• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Abakinnyi ba Senegal bahembwe za miliyoni n’ibibanza mu murwa mukuru w’Igihugu

radiotv10by radiotv10
09/02/2022
in SIPORO
0
Abakinnyi ba Senegal bahembwe za miliyoni n’ibibanza mu murwa mukuru w’Igihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko begukanye igikombe cya Africa, abakinnyi b’ikipe ya Senegal n’abari babaherekeje, bahembwe amafaranga abarirwa muri za Miliyoni kuri buri umwe ndetse n’ibibanza byo kubaka mu murwa mukuru w’iki Gihugu i Dakar.

Mu birori byabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Gashyantare 2022, Perezida wa Senegal, Macky Sall yakiriye aba bakinnyi mu busitani bw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu.

Perezida Macky Sall wasubitse uruzinduko yagombaga gukorera mu Birwa bya Comores kugira ngo abone uko yakira aba bakinnyi bahesheje ishema Igihugu cye, yabageneye impano idasanzwe.

Bimwe mu bihembo byahawe aba bakinnyi, birimo ibihumbi 87USD abarirwa hafi Miliyoni 88 Frw kuri buri wese ndetse n’ibibanza byo kubakamo mu murwa mukuru wa Dakar ndetse no mu Mujyi wa Diamniadio uri mu nkengero za Dakar.

Mu ijambo Macky Sall yagejeje kuri aba bakinnyi, yabashimiye uburyo bahesheje ishema ry’ikirenga Igihugu cyabo.

Macky Sall ubwe kandi yambitse umudari w’ishimwe ry’ikirenga uzwi nka Order of the Lion usanzwe uhabwa abagize ibikorwa by’ubutwari muri Senegal.

Senegal yegukanye igikombe cya Afurika itsinze Misiri kuri penaliti 4 – 2 nyuma y’uko amakipe yombi yari yaguye miswi mu minota 90’ ndetse n’indi 30’ y’inyongera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 2 =

Previous Post

Muzirikane ko ibyo mukora mubikora mu izina rya Perezida- Gatabazi abwira abarimo ba Gitifu

Next Post

Umushoferi w’Imbangukiragutabara wafotowe yapakiyemo inanasi yagejejwe imbere y’urukiko rurwanya ruswa

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Umushoferi w’Imbangukiragutabara wafotowe yapakiyemo inanasi yagejejwe imbere y’urukiko rurwanya ruswa

Umushoferi w’Imbangukiragutabara wafotowe yapakiyemo inanasi yagejejwe imbere y’urukiko rurwanya ruswa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.