Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagaba bakuru b’Ingabo muri EAC bagiye guhura byihuse

radiotv10by radiotv10
03/11/2022
in MU RWANDA
0
Abagaba bakuru b’Ingabo muri EAC bagiye guhura byihuse
Share on FacebookShare on Twitter

Abagaba Bakuru b’Ingabo zo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bagiye guhura mu gihe cya vuba gishoboka kugira ngo bige ku kibazo cy’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Byatangarijwe i Burundi nk’Igihugu kiyoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ko hateganyijwe inama yihuse y’abakuriye Ingabo z’Ibihugu bihuriye muri EAC.

Ibi biganiro byatangajwe ku wa Kabiri w’iki cyumweru, kuri uwo munsi kandi Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yahamagaye kuri Telefone Abakuru b’Ibihugu bagenzi be bo muri EAC mu rwego rwo gusangira ibiterezo ku buryo bwo gushakira umuti ibi bibazo by’umutekano bikomeje kugaragara mu Burasirazuba bwa Congo- Kinshasa.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, rivuga ko ibi biganiro “byagarukaga ku kumva kimwe inzira n’uburyo bwakwifashishwa mu guhangana n’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Inama y’Abagaba Bakuru b’ingabo na yo igamije “Kwiga uburyo burambye bwakwifashishwa mu gushakira umuti iki kibazo.”

U Burundi bugiye kuyobora ibi biganiro, bwamaze kohereza ingabo ndetse n’ibikoresho bya gisirikare muri Kivu y’Epfo, gusa ntiharatangazwa itariki izatangiriraho ibikorwa bya gisirikare byo guhashya imitwe yitwaje intwaro.

Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, biteganyijwe ko ari yo izatanga amabwiriza y’uburyo ibikorwa bya gisirikare bizashyirwa mu bikorwa.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Ugushyingo 2022, Perezida wa Kenya, William Ruto yohereje batayo y’abasirikare ba Kenya bagiye mu burasirirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ahakomeje kubera imirwano iremereye hagati ya FARDC n’umutwe wa M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 7 =

Previous Post

Abareze Dr Damien wabaye Minisitiri w’Intebe bazaniye Urukiko inkuru nziza

Next Post

Guverinoma yasobanuriye abarimu impamvu yasanze kubashyiriraho Iguriro ryihariye bidashoboka

Related Posts

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

by radiotv10
30/12/2025
0

As 2025 comes to an end, many young people in Kigali are not talking about dramatic transformations or unrealistic resolutions....

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
30/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

IZIHERUKA

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma
AMAHANGA

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma yasobanuriye abarimu impamvu yasanze kubashyiriraho Iguriro ryihariye bidashoboka

Guverinoma yasobanuriye abarimu impamvu yasanze kubashyiriraho Iguriro ryihariye bidashoboka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.