Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

“Abakobwa bakina umupira w’amaguru bibagora kubona abagabo kubera mu gatuza harambuye”- Ijambo rya Perezida Suluhu ryateje impaka

radiotv10by radiotv10
24/08/2021
in MU RWANDA
0
“Abakobwa bakina umupira w’amaguru bibagora kubona abagabo kubera mu gatuza harambuye”- Ijambo rya Perezida Suluhu ryateje impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mbuga nkoranyambaga Perezida Samia Suluhu Hassan, yibasiwe cyane nyuma yo kuvuga ko bamwe mu bakinnyi b’abagore b’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, bafite mu gatuza harambuye kandi ko batabereye kuba bashakwa.

Ibi yabivugiye mu biro bye i Dar es Salaam ubwo yakiraga umudali watsindiwe n’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’abatarengeje imyaka 23, mu irushanwa ryo mu karere k’Afurika y’uburasirazuba no hagati (CECAFA), ry’uyu mwaka mu cyiciro cy’abagabo.

Tanzania yatwaye igikombe cy’irushanwa rya CECAFA ry’abatarengeje imyaka 23 ryabereye muri Kenya. Uwari kapiteni w’iyi kipe, Israel Patrick Mwenda bakunda kwita Isra ntabwo yahabonetse kuko ari kumwe na Simba SC muri Morocco aho bagiye kwitegura umwaka utaha w’imikino.

Tanzania win Cecafa U-23 Challenge Cup

Ikipe y’igihugu ya Tanzania y’abatarengeje imyaka 23 iterura igikombe cya CECAFA U23

Nyuma yo gushima aba basore barimo na Boniface Metacha Mnata wari mu izamu imikino yose, Perezida Samia Suluhu Hassan w’imyaka 61 yagarutse ku mupira w’amaguru w’abagore muri iki gihugu avuga ko abona utera imbere ariko akaba afite impungenge ku buzima bw’aba bakobwa nyuma y’uko bazaba basoje gukina umupira w’amaguru.

“Nanjye ubwanjye hari abo dukorana mu biro, mu minsi ya mbere wabonaga bamfata nk’aho ndi umugabo, wenda wasanga ariko nsa mu isura. Gusa, nyuma imiyoborere yanjye barayiyobotse.

“Abakobwa bacu bakina umupira w’amaguru ubazanye ukabahagarika hano usanga bafite mu gatuza harambuye, ushobora kwibwira ko ari abagabo atari abagore. Amaguru yabo usanga ananiwe iyo basezeye gukina umupira w’amaguru” Perezida Samia

TANZANIA : Samia Suluhu Hassan breaks free of CCM and installs allies as  key advisers - 28/05/2021 - Africa Intelligence

Perezida Samia Suluhu avuga ko abakobwa bakina umupira w’amaguru aterwa ubwoba no kuba babura abagabo

Perezida Samia akomeza avuga ko umubare munini w’abakobwa bakina umupira w’amaguru badakunze gushaka abagabo kuko ngo usanga bafite imibiri idakurura abagabo.

Perezida Samia yakomeje avuga ko abakobwa bakina umupira w’amaguru iyo bawusoje bajya mu buzima bubi bityo agasaba abayobozi kujya babakurikirana na nyuma yo gukina bakamenya uko babayeho.

Nyuma yo kuvuga ko abakobwa bakina umupira w’amaguru badakunze kugira igikundiro cyatuma babona abagabo, ku mbuga nkoranyambaga ntabwo abantu babyakiriye kimwe kuko bahise berekana ibyiyumviro byabo.

Uwitwa @bomba_mudolo yagize ati” Uburenganzira bw’umukobwa buri he? Mama Samia wakabaye utera ingabo mu bitugu abakobwa bacu ba Afurika kugira ngo babashe kubyaza umusaruro ibyo bashoboye.

Henry Ngogo we yagize ati “Ibi byaba bisobanuye ko ubuzima nta gisobanuro bufite mu gihe umuntu atakoze ubukwe?

Tanzania WNT squad to face Equal Playing Field in friendly named | JWsports1

Ikipe y’igihugu ya Tanzania y’abagore bakina umupira w’amaguru

Inkuru ya Assoumani Twahirwa & Sadam MIHIGO/RadioTV10 Rwanda

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 8 =

Previous Post

Clatous Chota Chama wari umaze kubaka izina muri Simba Sc yakiriwe muri RS Berkane

Next Post

10 SPORTS: José Bosingwa na Maya Yoshida..baravutse, imikino olempike ya 2008 yaciye agahigo

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: José Bosingwa na Maya Yoshida..baravutse, imikino olempike ya 2008 yaciye agahigo

10 SPORTS: José Bosingwa na Maya Yoshida..baravutse, imikino olempike ya 2008 yaciye agahigo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.