Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abadepite bagaragaje igiteye urujijo ku bimaze iminsi byumvikana by’ibirombe bigwira abantu

radiotv10by radiotv10
10/01/2024
in MU RWANDA
0
Abadepite bagaragaje igiteye urujijo ku bimaze iminsi byumvikana by’ibirombe bigwira abantu
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite bavuga ko bitumvikana uburyo hari abaturage bacukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko, ariko bikamenyekana ari uko ibirombe byabagwiriye, nyamara aho biba biri haba hari Inzego z’Ibanze zibana na bo umunsi ku wundi.

Ibi byagarutsweho n’Abadepite bagize Komisiyo ya politike, uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore mu iterambere ry’Igihugu, bashingiye kuri raporo y’Urwego rw’Umuvunyi ya 2022-2023 igaragaza urusobe rw’ibibazo biri mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri.

Kimwe muri ibyo ngo ni ibirombe bihitana ubuzima bw’abaturage; bikavugwa ko babikoraga mu buryo butazwi iyo byamenyekanye ko byabagwiriye.

Abadepite bavuga ko bitumvikana uburyo iki gikorwa gishoboka mu bice bibamo abayobozi b’inzego z’ibanze babana n’abaturage umunsi ku wundi.

Umwe mu Badepite yagize ati “Amategeko ariho ndetse n’abashinzwe kubikora barahari, ariko ugasanga ahantu runaka bacukuye umwaka ugashira, ibiri igashira noneho havuka ikibazo cy’impanuka akaba ari bwo bimenyekana ko hacukurwa.”

Yakomeje agira ati “Urebye muri iyi raporo hari ahantu hakorwa ubucukuzi butemewe ugasanga n’ababukora biyise amazina. Mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Mayange, muri Kanazi, abantu bacukura mu buryo butemewe biyise inkoko. Muri Kayonza, Rukara mu Kagali kitwa Rwimishinya; ngo biyise Imparata.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana yemera ko hakiri ibyuho mu nzira zinyurwamo n’abakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Ati “Ubucukuzi butemewe bwo burahari nk’uko nabivuze buturuka ku bibazo byinshi. Uyu munsi ahantu amabuye ari hose ntihazwi. Ahantu byatangiriye hose byatangiye bitubahirije amategeko, nyuma biza gukorwa mu buryo bwemewe, ariko hari aho byakomeje gukorwa mu buryo butemewe, hari n’aho amabuye ashiramo bakahafunga, bahava, abantu bakajya gucukura bareba ko hari ibyasigayemo. Hari n’abantu babona amabuye ahantu bigoye gukurikirana kubera ko wenda hihishe, bakabikora mu buryo butemewe.”

Kimwe mu birombe byagarutsweho cyane nyuma yo kugaragaraho iki kibazo, ni icyabonetse mu Karere ka Huye cyaguyemo abantu batandatu bakanabura burundu, nyuma bikavugwa ko cyacukurwagamo amabuye y’agaciro mu buryo butazwi, ndetse na nyiracyo akabanza kubura.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + five =

Previous Post

Umwami wa Jordanie yashimiye Perezida Kagame urugwiro yamwakiranye nawe ahita amusubiza

Next Post

M23 yagereranyije Radio yo muri Congo nka RTLM yabayeho mu Rwanda

Related Posts

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

IZIHERUKA

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere
IBYAMAMARE

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

12/01/2026
Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yaramutse ikora ikindi gikorwa kigaragaza ko igikomeye imbere ya FARDC

M23 yagereranyije Radio yo muri Congo nka RTLM yabayeho mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.