Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aba mbere bambutse bajya muri Uganda abandi bakomwa mu nkokora n’igipimo cya PCR

radiotv10by radiotv10
07/03/2022
in MU RWANDA
0
Aba mbere bambutse bajya muri Uganda abandi bakomwa mu nkokora n’igipimo cya PCR
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ifungurwa ry’imipaka yo ku butaka, kuri uyu wa mbere tariki 07 Werurwe 2022, aba mbere baturutse mu Rwanda bambutse bajya muri Uganda mu gihe bamwe bakomwe mu nkokora no kwipimisha COVID-19 basabwaga gukoresha ikizamini cya PRC kishyurwa ibihumbi 30 Frw.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze ku Mupaka wa Gatuna uherutse gufungurwa ariko ukaba wagendwagaho n’imodoka nini zitwaye ibicuruzwa, yasanze hari abaturage benshi bashakaga kwambuka ngo bajye gusura inshuti n’imiryango yabo muri Uganda.

Umupaka wa Gatuna ni wo wari umaze igihe utanyurwaho n’abaturage kuko uretse kuba imipaka yari ifunze kubera icyorezo cya COVID-19 ariko umupaka wa Gatuna wo wari waranafunzwe kubera ibibazo byari hagati y’u Rwanda na Uganda.

Kuri uyu wa Mbere tariki 07 Werurwe 2022 ubwo imipaka yongeraga gufungura, abatuye hafi y’umupaka wa Gatuna bawuzindukiyeho bashaka kwambuka ngo bajye kureba inshuti n’imiryango iri hakurya muri Uganda.

Gusa bamwe muri aba baturage, ntibabashishije kwambuka kuko bamenyeshejwe ko bagomba kubaza kwipimisha COVID-19 bakoresheje uburyo bwa PCR bwishyurwa ibihumbi 30 Frw, bakavuga ko ayo mafaranga ari menshi batabasha kuyabona.

Benshi muri aba baturage baturiye umupaka basubiye mu ngo zabo mu gihe abaje n’imodoka zari zibakuye mu Mujyi wa Kigali bo bemeye kwipimisha ndetse bamwe muri bo bakaba bari bipimishije.

Aba bari baje n’imodoka zisanzwe zitwara abagenzi bajya muri Uganda, bahageze mu saa tanu n’igice, bemerewe kwambuka umupaka bahita bajya muri Uganda.

Abaje baturutse mu Mujyi wa Kigali bahise bambuka
Babanje kwipimisha COVID-19

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + sixteen =

Previous Post

MissRda 2022: Bakoze ikizamini cyanditse ngo basuzumwe ubumenyi bafite

Next Post

Menya amasezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Guinea-Bissau

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya amasezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Guinea-Bissau

Menya amasezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Guinea-Bissau

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.