Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abafite imitungo itimukanwa bagomba gusorera bagiriwe inama

radiotv10by radiotv10
28/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abafite imitungo itimukanwa bagomba gusorera bagiriwe inama
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro cyafunguye uburyo bw’ikoranabuhanga bwo kumenyekanisha no kwishyura imisoro y’imitungo itimukanwa, kinagira inama abo bireba kubikora hakiri kare badategereje kuzabikora ku munota wa nyuma, bakirinda no kuzatenguhwa n’ikoranabuhanga.

Iyi gahunda yatangijwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro tariki 20 Kanama 2024 nyuma y’uko ibipimo by’imisoro izasorwa byemejwe n’Inama Njyanama z’Uturere n’Umujyi wa Kigali, ndetse bikanahuzwa na sisiteme.

Iki gikorwa cyo kumenyekanisha imisoro itimukanwa no kuyishyura, kizarangira tariki 31 Ukuboza uyu mwaka wa 2024.

Mu kugena ibiciro by’imisoro izasoreshwa ubutaka butariho inyubako, hagiye hagenderwa ku bugari bw’ubutaka, aho buherereye nko mu bice by’imijyi cyangwa by’icyaro, icyo bwagenewe gukorerwaho ndetse niba bunagenewe kuzashyirwaho ibikorwa remezo, aho igiciro cy’umusoro kiri hagati y’amafaranga 0 na 80 Frw kuri Metero Kare.

Ku butaka bwagenewe kubakwaho, itegeko ryashyizeho ibiciro hagendewe ku gaciro k’isoko ry’inyubako n’ubutaka, hagendewe ku byo byateganyirijwe gukoreshwa.

Komiseri Wungirije ushinzwe Intara n’imisoro yeguriwe Inzego z’ibanze, Karasira Ernest, avuga ko ibi bipimo by’ibiciro byatangajwe kare, bityo ko abantu bakwiye gukoresha neza aya mahirwe kugira ngo batazisanga bafashwe n’igihe.

Yagize ati “Igihe dufite cy’amezi ane ntabwo ari gito, ariko ntabwo ari na kinini cyane, uramutse utabashije kwishyura ubu ngubu, ushobora kumenyekanisha. Icya ngombwa ni uko utagomba kurenza itariki 31 Ukuboza utarishyura.”

Ernest Karasira avuga ko iyo abantu bamenyekanishije imitungo yabo kare, binabarinda kuzahura n’ikibazo cy’ikoranabuhanga rijya ritenguha bamwe mu barikoresha muri ibi bikorwa, na ryo rishobora kuremererwa n’ubwinshi bw’abariho barikoresha.

Havuyemo imisoro igenwa n’Urwego rw’Akarere, Itegeko rishya ry’imisoro ku mitungo itimukanwa, ryateganyije umusoro wa 0,5% ku gaciro k’inyubako n’ibibanza byagenewe guturwamo, ndetse na 0,3% by’agaciro k’inyubako n’ibibanza byagenewe ubucuruzi, mu gihe ibyagenewe inganda, byo bisoreshwa 0,1% by’agaciro kabyo.

Iri tegeko kandi rinateganya imitungo itimukanwa yasonewe imisoro, irimo inyubako imwe yo guturamo ya nyirayo kimwe n’izindi nyubako ziyikikije ziri mu butaka bw’ikibanza kimwe byagenewe guturwamo n’umuryango umwe.

Indi mitungo yasonewe umusoro, irimo ubutaka bukorerwaho ibikorwa by’ubworozi n’ubuhinzi, ndetse n’ubw’amashyamba bufite ubuso buri munsi ya hegitari 2.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − fourteen =

Previous Post

Uhatanira kuyobora Komisiyo ya AU yageneye ubutumwa abarimo Perezida Kagame, Ndayishimiye na Museveni

Next Post

Kirehe: Ishuri rya Musenyeri riravugwaho ubwambuzi n’abarikoreye banarimenyeho andi makuru

Related Posts

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

17/11/2025
Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

16/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Ishuri rya Musenyeri riravugwaho ubwambuzi n’abarikoreye banarimenyeho andi makuru

Kirehe: Ishuri rya Musenyeri riravugwaho ubwambuzi n’abarikoreye banarimenyeho andi makuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.