Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abafite imitungo itimukanwa bagomba gusorera bagiriwe inama

radiotv10by radiotv10
28/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abafite imitungo itimukanwa bagomba gusorera bagiriwe inama
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro cyafunguye uburyo bw’ikoranabuhanga bwo kumenyekanisha no kwishyura imisoro y’imitungo itimukanwa, kinagira inama abo bireba kubikora hakiri kare badategereje kuzabikora ku munota wa nyuma, bakirinda no kuzatenguhwa n’ikoranabuhanga.

Iyi gahunda yatangijwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro tariki 20 Kanama 2024 nyuma y’uko ibipimo by’imisoro izasorwa byemejwe n’Inama Njyanama z’Uturere n’Umujyi wa Kigali, ndetse bikanahuzwa na sisiteme.

Iki gikorwa cyo kumenyekanisha imisoro itimukanwa no kuyishyura, kizarangira tariki 31 Ukuboza uyu mwaka wa 2024.

Mu kugena ibiciro by’imisoro izasoreshwa ubutaka butariho inyubako, hagiye hagenderwa ku bugari bw’ubutaka, aho buherereye nko mu bice by’imijyi cyangwa by’icyaro, icyo bwagenewe gukorerwaho ndetse niba bunagenewe kuzashyirwaho ibikorwa remezo, aho igiciro cy’umusoro kiri hagati y’amafaranga 0 na 80 Frw kuri Metero Kare.

Ku butaka bwagenewe kubakwaho, itegeko ryashyizeho ibiciro hagendewe ku gaciro k’isoko ry’inyubako n’ubutaka, hagendewe ku byo byateganyirijwe gukoreshwa.

Komiseri Wungirije ushinzwe Intara n’imisoro yeguriwe Inzego z’ibanze, Karasira Ernest, avuga ko ibi bipimo by’ibiciro byatangajwe kare, bityo ko abantu bakwiye gukoresha neza aya mahirwe kugira ngo batazisanga bafashwe n’igihe.

Yagize ati “Igihe dufite cy’amezi ane ntabwo ari gito, ariko ntabwo ari na kinini cyane, uramutse utabashije kwishyura ubu ngubu, ushobora kumenyekanisha. Icya ngombwa ni uko utagomba kurenza itariki 31 Ukuboza utarishyura.”

Ernest Karasira avuga ko iyo abantu bamenyekanishije imitungo yabo kare, binabarinda kuzahura n’ikibazo cy’ikoranabuhanga rijya ritenguha bamwe mu barikoresha muri ibi bikorwa, na ryo rishobora kuremererwa n’ubwinshi bw’abariho barikoresha.

Havuyemo imisoro igenwa n’Urwego rw’Akarere, Itegeko rishya ry’imisoro ku mitungo itimukanwa, ryateganyije umusoro wa 0,5% ku gaciro k’inyubako n’ibibanza byagenewe guturwamo, ndetse na 0,3% by’agaciro k’inyubako n’ibibanza byagenewe ubucuruzi, mu gihe ibyagenewe inganda, byo bisoreshwa 0,1% by’agaciro kabyo.

Iri tegeko kandi rinateganya imitungo itimukanwa yasonewe imisoro, irimo inyubako imwe yo guturamo ya nyirayo kimwe n’izindi nyubako ziyikikije ziri mu butaka bw’ikibanza kimwe byagenewe guturwamo n’umuryango umwe.

Indi mitungo yasonewe umusoro, irimo ubutaka bukorerwaho ibikorwa by’ubworozi n’ubuhinzi, ndetse n’ubw’amashyamba bufite ubuso buri munsi ya hegitari 2.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − four =

Previous Post

Uhatanira kuyobora Komisiyo ya AU yageneye ubutumwa abarimo Perezida Kagame, Ndayishimiye na Museveni

Next Post

Kirehe: Ishuri rya Musenyeri riravugwaho ubwambuzi n’abarikoreye banarimenyeho andi makuru

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Ishuri rya Musenyeri riravugwaho ubwambuzi n’abarikoreye banarimenyeho andi makuru

Kirehe: Ishuri rya Musenyeri riravugwaho ubwambuzi n’abarikoreye banarimenyeho andi makuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.