Hasobanuwe urugendo rwagejeje Polisi ku wafatanywe umurundo wa magendu y’inzoga zikaze z’amamiliyoni

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Umugabo w’imyaka 33 yafatiwe mu rugo rwo mu Kagari Kagugu mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, yarahahinduye ububiko bw’inzoga za Likeri, kuko hafatiwe izifite agaciro ka miliyoni zirenga 21 Frw. Hasobanuwe uko yafashwe.

Uyu mugabo yafashwe n’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ubucuruzi butemewe bwa magendu rizwi nka ASOC, ku wa Kabiri tariki 20 Kamena.

Izindi Nkuru

Hafashwe kandi ukora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto (Motari) w’imyaka 38, ari na we wabanje gufatwa, afatiwe ku Gisimenti mu Murenge wa Remera, ubwo yari afite amacupa 10 y’izi nzoga za magendu, azishyiriye abacuruzi.

Aba bombi, bafatanywe amacupa 305 y’izi nzoga zo mu bwoko bwa Likeri zirimo Camino, Veuve Cliquot, Amarula, Moet, Hennessy, Chivas, Tequila Petron, Absolute Vodka, Remy Martin, Jameson, Bailey, Cointreau, Jack Daniel, Hendricks, Black label na Courvoisier, zifite agaciro ka 21 385 000 Frw.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Sylvestre Twajamahoro, yavuze ko Polisi yari ifite amakuru kuri uyu mumotari ko akunda gutwara izi nzoga azishyiriye abacuruzi mu bice bitandukanye.

Yagize ati “Abapolisi bo mu Ishami rishinzwe kurwanya magendu baje kubona uwo mumotari atwaye amacupa 10 y’izo nzoga za magendu, ubwo yari ageze ku Kisimenti bahita bamufata.”

Avuga ko uyu mumotari akimara gufatwa yavuze nyiri izi nzoga, ko ari “iz’umugabo utuye mu Kagari ka Kagugu mu Murenge wa Kinyinya, na we wahise afatwa nyuma y’uko Abapolisi bahageze basaka mu nzu abamo bakamusangana andi macupa 295.” 

Polisi y’u Rwanda ivuga ko uyu mugabo na we akimara gufatwa, yavuze ko na we izi nzoga azizanirwa n’undi mugabo uzikura muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu mugabo kandi yavuze ko na we yakoreraga uwo wundi, akagemura izi nzoga mu bacuruzi banyuranye, akoresheje abamotari babiri barimo uyu bafatiwe rimwe, na we akaba yahembwaga ibihumbi 150 Frw ku kwezi.

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru