• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, June 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abacancuro bafasha FARDC bongeye kuvugwa mu mirwano yakajije umurego muri Congo

radiotv10by radiotv10
12/06/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gen.Muhoozi yahaye integuza y’akaga gashobora kuba ku bacancuro b’abazungu bari muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rurimo n’abacancuro b’abanyamahanga, rwongereye umurego mu bitero ruri kugaba mu bice bituwe n’abaturage n’ibyo rigenzura.

Ibi bitero byabaye kuri uyu wa Kane tariki 11 Kamena 2026, bibaye nyuma yuko havuzwe amakuru ko hari abacancuro b’Abanya-Colombia boherejwe muri Minembwe mu Ntara ya Kivu y’Epfo bavuye mu gace ka Kalemie.

Ibi bice byo birimo ibituwe n’Abanyekongo b’Abanyamulenge, bimaze iminsi byibasiwe n’ibitero by’uruhande rw’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, rukoreshamo n’intwaro za rutura zirimo n’indege zitagira abapilote.

Nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka mu makuru y’umwuka wiriwe kuri uyu wa Kane, yavuze ko “Ingabo zishyize hamwe z’ubutegetsi bwa Kinshasa, zirimo FARDC, FDLR, Wazalendo, Ingabo z’Igihugu z’Uburundi (FDNB), n’abacanshuro b’abanyamahanga, bongereye ibitero byabo mu duce dutuwe cyane”

Kanyuka yavuze ko kuva saa kumi n’imwe za mu gitondo kugeza saa saba z’umugoroba kuri uyu wa Kane, izi ngabo zagabye ibitero icyarimwe mu duce twa Gakenke, Irundu, Bidegu, na Mikenke.

Yagize ati “Zagabye ibitero byo ku butaka ndetse zinohereza indege zitagira abapilote za kamikaze n’indege zirasa roketi za KT-6.”

Nanone kandi kuri uyu wa Kane, aba bahuzamugambi barwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa, bagabye ibitero mu gace ka Kabare, kuva saa kumi n’imwe n’igice za mu gitondo kugeza saa saba z’umugoroba.

Ku isaha ya saa saba z’umugoroba, uru ruhande ruhanganye n’Ihuriro AFC/M23 rwanagabye ibindi bitero mu duce twa Kumadepo na Kasovu, muri Teritwari ya Kalehe.

Umuvugizi wa AFC/M23 yongeye kwemeza ko iri Huriro rigikomeje gushyira imbere inyungu zo kurinda abaturage b’abasivile, bityo ko izajya ikoresha imbaraga kugira ngo ihangane n’ibi bitero.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 5 =

Previous Post

Ikirego kiregwamo umunyamategeko kwita inyito idakwiye ufite ubumuga bw’ubugufi cyazamuwe ku rundi rwego

Next Post

Hatangajwe ikizakoreshwa miliyoni 100$ muri 250 u Rwanda ruherutse guhangwa nk’inguzanyo

Related Posts

Breaking: Iran yatangaje ifungwa ryuzuye rya Hormuz nyuma yo gushotorwa na America

Breaking: Iran yatangaje ifungwa ryuzuye rya Hormuz nyuma yo gushotorwa na America

by radiotv10
11/06/2026
0

Igisirikare cya Iran cyatangaje ko cyafunze mu buryo bwuzuye inzira ya Hormuz nyuma yuko habayeho ibitero bishya bya Leta Zunze...

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi batangiye gukemanga amatora ya Perezida ateganyijwe

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi batangiye gukemanga amatora ya Perezida ateganyijwe

by radiotv10
11/06/2026
0

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi, baravuga ko bafite impungenge ko amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba umwaka utaha, ashobora kuzabamo amakosa, kuko...

Icyo Umuvugizi wa M23 avuga ku bihano America yamufatiye rimwe na Gen.(Rtd) Kabarebe

AFC/M23 yamaganiye kure raporo ya HRW yongeye no kuzamo ibinyoma ku Ngabo z’u Rwanda

by radiotv10
10/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryamaganiye kure raporo y’Umuryango Mpuzamahanga Uharanira Uburenganzira bwa Muntu HRW,...

Umupilote yatahuweho kumara imyaka 17 atwara indege atagira uruhushya

Umupilote yatahuweho kumara imyaka 17 atwara indege atagira uruhushya

by radiotv10
10/06/2026
0

Uwari umupilote wa Sosiyete y’Indege ya Canada (Air Canada), yatawe muri yombi nyuma yo gutahurwaho kutagira uruhushya rumwerera gutwara indege...

America yatanze umucyo ku cyemezo cyayo cyateje impaka cyo kwangira umusifuzi w’Umunyafurika kwinjirayo

America yatanze umucyo ku cyemezo cyayo cyateje impaka cyo kwangira umusifuzi w’Umunyafurika kwinjirayo

by radiotv10
10/06/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe za America, bwavuze ko bwangiye Umusifuzi w’Umunya-Somalia kwinjira muri iki Gihugu ku mpamvu z’impungenge z’umutekano...

Next Post
Hatangajwe ikizakoreshwa miliyoni 100$ muri 250 u Rwanda ruherutse guhangwa nk’inguzanyo

Hatangajwe ikizakoreshwa miliyoni 100$ muri 250 u Rwanda ruherutse guhangwa nk'inguzanyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe ikizakoreshwa miliyoni 100$ muri 250 u Rwanda ruherutse guhangwa nk’inguzanyo

Abacancuro bafasha FARDC bongeye kuvugwa mu mirwano yakajije umurego muri Congo

Ikirego kiregwamo umunyamategeko kwita inyito idakwiye ufite ubumuga bw’ubugufi cyazamuwe ku rundi rwego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.