Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

“Abakobwa bakina umupira w’amaguru bibagora kubona abagabo kubera mu gatuza harambuye”- Ijambo rya Perezida Suluhu ryateje impaka

radiotv10by radiotv10
24/08/2021
in MU RWANDA
0
“Abakobwa bakina umupira w’amaguru bibagora kubona abagabo kubera mu gatuza harambuye”- Ijambo rya Perezida Suluhu ryateje impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mbuga nkoranyambaga Perezida Samia Suluhu Hassan, yibasiwe cyane nyuma yo kuvuga ko bamwe mu bakinnyi b’abagore b’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, bafite mu gatuza harambuye kandi ko batabereye kuba bashakwa.

Ibi yabivugiye mu biro bye i Dar es Salaam ubwo yakiraga umudali watsindiwe n’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’abatarengeje imyaka 23, mu irushanwa ryo mu karere k’Afurika y’uburasirazuba no hagati (CECAFA), ry’uyu mwaka mu cyiciro cy’abagabo.

Tanzania yatwaye igikombe cy’irushanwa rya CECAFA ry’abatarengeje imyaka 23 ryabereye muri Kenya. Uwari kapiteni w’iyi kipe, Israel Patrick Mwenda bakunda kwita Isra ntabwo yahabonetse kuko ari kumwe na Simba SC muri Morocco aho bagiye kwitegura umwaka utaha w’imikino.

Tanzania win Cecafa U-23 Challenge Cup

Ikipe y’igihugu ya Tanzania y’abatarengeje imyaka 23 iterura igikombe cya CECAFA U23

Nyuma yo gushima aba basore barimo na Boniface Metacha Mnata wari mu izamu imikino yose, Perezida Samia Suluhu Hassan w’imyaka 61 yagarutse ku mupira w’amaguru w’abagore muri iki gihugu avuga ko abona utera imbere ariko akaba afite impungenge ku buzima bw’aba bakobwa nyuma y’uko bazaba basoje gukina umupira w’amaguru.

“Nanjye ubwanjye hari abo dukorana mu biro, mu minsi ya mbere wabonaga bamfata nk’aho ndi umugabo, wenda wasanga ariko nsa mu isura. Gusa, nyuma imiyoborere yanjye barayiyobotse.

“Abakobwa bacu bakina umupira w’amaguru ubazanye ukabahagarika hano usanga bafite mu gatuza harambuye, ushobora kwibwira ko ari abagabo atari abagore. Amaguru yabo usanga ananiwe iyo basezeye gukina umupira w’amaguru” Perezida Samia

TANZANIA : Samia Suluhu Hassan breaks free of CCM and installs allies as  key advisers - 28/05/2021 - Africa Intelligence

Perezida Samia Suluhu avuga ko abakobwa bakina umupira w’amaguru aterwa ubwoba no kuba babura abagabo

Perezida Samia akomeza avuga ko umubare munini w’abakobwa bakina umupira w’amaguru badakunze gushaka abagabo kuko ngo usanga bafite imibiri idakurura abagabo.

Perezida Samia yakomeje avuga ko abakobwa bakina umupira w’amaguru iyo bawusoje bajya mu buzima bubi bityo agasaba abayobozi kujya babakurikirana na nyuma yo gukina bakamenya uko babayeho.

Nyuma yo kuvuga ko abakobwa bakina umupira w’amaguru badakunze kugira igikundiro cyatuma babona abagabo, ku mbuga nkoranyambaga ntabwo abantu babyakiriye kimwe kuko bahise berekana ibyiyumviro byabo.

Uwitwa @bomba_mudolo yagize ati” Uburenganzira bw’umukobwa buri he? Mama Samia wakabaye utera ingabo mu bitugu abakobwa bacu ba Afurika kugira ngo babashe kubyaza umusaruro ibyo bashoboye.

Henry Ngogo we yagize ati “Ibi byaba bisobanuye ko ubuzima nta gisobanuro bufite mu gihe umuntu atakoze ubukwe?

Tanzania WNT squad to face Equal Playing Field in friendly named | JWsports1

Ikipe y’igihugu ya Tanzania y’abagore bakina umupira w’amaguru

Inkuru ya Assoumani Twahirwa & Sadam MIHIGO/RadioTV10 Rwanda

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 4 =

Previous Post

Clatous Chota Chama wari umaze kubaka izina muri Simba Sc yakiriwe muri RS Berkane

Next Post

10 SPORTS: José Bosingwa na Maya Yoshida..baravutse, imikino olempike ya 2008 yaciye agahigo

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere
MU RWANDA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: José Bosingwa na Maya Yoshida..baravutse, imikino olempike ya 2008 yaciye agahigo

10 SPORTS: José Bosingwa na Maya Yoshida..baravutse, imikino olempike ya 2008 yaciye agahigo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.