• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Abahanzi babiri byavugwaga ko bakundana babitanzeho umucyo izuba riva

radiotv10by radiotv10
22/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Abahanzi babiri byavugwaga ko bakundana babitanzeho umucyo izuba riva
Share on FacebookShare on Twitter

Abagize itsinda Hymonos rigizwe n’umukobwa n’umuhungu, baririmba indirimbo zo kuramya Imana, byavugwaga ko bakundana, babihakaniye imbere y’itangazamakuru, bagira bati “ntabwo turi couple ahubwo turi groupe.” 

Dedo de Dieu na Naomie bazwi mu ndirimbo, zakunzwe na benshi nka ‘nubwo amagambo yanjye ataba menshi’, ‘Shimwa Mana kuko ndi amahoro’, bamwe bakekaga ko uretse kuba baririmbana, banakundana.

Gukeka ibi gushingira ku kuba mu ndirimbo zo kuramya Imana mu Rwanda, hamaze kugaragaramo amatsinda y’abashakanye menshi.

Ubwo Dedo de Dieu na Naomie bari mu kiganiro n’itangazamakuru gitegura igitaramo kiba kuri uyu Kane bazafatanyamo ukunzwe muri Tanzania witwa Dr Ipyana.

Dedo de Dieu umwe mubagize Hymons yagize ati “Ntayindi ntego ituma turirimba, ni ukuvuga ubutumwa bwiza bwa Kristo, nta yindi mpamvu, ntabwo turi Couple turi Group, n’ikimenyimenyi Naomie afite ubukwe mu kwezi gutaha kwa munani, ntabwo ari ibanga abenshi mufite ayo makuru.”

Iri tsinda rya Hymons ryatangiririye mu gihugu cya Uganda, ryatangijwe na Naomie wigagayo ndetse aririmba wenyine nyuma yaje guhura na Dedo Dieu Merci wari usanzwe abarizwa mu itsinda rya True Promises, Naomie amusaba kumufasha bisanzwe, baza gukorana indirimbo yatumye biyemeza gushinga itsinda kuko bumvaga amajwi yabo ahuza.

Kugeza ubu iri tsinda rimaze gukora indirimbo zigera muri 20, zirimo izamenyekanye mu Rwanda no hanze, nka ‘Majina yotse mazuri’ imaze kurebwa n’abasaga miliyoni zirindwi ku rubuga rwa YouTube.

Dedo yavuze ko mugenzi we bakeka ko bakundana afite ubukwe mu minsi iri imbere
Ibyo gukundana babihakanye

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Kayonza: Begerejwe ivuriro ariko ngo imikorere yaryo na yo yabarwaza

Next Post

Hasobanuwe urugendo rwagejeje Polisi ku wafatanywe umurundo wa magendu y’inzoga zikaze z’amamiliyoni

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Hasobanuwe urugendo rwagejeje Polisi ku wafatanywe umurundo wa magendu y’inzoga zikaze z’amamiliyoni

Hasobanuwe urugendo rwagejeje Polisi ku wafatanywe umurundo wa magendu y'inzoga zikaze z’amamiliyoni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.