Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Abahanzi muri muzika Nyarwanda bibarutse nyuma y’amezi atatu bakoze ubukwe

radiotv10by radiotv10
15/10/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Abahanzi muri muzika Nyarwanda bibarutse nyuma y’amezi atatu bakoze ubukwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzi Nyarwanda, Nshimiyimana Robert uzwi nka Roberto na Marie Iratwibuka Salome bamamaye muri Kiliziya Gatulika, bibarutse imfura yabo nyuma y’amezi atatu bakoze ubukwe.

Roberto na Salome bakoze ubukwe ku wa 13 Nyakanga 2024, aho bibarutse imfura yabo bamaze amezi atatu n’iminsi ibiri basezeranye imbere y’Imana.

Mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, Roberto yavuze ko umuryango we uri mu byishimo byo kuba bibarutse imfura bakiriye bari bamaze igihe bayitegerezanyije amatsiko.

Yagize ati “Ntabwo nabona byinshi mvuga, gusa turishimye. Ni umwana twategereje igihe kirekire kuva mu kwa mbere. Ibyishimo byadusaze, umwana ameze neza n’umubyeyi ameze neza.”

Yakomeje avuga ko we n’umgore we batakoze ibihangano byinshi muri uyu mwaka, kuko bawukozemo ibikorwa binyuranye byabasabaga kubishyiramo imbaraga.

Ati “Uyu mwaka wabayemo ibintu byinshi, ubukwe no kubutegura, byari byinshi, ntabwo twakoze indirimbo nyinshi kuko twari muri rwinshi, ariko nyuma bizagenda neza tuzakomeza gukora indirimbo.”

Mu mpera z’umwaka ushize, mu kwezi k’Ugushyingo 2023, aba bahanzi bamuritse Album yabo ya mbere bise ‘Icyaha’ iriho indirimbo zakunzwe nka ‘Umwungeri mwiza’, ‘Dufite Imana’, ‘Byinira Imana’, ‘Ivu rihoze’. ‘Rukundo’, na ‘Ihorere’.

Aba bombi kandi nibo ba mbere bashinze itsinda rifite imizi muri kiliziya Gatulika mu Rwanda, rigizwe n’umukobwa n’umuhungu riririmba indirimbo zihimbaza Imana mu buryo bugezweho.

Nshimiyimana Robert uzwi nka Roberto na Marie Iratwibuka Salome, nubwo itsinda ryabo ryubatse izina muri Kiliziya Gatulika, basanzwe banaririmba mu makorali akomeye, aho Roberto aririmba muri yitwa International et Ensemble Instrumantal de Kigali, naho umugore we Salome aririmba muri Chorale de Kigali ifite amateka akomeye muri Kiliziya Gatulika.

Baherutse gukora ubukwe
Byari ibirori binogeye ijisho

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − eight =

Previous Post

Hahishuwe umutego Congo yashatse gutega u Rwanda mu biganiro biheruka n’uburyo rwawusimbukanye ubushishozi

Next Post

Hamenyekanye amakuru y’iruka ry’Ikirunga kimwe cyo muri Congo

Related Posts

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda unazwi mu mwuga w’itangazamakuru, yagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka
AMAHANGA

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye amakuru y’iruka ry’Ikirunga kimwe cyo muri Congo

Hamenyekanye amakuru y’iruka ry’Ikirunga kimwe cyo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.