Monday, February 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

radiotv10by radiotv10
16/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore bishyize hamwe bahinga ikawa mu butaka batijwe na Leta, bo mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bagihura n’imbogamizi zo kutagira umuriro w’amashanyarazi bakoresha aho batunganyiriza ikawa, ku buryo nubwo bafite imashini iyikaranga ariko batayikoresha.

Bavuga ko bituma mu bihe by’imvura, imirasire y’izuba idakora neza, bityo bakagorwa no kumisha no gutunganya umusaruro, ndetse bakahendwa na mazutu bakoresha mu mashini.

Ni abagore bibumbiye muri Koperative Twongere Umusaruro wa Kawa, bakaba baratijwe ubutaka na Leta. Basobanura ko iyi koperative yabafashije kwiteza imbere.

Uwitwa Dusabimana Beatha ati: “Twaratinyutse turavuga tuti aka kazi kajya gakorwa n’abagabo, reka natwe twishakemo imbaraga. Turabukora duhinga ikawa tubona turabishoboye kandi byaraduteje imbere. Tubona uko twishyura mituweri no kwishyurira abana amashuri.”

Nubwo bimeze bityo ariko, bavuga ko hakiri imbogamizi zo kutegerezwa amashanyarazi, kuko mu gutunganya ikawa bakoresha imirasire y’izuba. Iyo izuba ritavuye, imirimo irahagarara.

Nyinawumuntu Agnes ati: “Dufite imbogamizi ikomeye y’umuriro. Aha ni ahantu hafite agaciro kanini, dufite abarinzi n’abakozi bakorera mu biro, ariko hari ibikoresho bisaba amashanyarazi tukabura uko tubikoresha. Mu gutunganya ikawa dufite imashini iyikaranga, ariko ntituyikoresha kuko genereta ntishobora kuyitwara. Gutunganya no gukamura biracyari ikibazo, turacyakoresha uburyo bwa gakondo.”

Undi, Dusabimana Beatha, yunzemo ati: “Iyo izuba ritavuye ntiducana. Tubonye umuriro w’amashanyarazi twajya dukora igihe cyose.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza w’Agateganyo, Hategekimana Fred, avuga ko iyi koperative iri mu zikora neza mu karere, kandi ko mu gihe cya vuba bazaba bamaze kubona amashanyarazi.

Ati: “Iyi ni imwe mu makoperative meza kandi akora neza mu Karere kacu, ifite umwihariko wo guhinga no gutunganya ikawa. Ku bijyanye n’ibikorwaremezo, hari umushinga mugari dukorana na REG wo kuhageza amashanyarazi. Biteganyijwe ko bitarenze ukwezi kwa Gatandatu k’uyu mwaka bazaba bamaze kuyabona.”

Aba bagore 193 bibumbiye muri Koperative Twongere Umusaruro wa Kawa yo mu Murenge wa Rukara, bakaba bahinga ikawa kuri hegitari 10.

Bishyize hamwe bahinga kawa
Barayisarura bagatangira kuyitunganya

Bavuga ko babonye umuriro w’amashanyarazi bayitunganya mu buryo bugezweho

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 15 =

Previous Post

Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

Next Post

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Related Posts

U Rwanda na Kenya bemeranyijwe kurushaho gushimangira umubano n’imikoranire

U Rwanda na Kenya bemeranyijwe kurushaho gushimangira umubano n’imikoranire

by radiotv10
16/02/2026
0

Perezida wa Kenya, Dr William Kipchirchir Samoei Arap Ruto, wahuye na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva, yatangaje ko...

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

by radiotv10
16/02/2026
0

Indege ya Sosiyete y’Indege yo muri Kenya (Kenya Airways) yari ivuye i Nairobi yerecyeje i Kigali mu Rwanda, yasubiyeyo nyuma...

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

by radiotv10
16/02/2026
0

Umukobwa ukekwaho kwiyahura mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gatsibo nyuma yo kujya gusura umusore bakundanaga ngo bazishimane ku...

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

by radiotv10
16/02/2026
0

Nyuma yo kumara igihe bategereje ikorwa ry’umhanda Ntendezi-Karengera Nyakabuye uhuza uturere twa Nyamasheke na Rusizi, Bamwe mu baturage bo mu...

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

by radiotv10
14/02/2026
0

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, aravuga ko Guverinoma igiye kuganira n’inzego zirebwa no kwagura umuhanda Remera-Masaka kugira ngo bitazabangamira serivisi...

IZIHERUKA

U Rwanda na Kenya bemeranyijwe kurushaho gushimangira umubano n’imikoranire
MU RWANDA

U Rwanda na Kenya bemeranyijwe kurushaho gushimangira umubano n’imikoranire

by radiotv10
16/02/2026
0

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

16/02/2026
Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

16/02/2026
Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

16/02/2026
Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

16/02/2026
Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

15/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda na Kenya bemeranyijwe kurushaho gushimangira umubano n’imikoranire

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.