• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abamaze kugwa mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO biyongereye bagera kuri 15 barimo n’abasirikare

radiotv10by radiotv10
27/07/2022
in MU RWANDA
0
Abamaze kugwa mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO biyongereye bagera kuri 15 barimo n’abasirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko imibare y’abamaze kugwa mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, yageze muri 15 barimo n’abo ku ruhande rw’abari muri ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya mu kiganiro cyagaragazaga ishusho y’ibi bikorwa by’imyigaragambyo cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Nyakanga 2022.

Muri iki kiganiro cyarimo n’Umuyobozi Wungirije wa MONUSCO, Khassim Diagne, Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, yavuze ko muri ibi bikorwa byafashe indi sura kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru, abantu 15 bamaze kuhaburira ubuzima.

Mu bitabye Imana, harimo barindwi (7) bapfiriye mu Mujyi wa Butembo mu gihe abandi baburiye ubuzima mu Mujyi wa Goma.

Yavuze ko kandi muri aba 15, harimo abasivile 12 mu gihe abandi batatu barimo Abapolisi babiri ndetse n’umusirikare umwe bose ba MONUSCO baguye mu Mujyi wa Butembo.

Patrick Muyaya yongeye kwibutsa abari kwijandika muri ibi bikorwa by’urugomo ko batazihanganirwa, ashimangira ko inzego z’umutekano za Leta zahawe inshingo zo kuburizamo ibi bikorwa.

Gusa muri ibi bikorwa byanajemo gusahura ibikoresho by’abakozi ba MONUSCO, bikomeje kugaragaramo bamwe mu bo mu nzego z’umutekano bagaragaye banambaye impuzankano zabo banafite imbunda na bo bari gusahura.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Nyakanga 2022, Patrick Muyaya yari yatangaje ko abaguye muri ibi bikorwa bari batanu mu gihe abari bakomeretse bageraga muri 50.

Umuyobozi wungirije wa MONUSCO, Khassim Diagne wari mu kiganiro kimwe na Patrick Muyaya kuri uyu wa Kabiri, yavuze ko muri iyi minsi ibiri kuva ku wa Mbere no ku wa Kabiri, bahuye n’ingorane zikomeye, asaba abaturage ba Congo, gucisha macye bakamenya ko icyo cyari cyo gihe cyo gutuza no kurebera hamwe umuti w’ikibazo nyamukuru gihari cy’umutekano mucye kiri mu burasirazuba bwa DRCongo.

Yagize ati “Amasaha 48 yatubereye ay’ingorabahizi kandi si kuri MONUSCO gusa ahubwo n’abaturage baba ab’i Goma n’ahandi bari mu bikorwa by’imyigaragambyo.”

Khassim Diagne yavuze ko ubu abakozi ba MONUSCO bagiye kwisuganya kugira ngo bongere batangire kubaka uburyo bw’imikorere no kuzuza inshingano zabo kuko ibikorwa byinshi byabo byangiritse.

Patrick Muyaya mu kiganiro kuri uyu wa Kabiri
Khassim Diagne wa MONUSCO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 9 =

Previous Post

Ntitwaba munyangire ku batubaye hafi imyaka 100- Museveni yahaye u Burusiya isezerano rikomeye

Next Post

FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi baravugwaho kwitegura kugaba ibitero simusiga ku Banyamulenge

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi baravugwaho kwitegura kugaba ibitero simusiga ku Banyamulenge

FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi baravugwaho kwitegura kugaba ibitero simusiga ku Banyamulenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.