Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abafite imitungo itimukanwa bagomba gusorera bagiriwe inama

radiotv10by radiotv10
28/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abafite imitungo itimukanwa bagomba gusorera bagiriwe inama
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro cyafunguye uburyo bw’ikoranabuhanga bwo kumenyekanisha no kwishyura imisoro y’imitungo itimukanwa, kinagira inama abo bireba kubikora hakiri kare badategereje kuzabikora ku munota wa nyuma, bakirinda no kuzatenguhwa n’ikoranabuhanga.

Iyi gahunda yatangijwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro tariki 20 Kanama 2024 nyuma y’uko ibipimo by’imisoro izasorwa byemejwe n’Inama Njyanama z’Uturere n’Umujyi wa Kigali, ndetse bikanahuzwa na sisiteme.

Iki gikorwa cyo kumenyekanisha imisoro itimukanwa no kuyishyura, kizarangira tariki 31 Ukuboza uyu mwaka wa 2024.

Mu kugena ibiciro by’imisoro izasoreshwa ubutaka butariho inyubako, hagiye hagenderwa ku bugari bw’ubutaka, aho buherereye nko mu bice by’imijyi cyangwa by’icyaro, icyo bwagenewe gukorerwaho ndetse niba bunagenewe kuzashyirwaho ibikorwa remezo, aho igiciro cy’umusoro kiri hagati y’amafaranga 0 na 80 Frw kuri Metero Kare.

Ku butaka bwagenewe kubakwaho, itegeko ryashyizeho ibiciro hagendewe ku gaciro k’isoko ry’inyubako n’ubutaka, hagendewe ku byo byateganyirijwe gukoreshwa.

Komiseri Wungirije ushinzwe Intara n’imisoro yeguriwe Inzego z’ibanze, Karasira Ernest, avuga ko ibi bipimo by’ibiciro byatangajwe kare, bityo ko abantu bakwiye gukoresha neza aya mahirwe kugira ngo batazisanga bafashwe n’igihe.

Yagize ati “Igihe dufite cy’amezi ane ntabwo ari gito, ariko ntabwo ari na kinini cyane, uramutse utabashije kwishyura ubu ngubu, ushobora kumenyekanisha. Icya ngombwa ni uko utagomba kurenza itariki 31 Ukuboza utarishyura.”

Ernest Karasira avuga ko iyo abantu bamenyekanishije imitungo yabo kare, binabarinda kuzahura n’ikibazo cy’ikoranabuhanga rijya ritenguha bamwe mu barikoresha muri ibi bikorwa, na ryo rishobora kuremererwa n’ubwinshi bw’abariho barikoresha.

Havuyemo imisoro igenwa n’Urwego rw’Akarere, Itegeko rishya ry’imisoro ku mitungo itimukanwa, ryateganyije umusoro wa 0,5% ku gaciro k’inyubako n’ibibanza byagenewe guturwamo, ndetse na 0,3% by’agaciro k’inyubako n’ibibanza byagenewe ubucuruzi, mu gihe ibyagenewe inganda, byo bisoreshwa 0,1% by’agaciro kabyo.

Iri tegeko kandi rinateganya imitungo itimukanwa yasonewe imisoro, irimo inyubako imwe yo guturamo ya nyirayo kimwe n’izindi nyubako ziyikikije ziri mu butaka bw’ikibanza kimwe byagenewe guturwamo n’umuryango umwe.

Indi mitungo yasonewe umusoro, irimo ubutaka bukorerwaho ibikorwa by’ubworozi n’ubuhinzi, ndetse n’ubw’amashyamba bufite ubuso buri munsi ya hegitari 2.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − ten =

Previous Post

Uhatanira kuyobora Komisiyo ya AU yageneye ubutumwa abarimo Perezida Kagame, Ndayishimiye na Museveni

Next Post

Kirehe: Ishuri rya Musenyeri riravugwaho ubwambuzi n’abarikoreye banarimenyeho andi makuru

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Ishuri rya Musenyeri riravugwaho ubwambuzi n’abarikoreye banarimenyeho andi makuru

Kirehe: Ishuri rya Musenyeri riravugwaho ubwambuzi n’abarikoreye banarimenyeho andi makuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.