Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abamaze kugwa mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO biyongereye bagera kuri 15 barimo n’abasirikare

radiotv10by radiotv10
27/07/2022
in MU RWANDA
0
Abamaze kugwa mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO biyongereye bagera kuri 15 barimo n’abasirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko imibare y’abamaze kugwa mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, yageze muri 15 barimo n’abo ku ruhande rw’abari muri ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya mu kiganiro cyagaragazaga ishusho y’ibi bikorwa by’imyigaragambyo cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Nyakanga 2022.

Muri iki kiganiro cyarimo n’Umuyobozi Wungirije wa MONUSCO, Khassim Diagne, Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, yavuze ko muri ibi bikorwa byafashe indi sura kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru, abantu 15 bamaze kuhaburira ubuzima.

Mu bitabye Imana, harimo barindwi (7) bapfiriye mu Mujyi wa Butembo mu gihe abandi baburiye ubuzima mu Mujyi wa Goma.

Yavuze ko kandi muri aba 15, harimo abasivile 12 mu gihe abandi batatu barimo Abapolisi babiri ndetse n’umusirikare umwe bose ba MONUSCO baguye mu Mujyi wa Butembo.

Patrick Muyaya yongeye kwibutsa abari kwijandika muri ibi bikorwa by’urugomo ko batazihanganirwa, ashimangira ko inzego z’umutekano za Leta zahawe inshingo zo kuburizamo ibi bikorwa.

Gusa muri ibi bikorwa byanajemo gusahura ibikoresho by’abakozi ba MONUSCO, bikomeje kugaragaramo bamwe mu bo mu nzego z’umutekano bagaragaye banambaye impuzankano zabo banafite imbunda na bo bari gusahura.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Nyakanga 2022, Patrick Muyaya yari yatangaje ko abaguye muri ibi bikorwa bari batanu mu gihe abari bakomeretse bageraga muri 50.

Umuyobozi wungirije wa MONUSCO, Khassim Diagne wari mu kiganiro kimwe na Patrick Muyaya kuri uyu wa Kabiri, yavuze ko muri iyi minsi ibiri kuva ku wa Mbere no ku wa Kabiri, bahuye n’ingorane zikomeye, asaba abaturage ba Congo, gucisha macye bakamenya ko icyo cyari cyo gihe cyo gutuza no kurebera hamwe umuti w’ikibazo nyamukuru gihari cy’umutekano mucye kiri mu burasirazuba bwa DRCongo.

Yagize ati “Amasaha 48 yatubereye ay’ingorabahizi kandi si kuri MONUSCO gusa ahubwo n’abaturage baba ab’i Goma n’ahandi bari mu bikorwa by’imyigaragambyo.”

Khassim Diagne yavuze ko ubu abakozi ba MONUSCO bagiye kwisuganya kugira ngo bongere batangire kubaka uburyo bw’imikorere no kuzuza inshingano zabo kuko ibikorwa byinshi byabo byangiritse.

Patrick Muyaya mu kiganiro kuri uyu wa Kabiri
Khassim Diagne wa MONUSCO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 2 =

Previous Post

Ntitwaba munyangire ku batubaye hafi imyaka 100- Museveni yahaye u Burusiya isezerano rikomeye

Next Post

FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi baravugwaho kwitegura kugaba ibitero simusiga ku Banyamulenge

Related Posts

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi baravugwaho kwitegura kugaba ibitero simusiga ku Banyamulenge

FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi baravugwaho kwitegura kugaba ibitero simusiga ku Banyamulenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.