Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abandi bahinzi bagaragaje ikindi kibazo cyo gitandukanye n’icyagarutsweho na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
22/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Abandi bahinzi bagaragaje ikindi kibazo cyo gitandukanye n’icyagarutsweho na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Gisagara bahinga mu gishanga cya Duwane, bavuga ko bategetswe n’ubuyobozi guhinga urusenda none rwararumbye, bakaba bari no kwishyuzwa amafaranga na rwiyemezamirimo wabahaye ingemwe, bavuga ko byakozwe ku kagambane ke n’ubuyobozi.

Aba baturage bavuga ko guhinga iki gihingwa, babitegetswe n’Ubuyobozi bw’Umurenge wabo, kandi batabanje kubijyaho inama nk’abanyamuryango ba Koperative.

Umwe ati “Twagiye kubona tubona Agoronome w’Umurenge araje aratubwira ngo tugomba guhinga urusenda kandi mbere twahingagamo ibigori ndetse n’indi myaka. Babidutegetse batarabanje kutugisha inama nk’abanyamuryango ba koperative none rwararumbye twakoreye mu gihombo.”

Aba baturage bavuga, igitekerezo cy’ubu buhinzi cyaganiriweho n’ubuyobozi ndetse na rwiyemezamirimo wabahaye imbuto, ariko hakirengagizwa uruhande rwabo.

Undi ati “Agoronome w’Umurenge yagambanye na rwiyemezamirimo  badutegeka guhinga urusenda tutarabivuganye, none ubu ntacyo twasaruyemo.”

Bavuga ko ikibabaje ari uko rwiyemezamirimo wabahaye ifumbire n’ingemwe, ari kubishyuza miliyoni 3 Frw, kandi uyu mushinga batarawugizemo uruhare ndetse baranahombye.

Undi ati “Ubu imyaka yagombaga kweramo ntiyezemo, twarahombye none bari no kuduca amafaranga, ubu se babona twayakura he?”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibilizi, Giraneza Clisante avuga ko iki kibazo akizi, ariko ko hari kurebwa uko cyakemuka habayeho ubwumvikane bw’aba bahinzi na rwiyemezamirimo wari inyuma y’uyu mushinga.

Ikibazo cy’aba bahinzi cyumvikanye nyuma y’ibindi bimaze iminsi bivugwa n’abahinga umuceri, bo babonye umusaruro mwiza uhagije, ariko bakabura isoko.

Iki kibazo cyanagarutsweho na Perezida Paul Kagame, ubu cyatangiye gushakirwa umuti, aho umusaruro w’aba bahinzi watangiye kugurwa, bihereye ku bo mu Kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi, RADIOTV10 yari iherutse gutangazaho inkuru, ari na bo banagarutsweho n’Umukuru w’Igihugu.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 11 =

Previous Post

Rurangiranwa wakiniraga ikipe yo muri Espagne agiye gusubira mu yo yahozemo mu Bwongereza

Next Post

Umuhanzi w’izina rizwi muri Uganda yahawe umwanya mu nzego nkuru z’Igihugu

Related Posts

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

by radiotv10
21/01/2026
0

Many people focus on how many hours they sleep, but they forget something very important: when they sleep. Sleep timing...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

IZIHERUKA

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo
MU RWANDA

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

21/01/2026
Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

21/01/2026
How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi w’izina rizwi muri Uganda yahawe umwanya mu nzego nkuru z’Igihugu

Umuhanzi w’izina rizwi muri Uganda yahawe umwanya mu nzego nkuru z’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.