Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Abahanzi babiri byavugwaga ko bakundana babitanzeho umucyo izuba riva

radiotv10by radiotv10
22/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Abahanzi babiri byavugwaga ko bakundana babitanzeho umucyo izuba riva
Share on FacebookShare on Twitter

Abagize itsinda Hymonos rigizwe n’umukobwa n’umuhungu, baririmba indirimbo zo kuramya Imana, byavugwaga ko bakundana, babihakaniye imbere y’itangazamakuru, bagira bati “ntabwo turi couple ahubwo turi groupe.” 

Dedo de Dieu na Naomie bazwi mu ndirimbo, zakunzwe na benshi nka ‘nubwo amagambo yanjye ataba menshi’, ‘Shimwa Mana kuko ndi amahoro’, bamwe bakekaga ko uretse kuba baririmbana, banakundana.

Gukeka ibi gushingira ku kuba mu ndirimbo zo kuramya Imana mu Rwanda, hamaze kugaragaramo amatsinda y’abashakanye menshi.

Ubwo Dedo de Dieu na Naomie bari mu kiganiro n’itangazamakuru gitegura igitaramo kiba kuri uyu Kane bazafatanyamo ukunzwe muri Tanzania witwa Dr Ipyana.

Dedo de Dieu umwe mubagize Hymons yagize ati “Ntayindi ntego ituma turirimba, ni ukuvuga ubutumwa bwiza bwa Kristo, nta yindi mpamvu, ntabwo turi Couple turi Group, n’ikimenyimenyi Naomie afite ubukwe mu kwezi gutaha kwa munani, ntabwo ari ibanga abenshi mufite ayo makuru.”

Iri tsinda rya Hymons ryatangiririye mu gihugu cya Uganda, ryatangijwe na Naomie wigagayo ndetse aririmba wenyine nyuma yaje guhura na Dedo Dieu Merci wari usanzwe abarizwa mu itsinda rya True Promises, Naomie amusaba kumufasha bisanzwe, baza gukorana indirimbo yatumye biyemeza gushinga itsinda kuko bumvaga amajwi yabo ahuza.

Kugeza ubu iri tsinda rimaze gukora indirimbo zigera muri 20, zirimo izamenyekanye mu Rwanda no hanze, nka ‘Majina yotse mazuri’ imaze kurebwa n’abasaga miliyoni zirindwi ku rubuga rwa YouTube.

Dedo yavuze ko mugenzi we bakeka ko bakundana afite ubukwe mu minsi iri imbere
Ibyo gukundana babihakanye

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Kayonza: Begerejwe ivuriro ariko ngo imikorere yaryo na yo yabarwaza

Next Post

Hasobanuwe urugendo rwagejeje Polisi ku wafatanywe umurundo wa magendu y’inzoga zikaze z’amamiliyoni

Related Posts

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Hatangajwe ahantu hazaturikirizwa ibishashi mu rwego rwo kwishimira umwaka mushya wa 2026 ubura amasaha ngo ugere, harimo aho abantu bateganyirijwe...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe urugendo rwagejeje Polisi ku wafatanywe umurundo wa magendu y’inzoga zikaze z’amamiliyoni

Hasobanuwe urugendo rwagejeje Polisi ku wafatanywe umurundo wa magendu y'inzoga zikaze z’amamiliyoni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.