Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

“Abakobwa bakina umupira w’amaguru bibagora kubona abagabo kubera mu gatuza harambuye”- Ijambo rya Perezida Suluhu ryateje impaka

radiotv10by radiotv10
24/08/2021
in MU RWANDA
0
“Abakobwa bakina umupira w’amaguru bibagora kubona abagabo kubera mu gatuza harambuye”- Ijambo rya Perezida Suluhu ryateje impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mbuga nkoranyambaga Perezida Samia Suluhu Hassan, yibasiwe cyane nyuma yo kuvuga ko bamwe mu bakinnyi b’abagore b’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, bafite mu gatuza harambuye kandi ko batabereye kuba bashakwa.

Ibi yabivugiye mu biro bye i Dar es Salaam ubwo yakiraga umudali watsindiwe n’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’abatarengeje imyaka 23, mu irushanwa ryo mu karere k’Afurika y’uburasirazuba no hagati (CECAFA), ry’uyu mwaka mu cyiciro cy’abagabo.

Tanzania yatwaye igikombe cy’irushanwa rya CECAFA ry’abatarengeje imyaka 23 ryabereye muri Kenya. Uwari kapiteni w’iyi kipe, Israel Patrick Mwenda bakunda kwita Isra ntabwo yahabonetse kuko ari kumwe na Simba SC muri Morocco aho bagiye kwitegura umwaka utaha w’imikino.

Tanzania win Cecafa U-23 Challenge Cup

Ikipe y’igihugu ya Tanzania y’abatarengeje imyaka 23 iterura igikombe cya CECAFA U23

Nyuma yo gushima aba basore barimo na Boniface Metacha Mnata wari mu izamu imikino yose, Perezida Samia Suluhu Hassan w’imyaka 61 yagarutse ku mupira w’amaguru w’abagore muri iki gihugu avuga ko abona utera imbere ariko akaba afite impungenge ku buzima bw’aba bakobwa nyuma y’uko bazaba basoje gukina umupira w’amaguru.

“Nanjye ubwanjye hari abo dukorana mu biro, mu minsi ya mbere wabonaga bamfata nk’aho ndi umugabo, wenda wasanga ariko nsa mu isura. Gusa, nyuma imiyoborere yanjye barayiyobotse.

“Abakobwa bacu bakina umupira w’amaguru ubazanye ukabahagarika hano usanga bafite mu gatuza harambuye, ushobora kwibwira ko ari abagabo atari abagore. Amaguru yabo usanga ananiwe iyo basezeye gukina umupira w’amaguru” Perezida Samia

TANZANIA : Samia Suluhu Hassan breaks free of CCM and installs allies as  key advisers - 28/05/2021 - Africa Intelligence

Perezida Samia Suluhu avuga ko abakobwa bakina umupira w’amaguru aterwa ubwoba no kuba babura abagabo

Perezida Samia akomeza avuga ko umubare munini w’abakobwa bakina umupira w’amaguru badakunze gushaka abagabo kuko ngo usanga bafite imibiri idakurura abagabo.

Perezida Samia yakomeje avuga ko abakobwa bakina umupira w’amaguru iyo bawusoje bajya mu buzima bubi bityo agasaba abayobozi kujya babakurikirana na nyuma yo gukina bakamenya uko babayeho.

Nyuma yo kuvuga ko abakobwa bakina umupira w’amaguru badakunze kugira igikundiro cyatuma babona abagabo, ku mbuga nkoranyambaga ntabwo abantu babyakiriye kimwe kuko bahise berekana ibyiyumviro byabo.

Uwitwa @bomba_mudolo yagize ati” Uburenganzira bw’umukobwa buri he? Mama Samia wakabaye utera ingabo mu bitugu abakobwa bacu ba Afurika kugira ngo babashe kubyaza umusaruro ibyo bashoboye.

Henry Ngogo we yagize ati “Ibi byaba bisobanuye ko ubuzima nta gisobanuro bufite mu gihe umuntu atakoze ubukwe?

Tanzania WNT squad to face Equal Playing Field in friendly named | JWsports1

Ikipe y’igihugu ya Tanzania y’abagore bakina umupira w’amaguru

Inkuru ya Assoumani Twahirwa & Sadam MIHIGO/RadioTV10 Rwanda

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Clatous Chota Chama wari umaze kubaka izina muri Simba Sc yakiriwe muri RS Berkane

Next Post

10 SPORTS: José Bosingwa na Maya Yoshida..baravutse, imikino olempike ya 2008 yaciye agahigo

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: José Bosingwa na Maya Yoshida..baravutse, imikino olempike ya 2008 yaciye agahigo

10 SPORTS: José Bosingwa na Maya Yoshida..baravutse, imikino olempike ya 2008 yaciye agahigo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.