• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abandi bahinzi bagaragaje ikindi kibazo cyo gitandukanye n’icyagarutsweho na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
22/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Abandi bahinzi bagaragaje ikindi kibazo cyo gitandukanye n’icyagarutsweho na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Gisagara bahinga mu gishanga cya Duwane, bavuga ko bategetswe n’ubuyobozi guhinga urusenda none rwararumbye, bakaba bari no kwishyuzwa amafaranga na rwiyemezamirimo wabahaye ingemwe, bavuga ko byakozwe ku kagambane ke n’ubuyobozi.

Aba baturage bavuga ko guhinga iki gihingwa, babitegetswe n’Ubuyobozi bw’Umurenge wabo, kandi batabanje kubijyaho inama nk’abanyamuryango ba Koperative.

Umwe ati “Twagiye kubona tubona Agoronome w’Umurenge araje aratubwira ngo tugomba guhinga urusenda kandi mbere twahingagamo ibigori ndetse n’indi myaka. Babidutegetse batarabanje kutugisha inama nk’abanyamuryango ba koperative none rwararumbye twakoreye mu gihombo.”

Aba baturage bavuga, igitekerezo cy’ubu buhinzi cyaganiriweho n’ubuyobozi ndetse na rwiyemezamirimo wabahaye imbuto, ariko hakirengagizwa uruhande rwabo.

Undi ati “Agoronome w’Umurenge yagambanye na rwiyemezamirimo  badutegeka guhinga urusenda tutarabivuganye, none ubu ntacyo twasaruyemo.”

Bavuga ko ikibabaje ari uko rwiyemezamirimo wabahaye ifumbire n’ingemwe, ari kubishyuza miliyoni 3 Frw, kandi uyu mushinga batarawugizemo uruhare ndetse baranahombye.

Undi ati “Ubu imyaka yagombaga kweramo ntiyezemo, twarahombye none bari no kuduca amafaranga, ubu se babona twayakura he?”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibilizi, Giraneza Clisante avuga ko iki kibazo akizi, ariko ko hari kurebwa uko cyakemuka habayeho ubwumvikane bw’aba bahinzi na rwiyemezamirimo wari inyuma y’uyu mushinga.

Ikibazo cy’aba bahinzi cyumvikanye nyuma y’ibindi bimaze iminsi bivugwa n’abahinga umuceri, bo babonye umusaruro mwiza uhagije, ariko bakabura isoko.

Iki kibazo cyanagarutsweho na Perezida Paul Kagame, ubu cyatangiye gushakirwa umuti, aho umusaruro w’aba bahinzi watangiye kugurwa, bihereye ku bo mu Kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi, RADIOTV10 yari iherutse gutangazaho inkuru, ari na bo banagarutsweho n’Umukuru w’Igihugu.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Rurangiranwa wakiniraga ikipe yo muri Espagne agiye gusubira mu yo yahozemo mu Bwongereza

Next Post

Umuhanzi w’izina rizwi muri Uganda yahawe umwanya mu nzego nkuru z’Igihugu

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umuhanzi w’izina rizwi muri Uganda yahawe umwanya mu nzego nkuru z’Igihugu

Umuhanzi w’izina rizwi muri Uganda yahawe umwanya mu nzego nkuru z’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.