Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abadepite bagaragaje igiteye urujijo ku bimaze iminsi byumvikana by’ibirombe bigwira abantu

radiotv10by radiotv10
10/01/2024
in MU RWANDA
0
Abadepite bagaragaje igiteye urujijo ku bimaze iminsi byumvikana by’ibirombe bigwira abantu
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite bavuga ko bitumvikana uburyo hari abaturage bacukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko, ariko bikamenyekana ari uko ibirombe byabagwiriye, nyamara aho biba biri haba hari Inzego z’Ibanze zibana na bo umunsi ku wundi.

Ibi byagarutsweho n’Abadepite bagize Komisiyo ya politike, uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore mu iterambere ry’Igihugu, bashingiye kuri raporo y’Urwego rw’Umuvunyi ya 2022-2023 igaragaza urusobe rw’ibibazo biri mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri.

Kimwe muri ibyo ngo ni ibirombe bihitana ubuzima bw’abaturage; bikavugwa ko babikoraga mu buryo butazwi iyo byamenyekanye ko byabagwiriye.

Abadepite bavuga ko bitumvikana uburyo iki gikorwa gishoboka mu bice bibamo abayobozi b’inzego z’ibanze babana n’abaturage umunsi ku wundi.

Umwe mu Badepite yagize ati “Amategeko ariho ndetse n’abashinzwe kubikora barahari, ariko ugasanga ahantu runaka bacukuye umwaka ugashira, ibiri igashira noneho havuka ikibazo cy’impanuka akaba ari bwo bimenyekana ko hacukurwa.”

Yakomeje agira ati “Urebye muri iyi raporo hari ahantu hakorwa ubucukuzi butemewe ugasanga n’ababukora biyise amazina. Mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Mayange, muri Kanazi, abantu bacukura mu buryo butemewe biyise inkoko. Muri Kayonza, Rukara mu Kagali kitwa Rwimishinya; ngo biyise Imparata.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana yemera ko hakiri ibyuho mu nzira zinyurwamo n’abakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Ati “Ubucukuzi butemewe bwo burahari nk’uko nabivuze buturuka ku bibazo byinshi. Uyu munsi ahantu amabuye ari hose ntihazwi. Ahantu byatangiriye hose byatangiye bitubahirije amategeko, nyuma biza gukorwa mu buryo bwemewe, ariko hari aho byakomeje gukorwa mu buryo butemewe, hari n’aho amabuye ashiramo bakahafunga, bahava, abantu bakajya gucukura bareba ko hari ibyasigayemo. Hari n’abantu babona amabuye ahantu bigoye gukurikirana kubera ko wenda hihishe, bakabikora mu buryo butemewe.”

Kimwe mu birombe byagarutsweho cyane nyuma yo kugaragaraho iki kibazo, ni icyabonetse mu Karere ka Huye cyaguyemo abantu batandatu bakanabura burundu, nyuma bikavugwa ko cyacukurwagamo amabuye y’agaciro mu buryo butazwi, ndetse na nyiracyo akabanza kubura.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Umwami wa Jordanie yashimiye Perezida Kagame urugwiro yamwakiranye nawe ahita amusubiza

Next Post

M23 yagereranyije Radio yo muri Congo nka RTLM yabayeho mu Rwanda

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa
AMAHANGA

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

16/01/2026
Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yaramutse ikora ikindi gikorwa kigaragaza ko igikomeye imbere ya FARDC

M23 yagereranyije Radio yo muri Congo nka RTLM yabayeho mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.