Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abandi bahinzi bagaragaje ikindi kibazo cyo gitandukanye n’icyagarutsweho na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
22/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Abandi bahinzi bagaragaje ikindi kibazo cyo gitandukanye n’icyagarutsweho na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Gisagara bahinga mu gishanga cya Duwane, bavuga ko bategetswe n’ubuyobozi guhinga urusenda none rwararumbye, bakaba bari no kwishyuzwa amafaranga na rwiyemezamirimo wabahaye ingemwe, bavuga ko byakozwe ku kagambane ke n’ubuyobozi.

Aba baturage bavuga ko guhinga iki gihingwa, babitegetswe n’Ubuyobozi bw’Umurenge wabo, kandi batabanje kubijyaho inama nk’abanyamuryango ba Koperative.

Umwe ati “Twagiye kubona tubona Agoronome w’Umurenge araje aratubwira ngo tugomba guhinga urusenda kandi mbere twahingagamo ibigori ndetse n’indi myaka. Babidutegetse batarabanje kutugisha inama nk’abanyamuryango ba koperative none rwararumbye twakoreye mu gihombo.”

Aba baturage bavuga, igitekerezo cy’ubu buhinzi cyaganiriweho n’ubuyobozi ndetse na rwiyemezamirimo wabahaye imbuto, ariko hakirengagizwa uruhande rwabo.

Undi ati “Agoronome w’Umurenge yagambanye na rwiyemezamirimo  badutegeka guhinga urusenda tutarabivuganye, none ubu ntacyo twasaruyemo.”

Bavuga ko ikibabaje ari uko rwiyemezamirimo wabahaye ifumbire n’ingemwe, ari kubishyuza miliyoni 3 Frw, kandi uyu mushinga batarawugizemo uruhare ndetse baranahombye.

Undi ati “Ubu imyaka yagombaga kweramo ntiyezemo, twarahombye none bari no kuduca amafaranga, ubu se babona twayakura he?”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibilizi, Giraneza Clisante avuga ko iki kibazo akizi, ariko ko hari kurebwa uko cyakemuka habayeho ubwumvikane bw’aba bahinzi na rwiyemezamirimo wari inyuma y’uyu mushinga.

Ikibazo cy’aba bahinzi cyumvikanye nyuma y’ibindi bimaze iminsi bivugwa n’abahinga umuceri, bo babonye umusaruro mwiza uhagije, ariko bakabura isoko.

Iki kibazo cyanagarutsweho na Perezida Paul Kagame, ubu cyatangiye gushakirwa umuti, aho umusaruro w’aba bahinzi watangiye kugurwa, bihereye ku bo mu Kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi, RADIOTV10 yari iherutse gutangazaho inkuru, ari na bo banagarutsweho n’Umukuru w’Igihugu.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + sixteen =

Previous Post

Rurangiranwa wakiniraga ikipe yo muri Espagne agiye gusubira mu yo yahozemo mu Bwongereza

Next Post

Umuhanzi w’izina rizwi muri Uganda yahawe umwanya mu nzego nkuru z’Igihugu

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi w’izina rizwi muri Uganda yahawe umwanya mu nzego nkuru z’Igihugu

Umuhanzi w’izina rizwi muri Uganda yahawe umwanya mu nzego nkuru z’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.