• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagaba bakuru b’Ingabo muri EAC bagiye guhura byihuse

radiotv10by radiotv10
03/11/2022
in MU RWANDA
0
Abagaba bakuru b’Ingabo muri EAC bagiye guhura byihuse
Share on FacebookShare on Twitter

Abagaba Bakuru b’Ingabo zo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bagiye guhura mu gihe cya vuba gishoboka kugira ngo bige ku kibazo cy’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Byatangarijwe i Burundi nk’Igihugu kiyoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ko hateganyijwe inama yihuse y’abakuriye Ingabo z’Ibihugu bihuriye muri EAC.

Ibi biganiro byatangajwe ku wa Kabiri w’iki cyumweru, kuri uwo munsi kandi Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yahamagaye kuri Telefone Abakuru b’Ibihugu bagenzi be bo muri EAC mu rwego rwo gusangira ibiterezo ku buryo bwo gushakira umuti ibi bibazo by’umutekano bikomeje kugaragara mu Burasirazuba bwa Congo- Kinshasa.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, rivuga ko ibi biganiro “byagarukaga ku kumva kimwe inzira n’uburyo bwakwifashishwa mu guhangana n’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Inama y’Abagaba Bakuru b’ingabo na yo igamije “Kwiga uburyo burambye bwakwifashishwa mu gushakira umuti iki kibazo.”

U Burundi bugiye kuyobora ibi biganiro, bwamaze kohereza ingabo ndetse n’ibikoresho bya gisirikare muri Kivu y’Epfo, gusa ntiharatangazwa itariki izatangiriraho ibikorwa bya gisirikare byo guhashya imitwe yitwaje intwaro.

Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, biteganyijwe ko ari yo izatanga amabwiriza y’uburyo ibikorwa bya gisirikare bizashyirwa mu bikorwa.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Ugushyingo 2022, Perezida wa Kenya, William Ruto yohereje batayo y’abasirikare ba Kenya bagiye mu burasirirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ahakomeje kubera imirwano iremereye hagati ya FARDC n’umutwe wa M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Abareze Dr Damien wabaye Minisitiri w’Intebe bazaniye Urukiko inkuru nziza

Next Post

Guverinoma yasobanuriye abarimu impamvu yasanze kubashyiriraho Iguriro ryihariye bidashoboka

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Guverinoma yasobanuriye abarimu impamvu yasanze kubashyiriraho Iguriro ryihariye bidashoboka

Guverinoma yasobanuriye abarimu impamvu yasanze kubashyiriraho Iguriro ryihariye bidashoboka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.