Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aba mbere bambutse bajya muri Uganda abandi bakomwa mu nkokora n’igipimo cya PCR

radiotv10by radiotv10
07/03/2022
in MU RWANDA
0
Aba mbere bambutse bajya muri Uganda abandi bakomwa mu nkokora n’igipimo cya PCR
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ifungurwa ry’imipaka yo ku butaka, kuri uyu wa mbere tariki 07 Werurwe 2022, aba mbere baturutse mu Rwanda bambutse bajya muri Uganda mu gihe bamwe bakomwe mu nkokora no kwipimisha COVID-19 basabwaga gukoresha ikizamini cya PRC kishyurwa ibihumbi 30 Frw.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze ku Mupaka wa Gatuna uherutse gufungurwa ariko ukaba wagendwagaho n’imodoka nini zitwaye ibicuruzwa, yasanze hari abaturage benshi bashakaga kwambuka ngo bajye gusura inshuti n’imiryango yabo muri Uganda.

Umupaka wa Gatuna ni wo wari umaze igihe utanyurwaho n’abaturage kuko uretse kuba imipaka yari ifunze kubera icyorezo cya COVID-19 ariko umupaka wa Gatuna wo wari waranafunzwe kubera ibibazo byari hagati y’u Rwanda na Uganda.

Kuri uyu wa Mbere tariki 07 Werurwe 2022 ubwo imipaka yongeraga gufungura, abatuye hafi y’umupaka wa Gatuna bawuzindukiyeho bashaka kwambuka ngo bajye kureba inshuti n’imiryango iri hakurya muri Uganda.

Gusa bamwe muri aba baturage, ntibabashishije kwambuka kuko bamenyeshejwe ko bagomba kubaza kwipimisha COVID-19 bakoresheje uburyo bwa PCR bwishyurwa ibihumbi 30 Frw, bakavuga ko ayo mafaranga ari menshi batabasha kuyabona.

Benshi muri aba baturage baturiye umupaka basubiye mu ngo zabo mu gihe abaje n’imodoka zari zibakuye mu Mujyi wa Kigali bo bemeye kwipimisha ndetse bamwe muri bo bakaba bari bipimishije.

Aba bari baje n’imodoka zisanzwe zitwara abagenzi bajya muri Uganda, bahageze mu saa tanu n’igice, bemerewe kwambuka umupaka bahita bajya muri Uganda.

Abaje baturutse mu Mujyi wa Kigali bahise bambuka
Babanje kwipimisha COVID-19

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − twelve =

Previous Post

MissRda 2022: Bakoze ikizamini cyanditse ngo basuzumwe ubumenyi bafite

Next Post

Menya amasezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Guinea-Bissau

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya amasezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Guinea-Bissau

Menya amasezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Guinea-Bissau

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.