Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Abahanzi babiri byavugwaga ko bakundana babitanzeho umucyo izuba riva

radiotv10by radiotv10
22/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Abahanzi babiri byavugwaga ko bakundana babitanzeho umucyo izuba riva
Share on FacebookShare on Twitter

Abagize itsinda Hymonos rigizwe n’umukobwa n’umuhungu, baririmba indirimbo zo kuramya Imana, byavugwaga ko bakundana, babihakaniye imbere y’itangazamakuru, bagira bati “ntabwo turi couple ahubwo turi groupe.” 

Dedo de Dieu na Naomie bazwi mu ndirimbo, zakunzwe na benshi nka ‘nubwo amagambo yanjye ataba menshi’, ‘Shimwa Mana kuko ndi amahoro’, bamwe bakekaga ko uretse kuba baririmbana, banakundana.

Gukeka ibi gushingira ku kuba mu ndirimbo zo kuramya Imana mu Rwanda, hamaze kugaragaramo amatsinda y’abashakanye menshi.

Ubwo Dedo de Dieu na Naomie bari mu kiganiro n’itangazamakuru gitegura igitaramo kiba kuri uyu Kane bazafatanyamo ukunzwe muri Tanzania witwa Dr Ipyana.

Dedo de Dieu umwe mubagize Hymons yagize ati “Ntayindi ntego ituma turirimba, ni ukuvuga ubutumwa bwiza bwa Kristo, nta yindi mpamvu, ntabwo turi Couple turi Group, n’ikimenyimenyi Naomie afite ubukwe mu kwezi gutaha kwa munani, ntabwo ari ibanga abenshi mufite ayo makuru.”

Iri tsinda rya Hymons ryatangiririye mu gihugu cya Uganda, ryatangijwe na Naomie wigagayo ndetse aririmba wenyine nyuma yaje guhura na Dedo Dieu Merci wari usanzwe abarizwa mu itsinda rya True Promises, Naomie amusaba kumufasha bisanzwe, baza gukorana indirimbo yatumye biyemeza gushinga itsinda kuko bumvaga amajwi yabo ahuza.

Kugeza ubu iri tsinda rimaze gukora indirimbo zigera muri 20, zirimo izamenyekanye mu Rwanda no hanze, nka ‘Majina yotse mazuri’ imaze kurebwa n’abasaga miliyoni zirindwi ku rubuga rwa YouTube.

Dedo yavuze ko mugenzi we bakeka ko bakundana afite ubukwe mu minsi iri imbere
Ibyo gukundana babihakanye

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + thirteen =

Previous Post

Kayonza: Begerejwe ivuriro ariko ngo imikorere yaryo na yo yabarwaza

Next Post

Hasobanuwe urugendo rwagejeje Polisi ku wafatanywe umurundo wa magendu y’inzoga zikaze z’amamiliyoni

Related Posts

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuhanzi Ishimwe Prince uzwi nka Darest, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, ku munsi umwe na Micky na AG Promoter na...

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

by radiotv10
28/11/2025
0

Ijambo ‘Nyash’ rigezweho muri iyi minsi by’umwihariko muri Afurika no mu Rwanda, aho rikoreshwa bashaka kuvuga ikibuno gishyitse ku mukobwa,...

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

by radiotv10
28/11/2025
0

Nyuma y’iminsi mike habaye igitaramo cya Kigali Dutarame cyahuje abahanzi gakondo, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yahuye na bamwe...

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma y’amaze abiri agaragaje umukunzi we akanamwambika impeta y’urukundo amusaba ko bazashyingiranwa,umuhanzi Niyo Bosco yashyize hanze amataliki y’ubukwe. “Imana izaha...

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, na Kalisa John uzwi nka K John, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano n’umukunzi...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe urugendo rwagejeje Polisi ku wafatanywe umurundo wa magendu y’inzoga zikaze z’amamiliyoni

Hasobanuwe urugendo rwagejeje Polisi ku wafatanywe umurundo wa magendu y'inzoga zikaze z’amamiliyoni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.