Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abadapite bavuze ikibazo gihora gisubirwamo ariko ntigikemuke bakibaza icyabuze

radiotv10by radiotv10
02/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya impamvu mu Rwanda hagiye kongerwa ibigo ngororamuco nubwo Abadepite babibona ukundi

Bamwe mu Badepite babona hari ikindi gisubizo cyari gikenewe cyaruta iki

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu Badepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, bavuze ko ikibazo cy’ubucucike bukabije buri mu bigo bimwe byakira abafite ubumuga, kiri mu byakunze kuvugwa kenshi, ariko kitabonerwa umuti, bakibaza icyabuze ngo gikemuke.

Iki kibazo cy’ubucucike bukabije bugaragara muri bimwe mu bigo byakira abafite ubumuga, ni kimwe mu bindi byinshi Abadepite bavuga ko bimara imyaka minshi bisubirwamo ariko ntibikemuke.

Ibi babihera ku biri mu bigo bifasha abafite ubumuga mu Rwanda, nubwo umubare wabo utazwi kuko hashize imyaka ine havugwa ubushakashatsi; Abadepite bakavuga kibahangayikishije.

Umwe yagize ati “Kuki ababyeyi bahitamo kujya aha ngaha kuruta ahandi baturanye. Ushobora gusanga abantu barimo batabayeho neza, na serivise atari nziza bigatuma ababyeyi badashaka kuhajya. Hari Kamonyi ifite ubucucike buri ku 100%, harimo Gatagara ya Ruhango ifite 120%.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana avuga ko hari aho bifite ishingiro, icyakora akavuga ko hakiri urugendo rwo gukemura iki kibazo.

Yagize ati “Ibigo ntabwo biri ahantu hose mu Gihugu. Abantu bifashisha ibibegereye. Ni urugendo, ntabwo twageze iyo tujya. Uturere twose ubundi byakabaye byiza dufite ahantu abafite ubumuga bajya.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu avuga ko hagiye gushyirwaho uburyo bwo gufasha aba bantu bataha mu ngo zabo, icyakora Abadepite bo bakavuga ko nabyo birimo imbogamizi zo kuba hari ababyeyi badafite ubushobozi bwo kujyanayo abana babo.

Izi ntumwa za ruba ahubwo zisa iyi Minisiteri kongera imbagara mu gukemura ibibazo aba baturage bafite, birimo n’ibyo bakunze kuvuga ko hari Ibitaro bya leta bikora insimburangingo ariko bikanga kuziha abakoresha ubwisungane mu kwivuza.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Habaye igisa n’igitangaza ku mugabo wari umaze umunsi urenga yagwiriwe n’ikirombe

Next Post

Bitunguranye urubanza rwa Kazungu rwasubitswe ku nshuro ya gatatu yikurikiranya

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bitunguranye urubanza rwa Kazungu rwasubitswe ku nshuro ya gatatu yikurikiranya

Bitunguranye urubanza rwa Kazungu rwasubitswe ku nshuro ya gatatu yikurikiranya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.