Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aba mbere bambutse bajya muri Uganda abandi bakomwa mu nkokora n’igipimo cya PCR

radiotv10by radiotv10
07/03/2022
in MU RWANDA
0
Aba mbere bambutse bajya muri Uganda abandi bakomwa mu nkokora n’igipimo cya PCR
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ifungurwa ry’imipaka yo ku butaka, kuri uyu wa mbere tariki 07 Werurwe 2022, aba mbere baturutse mu Rwanda bambutse bajya muri Uganda mu gihe bamwe bakomwe mu nkokora no kwipimisha COVID-19 basabwaga gukoresha ikizamini cya PRC kishyurwa ibihumbi 30 Frw.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze ku Mupaka wa Gatuna uherutse gufungurwa ariko ukaba wagendwagaho n’imodoka nini zitwaye ibicuruzwa, yasanze hari abaturage benshi bashakaga kwambuka ngo bajye gusura inshuti n’imiryango yabo muri Uganda.

Umupaka wa Gatuna ni wo wari umaze igihe utanyurwaho n’abaturage kuko uretse kuba imipaka yari ifunze kubera icyorezo cya COVID-19 ariko umupaka wa Gatuna wo wari waranafunzwe kubera ibibazo byari hagati y’u Rwanda na Uganda.

Kuri uyu wa Mbere tariki 07 Werurwe 2022 ubwo imipaka yongeraga gufungura, abatuye hafi y’umupaka wa Gatuna bawuzindukiyeho bashaka kwambuka ngo bajye kureba inshuti n’imiryango iri hakurya muri Uganda.

Gusa bamwe muri aba baturage, ntibabashishije kwambuka kuko bamenyeshejwe ko bagomba kubaza kwipimisha COVID-19 bakoresheje uburyo bwa PCR bwishyurwa ibihumbi 30 Frw, bakavuga ko ayo mafaranga ari menshi batabasha kuyabona.

Benshi muri aba baturage baturiye umupaka basubiye mu ngo zabo mu gihe abaje n’imodoka zari zibakuye mu Mujyi wa Kigali bo bemeye kwipimisha ndetse bamwe muri bo bakaba bari bipimishije.

Aba bari baje n’imodoka zisanzwe zitwara abagenzi bajya muri Uganda, bahageze mu saa tanu n’igice, bemerewe kwambuka umupaka bahita bajya muri Uganda.

Abaje baturutse mu Mujyi wa Kigali bahise bambuka
Babanje kwipimisha COVID-19

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 13 =

Previous Post

MissRda 2022: Bakoze ikizamini cyanditse ngo basuzumwe ubumenyi bafite

Next Post

Menya amasezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Guinea-Bissau

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi
MU RWANDA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya amasezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Guinea-Bissau

Menya amasezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Guinea-Bissau

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.