• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo washakishwaga akekwaho kwica uwo basangiraga inzoga muri Muhanga yafatiwe i Rubavu

radiotv10by radiotv10
06/02/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 40 ukekwaho kwicira mugenzi we mu isantere yo mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga, aho basangiraga izonga; agahita atoroka, yafatiwe mu Karere ka Rubavu agerageza gutoroka.

Uyu mugabo witwa Erneste akekwaho kwica mugenzi we Mbituyimana Ildephonse w’imyaka 30 mu ijoro ryo ku ya 04 Gashyantare 2026.

Nyuma y’ubu bwicanyi bwakoreye mu isantere yitwa Rucyeri iri mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga, uyu mugabo ubukekwaho yahise atoroka, hahita hatangira ibikorwa byo kumushakisha.

Inzego zahise zitangira kumushakisha zinakorana n’abaturage, aza gufatirwa mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba.

Amakuru y’ifatwa ry’uyu mugabo, yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo CIP Hassan Kamanzi

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, yavuze ko Erneste yafatiwe mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu ubwo yariho agerageza gutoroka.

CIP Kamanzi yagize ati “Nyuma yo gutera icyuma mugenzi we wahise anahasiga ubuzima, uyu ukekwa yahise acika.”

Yakomeje agira ati “Ku bufatanye bw’abaturage na Polisi rero twamufatiye mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Rubavu arimo agerageza gutoroka ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rubavu aho iperereza ryahise ritangira.”

Nyuma yuko Erneste afashwe, ubu afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rubavu, mu gihe hagikomeje iperereza no gukorwa dosiye ngo ishyikirizwe inzego z’Ubutabera.

CIP Kamanzi avuga ko gufata uyu mugabo byanagizwemo uruhare n’abaturage batanze amakuru, aboneraho no kubashimira ku bufatanye bwiza bukomeje kubaranga hagati yabo na Polisi y’u Rwanda.

Yaboneyeho kandi kwihanganisha umuryango wa nyakwigendera, anasaba abaturage kwirinda ikintu cyose cyabaganisha mu ntonganya n’amakimbirane nk’ariya yavuyemo urupfu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 7 =

Previous Post

Weekend of events in Rwanda: Here are the events to expect

Next Post

Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.