Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abacancuro b’indwanyi kabuhariwe ‘bafasha FARDC’ bagaragaye bambariye urugamba

radiotv10by radiotv10
06/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Abacancuro b’indwanyi kabuhariwe ‘bafasha FARDC’ bagaragaye bambariye urugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uherutse kwemeza ko hari abacancuro b’Abarusiya bari gufatanya na FARDC mu ntambara ihanganishije uyu mutwe n’igisirikare cya Congo, wagaragaje ifoto y’izi ndwanyi bivugwa ko ari izo mu itsinda rya Wagner bari mu modoka ifite ibirango bya DRC.

Mu butumwa buherutse gutangazwa na M23 ku wa Mbere tariki 02 Mutarama 2023 buvuga ko ari ubw’umwaka mushya, uyu mutwe weruye ko mu bari gufasha FARDC bahanganye, harimo abacancuro baturutse ku Mugabane w’u Burayi.

Muri ubu butumwa bwa M23, uyu mutwe waboneyeho kugaya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kwinjiza abanyamahanga mu bibazo byabo, ndetse unabusaba ibisobanuro kuri iki gikorwa bwakoze cyo kuzana abacancuro.

Uyu mutwe wa M23 kandi umaze iminsi ugaragaza ibimenyetso bihamya ko aba bacancuro koko bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Mutarama 2023, uyu mutwe washyize hanze amafoto agaragaza abo wise abo bacancuro, uvuga ko bafotorewe aho bacumbitse kuri Hoteli ya Biza iri mu Mujyi wa Goma.

Kuri uyu wa Kane tariki 05 Mutarama 2023, uyu mutwe wongeye kugaragaza ifoto y’abo barwanyi bari mu modoka ifite ibirango bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bambaye impuzankano ndetse banafite imbunda.

Ubutumwa buherekeje iyi foto yashyizwe kuri Twitter y’uwitwa General Sultan Makenga [ntibizwi niba ari Umugaba mukuru wa M23], bugira buti “Itsinda ry’abarwanyi ry’Abarusiya Wagner ubu bari mu Burasirazuba bwa DRC kugira ngo bafashe uruhande rwa FARDC ihanganye na M23.”

Ubu butumwa bugaragaza ikitonderwa, busoza bugira buti “Kinshasa [ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo] bugomba kuzirengera ingaruka.”

Mu mpera z’icyumweru gishize kandi hari hagaragaye ifoto y’umurwanyi w’umuzungu warasiwe ku rugamba ruhanganishihe FARDC na M23, bivugwa ko ari umwe muri aba bacancuro bahawe ikiraka n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 15 =

Previous Post

DRC: Inyeshyamba zari zashimuse abarimo uruhinja zakoze ibitari byitezwe

Next Post

Umunyemari KNC yafashe icyemezo gitunguranye yatewe n’umujinya w’ibyakozwe na Moses Turahirwa

Related Posts

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyemari KNC yafashe icyemezo gitunguranye yatewe n’umujinya w’ibyakozwe na Moses Turahirwa

Umunyemari KNC yafashe icyemezo gitunguranye yatewe n’umujinya w’ibyakozwe na Moses Turahirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.