Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abamaze kugwa mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO biyongereye bagera kuri 15 barimo n’abasirikare

radiotv10by radiotv10
27/07/2022
in MU RWANDA
0
Abamaze kugwa mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO biyongereye bagera kuri 15 barimo n’abasirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko imibare y’abamaze kugwa mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, yageze muri 15 barimo n’abo ku ruhande rw’abari muri ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya mu kiganiro cyagaragazaga ishusho y’ibi bikorwa by’imyigaragambyo cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Nyakanga 2022.

Muri iki kiganiro cyarimo n’Umuyobozi Wungirije wa MONUSCO, Khassim Diagne, Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, yavuze ko muri ibi bikorwa byafashe indi sura kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru, abantu 15 bamaze kuhaburira ubuzima.

Mu bitabye Imana, harimo barindwi (7) bapfiriye mu Mujyi wa Butembo mu gihe abandi baburiye ubuzima mu Mujyi wa Goma.

Yavuze ko kandi muri aba 15, harimo abasivile 12 mu gihe abandi batatu barimo Abapolisi babiri ndetse n’umusirikare umwe bose ba MONUSCO baguye mu Mujyi wa Butembo.

Patrick Muyaya yongeye kwibutsa abari kwijandika muri ibi bikorwa by’urugomo ko batazihanganirwa, ashimangira ko inzego z’umutekano za Leta zahawe inshingo zo kuburizamo ibi bikorwa.

Gusa muri ibi bikorwa byanajemo gusahura ibikoresho by’abakozi ba MONUSCO, bikomeje kugaragaramo bamwe mu bo mu nzego z’umutekano bagaragaye banambaye impuzankano zabo banafite imbunda na bo bari gusahura.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Nyakanga 2022, Patrick Muyaya yari yatangaje ko abaguye muri ibi bikorwa bari batanu mu gihe abari bakomeretse bageraga muri 50.

Umuyobozi wungirije wa MONUSCO, Khassim Diagne wari mu kiganiro kimwe na Patrick Muyaya kuri uyu wa Kabiri, yavuze ko muri iyi minsi ibiri kuva ku wa Mbere no ku wa Kabiri, bahuye n’ingorane zikomeye, asaba abaturage ba Congo, gucisha macye bakamenya ko icyo cyari cyo gihe cyo gutuza no kurebera hamwe umuti w’ikibazo nyamukuru gihari cy’umutekano mucye kiri mu burasirazuba bwa DRCongo.

Yagize ati “Amasaha 48 yatubereye ay’ingorabahizi kandi si kuri MONUSCO gusa ahubwo n’abaturage baba ab’i Goma n’ahandi bari mu bikorwa by’imyigaragambyo.”

Khassim Diagne yavuze ko ubu abakozi ba MONUSCO bagiye kwisuganya kugira ngo bongere batangire kubaka uburyo bw’imikorere no kuzuza inshingano zabo kuko ibikorwa byinshi byabo byangiritse.

Patrick Muyaya mu kiganiro kuri uyu wa Kabiri
Khassim Diagne wa MONUSCO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − seventeen =

Previous Post

Ntitwaba munyangire ku batubaye hafi imyaka 100- Museveni yahaye u Burusiya isezerano rikomeye

Next Post

FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi baravugwaho kwitegura kugaba ibitero simusiga ku Banyamulenge

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi baravugwaho kwitegura kugaba ibitero simusiga ku Banyamulenge

FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi baravugwaho kwitegura kugaba ibitero simusiga ku Banyamulenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.