Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ababitekereza ahubwo nibo bizabaho- P.Kagame asubiza abatekereza imigambi mibisha ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ababitekereza ahubwo nibo bizabaho- P.Kagame asubiza abatekereza imigambi mibisha ku Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yibukije ko abagambirira kugirira nabi u Rwanda, nta na rimwe bizabahira, nk’uko bimaze iminsi bigarukwaho n’Umukuru w’Igihugu kimwe wagaragaje ko yifuza gutera u Rwanda.

Perezida Paul Kagame yabigarutseho mu ijambo yatangiye mu birori yayoboye byo kwakira Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda, byabaye mu ijoro ryo ku wa 30 Ukuboza 2023, byo gusoza umwaka.

Ni ubutumwa Perezida Paul Kagame yatanze hamaze iminsi micye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yongeye kugaragaza ko yifuza kugirira nabi u Rwanda.

Mu butumwa yatangiye mu bikorwa byo kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu, Tshisekedi; yavuze kenshi ko yatera u Rwanda, kandi ko yarasa Kigali yibereye i Goma.

Yavuze ko niyongera gutorwa, ashobora kuzasaba abagize Inteko Ishinga Amategeko uburenganzira bwo gutera u Rwanda ngo mu gihe rwakomeza kubabera umwanzi.

Perezida Paul Kagame muri iri jambo rye ryo ku wa Gatandatu, yavuze ko u Rwanda rwageze habi hashoboka ariko ko rudashobora kongera kuhasubira ukundi, ku buryo uwarwifuriza ibibi, adashobora kugera ku migambi ye.

Ati “Kuvuga ngo umuntu arategura imigambi ye yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, gutera u Rwanda akarushwanyaguza? icyo tutazi ni iki se? Aho ho gushwanyagurika twarahageze turahazi ahubwo bizaba ku batekereza kugira gutyo.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agira ati “Nta gishobora kutubaho kiri hanyuma y’icyatubayeho, ubwo rero ushaka kudukiriraho cyangwa kudukoresha kugira ngo agere ku bye, ibyo biramureba.”

Bamwe mu basesenguzi bavuga ko amagambo ya Tshisekedi yayaterwaga no kugira ngo areshye Abanyekongo bongere bamutore, gusa Perezida Paul Kagame abona amagambo yavuzwe n’Umukuru w’Igihugu ndetse inshuro nyinshi, atayafata muri ubwo buryo.

Ati “Ntushobora no kuza kunyigisha ngo uriya wavugaga biriya ngo ntabwo ari byo yavugaga. Njye ngomba kwitegura kugeza igihe nzabonera ibimenyetso ko atari byo yavugaga.”

Guverinoma y’u Rwanda kandi yakunze kuvuga ko nubwo itasubizanyije na Perezida Tshisekedi wongeye kuvuga amagambo aremereye ku Rwanda no ku Mukuru warwo, ariko ko nanone itabyirengagie, ahubwo ko byatumye u Rwanda rurushaho kwitegura guhangana n’icyaza gihungabanya umutekano warwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − one =

Previous Post

IFOTO: Karegeya washinze ‘Ibere rya Bigowe’ yishimiye guhura n’imfura ya Perezida Kagame

Next Post

UK: Hateguwe operasiyo rurangiza yo kurandura ba rushimusi bigize ba rusahuriramunduru

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UK: Hateguwe operasiyo rurangiza yo kurandura ba rushimusi bigize ba rusahuriramunduru

UK: Hateguwe operasiyo rurangiza yo kurandura ba rushimusi bigize ba rusahuriramunduru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.