurangwa Stephen wabaye Mayor wa Gasabo ari mu batawe muri yombi
N’uwari Visi Menya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Umusaruro w’urugendo rwa Perezida Kagame uzaba ari inkuru nziza ku Banyarwanda- Abasesenguzi

Next Post

Uwayoboye ikipe ikunzwe mu Rwanda wagiye i Macca yatuye u Rwanda isengesho rikomeye

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwayoboye ikipe ikunzwe mu Rwanda wagiye i Macca yatuye u Rwanda isengesho rikomeye

Uwayoboye ikipe ikunzwe mu Rwanda wagiye i Macca yatuye u Rwanda isengesho rikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.