Friday, February 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

radiotv10by radiotv10
06/02/2026
in MU RWANDA
0
Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) irasaba abakoresha inoti z’amafaranga y’u Rwanda mu bikorwa by’imitako n’imirimo mu birori, ko baba bakoze icyaha gihanwa n’amategeko, bityo ko bakwiye kubihagarika.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Banki Nkuru y’u Rwnada nk’urwego rufite mu nshingano gucunga ifaranga ry’u Rwanda.

Iyi Banki ivuga ko “Iburira abantu bose kwirinda gukoresha inoti z’amafaranga y’u Rwanda mu bikorwa bijyanye no gukora imitako, imirimbo detse no mu birori cyangwa mu mihango itandukanye.”

BNR yibutsa ko inoti n’ibiceri bikozwe mu bikoresho biramba, bikagira kandi n’ibibiranga bibiha umutekano kugira ngo amafaranga atiganwa, hagamijwe kurinda igihe azamara akoreshwa, kuzamura icyizere ifaranga ry u Rwanda rifitiwe n’abaturage ndetse no gushyigikira ukutajegajega k’ubukungu bw’u Rwanda.

Iti “Nyamara, Banki Nkuru yu Rwanda ikomeje kubona imikoreshereze idahwitse y’amafaranga y’u Rwanda, aho inoti n’ibiceri bikoreshwa mu gufunga indabo zitangwa nk’impano n’ibindi bikorwa bijyanye no gutaka, gutegura cyangwa kurimbisha. Ibyo bikorwa n’abatunganya indabo, abacuruzi, abategura ibirori, abanyabugeni, abategura impano ndetse n’abakiriya babo.”

Ikomeza ibuga ko mu bikorwa nk’ibyo usanga inoti zihinahinwa, zigapfundikanywa, zigaterwamo utwuma dufatanya impapuro, zigafatishwa ubujeni cyangwa ubundi bwoko b’ibifatisho, mu rwego rwo kugira ngo amafaranga atangwe nk’impano mu birori no mu mihango itandukanye.

BNR iti “Ibikorwa nk’ibyo bihungabanya icyizere ifaranga ry’u Rwanda rifitiwe cyane cyane inoti, birayangiza bikayatera ubusembwa bukabije bityo hakabaho ingorane mu bikorwa bijyanye n’imicungire n’imitunganyirize y’amafaranga, harimo ibyuma by’ikoranabuhanga byifashishwa mu kubara amafaranga ndetse n’imashini koranabuhanga zibika zikanabikuzwaho amafaranga zizwi nka ATMs, kandi ari bumwe mu buryo bw’ingenzi bwo gukwirakwiza amafaranga mu gihugu.”

Uko kwangirika kw’inoti gutuma zikurwa ku isoko ndetse zigasimbuzwa imburagihe bityo bigatuma habaho ibihombo bitari ngombwa.

Iri tangazo rikagira riti “Banki Nkuru y’u Rwanda iributsa abantu bose muri rusange, ko umuntu wese wangiza amafaranga aba akoze icyaha gihanwa hakurikijwe Itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n ibihano muri rusange.”

Banki Nkuru y’u Rwanda kandi yizeje ko izakomeje gushyira imbaraga mu bikorwa bigamije kurinda ubunyangamugayo bw’ifaranga ry’u Rwanda rikoreshwa kandi izakomeza gukangurira abaturarwanda kubungabunga ubuziranenge bwaryo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + five =

Previous Post

Umusirikare urinda urugo rw’Umuvunyi Mukuru mu Burundi yarashe umuturage aramwica

Related Posts

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije

by radiotv10
06/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire, yavuze ko nubwo hari ibyashatse guhungubanya umutekano w’u Rwanda, ariko iki Gihugu cyashyizeho...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

by radiotv10
06/02/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we Ngabo Eric amugongeye ku kabari ko...

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umugabo washakishwaga akekwaho kwica uwo basangiraga inzoga muri Muhanga yafatiwe i Rubavu

by radiotv10
06/02/2026
0

Umugabo w’imyaka 40 ukekwaho kwicira mugenzi we mu isantere yo mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga, aho basangiraga...

Love at work: Is it good or bad for the job?

Love at work: Is it good or bad for the job?

by radiotv10
06/02/2026
0

People spend a large part of their day at work, often more time than they spend at home. Because of...

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

by radiotv10
06/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi REB, bwavuze ko umunyeshuri wigaga mu Ishuri ryisumbuye ryigamo abakobwa ryo mu Murenge wa Rusiga mu...

IZIHERUKA

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa
MU RWANDA

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

by radiotv10
06/02/2026
0

Umusirikare urinda urugo rw’Umuvunyi Mukuru mu Burundi yarashe umuturage aramwica

Umusirikare urinda urugo rw’Umuvunyi Mukuru mu Burundi yarashe umuturage aramwica

06/02/2026
Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije

06/02/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

06/02/2026
Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

06/02/2026
Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

06/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

Umusirikare urinda urugo rw’Umuvunyi Mukuru mu Burundi yarashe umuturage aramwica

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.