Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Abantu 68 biganjemo abagabo baketsweho Ingengabitekerezo ya Jenoside mu cyumweru cyo Kwibuka28

radiotv10by radiotv10
14/04/2022
in Uncategorized
0
Polisi iri gukurikirana ikibazo cy’Inka y’uwarokotse yatemwe n’abataramenyekana
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko mu cyumweru cyahariwe Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi, hagaragaye abantu 68 baketsweho icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside barimo abagabo bangana na 64,7%.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierr yabitangarije Radio 10 mu kiganiro Zinduka cyatambutse kuri uyu wa Kane tariki 14 Mata 2022.

Dr Murangira wagarukaga ku ishusho y’icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside mu cyumweru cyahariwe Kwibuka, yavuze ko kuva tariki 07 kugeza tariki 13 Mata 2022, RIB yakiriye dosiye 53 bikurikiranywemo abantu 68 barimo 43 bakurikiranywe bafunzwe, abandi batatu bakaba bari gukurikiranwa bari hanze naho 13 bakaba bagishakiswa mu gihe hari n’abandi icyenda (9) bataramenyekana.

Yavuze ko abagabo ari bo biganje mu bakekwaho iki cyaha cy’ingengabitekerezo kuko abagaragaye muri iki cyumweru ari 44 bangana na 64,7% mu gihe abagore ari 15 bangana na 22,1% mu gihe abandi bangana na 13,2% bataramenyekana.

Abo mu cyiciro cy’abafite imyaka iri hagati ya 31 na 46 y’amavuko, ni bo benshi bagize 36,7%, abafite imyaka iri hagati ya 15 na 30 bo bangana 26,4%, abari hejuru y’imyaka 47 bo bakaba ari 23,5%.

Yavuze ko ugereranyije mu myaka itandatu itambutse, dosiye zigaragara mu cyumweru cyo kwibuka, icy’uyu mwaka yagabanutse ku kigero cya 53,5%, ni ukuvuga igabanuka ry’amadosiye 61.

Yagize ati “Usanga nko muri 2017 amadosiye yari 114, muri 2018 ajya kuri 72, muri 2019 ajya kuri 72, muri 2020 ajya kuri 52, muri 2021 birazamuka gato bijya kuri 83, ubu 2022 ni 53.”

Yanagaragaje uko amadosiye yagiye aboneka mu gihe cy’umwaka wose aho muri 2017, hari habonetse amadosiye 358, muri 2018 haboneka amadosiye 383, muri 2019 haboneka amadosiye 404, muri 2020 haboneka amadosiye 377, muri 2021 haboneka 389.

Avuga habayeho gufatira hamwe mu myaka itanu, hagaragaye amadosiye 1 911 y’ingengabitekerezo ya Jenoside akaba yariyongereyeho ku kigero cy’ 8,6% bingana na 31.

Yagize ati “Impamvu yo kwiyongera muri rusange, iyo dukora isesengura biterwa n’impamvu nyinshi, nk’impamvu ya mbere, abantu baragenda basobanukirwa, nko mu myaka yabanje nk’iyo hari umuntu wakoraga igikorwa kijyanye n’ingengabitekerezo ya Jenoside mu magambo cyangwa se n’ikindi gikorwa, wabaza abantu bakigira nyoninyinshi ntibakubwire ariko ubu bamaze gusobanukirwa ko ingengabitekerezo ya Jenoside ingaruka igera kuri bose.”

Yakomeje agaragaza ingero zerekana ko abantu bamaze gusobanukira ububi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside, ati “Turabona abana barega ababyeyi babo ku by’amagambo bavuga.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Musanze: Itsinda ry’abakorwa rirashinjwa gutega abagenzi rikabambura ribanje kubashyira ku munigo

Next Post

Rwamagana: Ibuka irifuza ko mu isomo ry’amateka ya Jenoside hajya haza uwarokotse akaganiriza abanyeshuri

Related Posts

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Ibuka irifuza ko mu isomo ry’amateka ya Jenoside hajya haza uwarokotse akaganiriza abanyeshuri

Rwamagana: Ibuka irifuza ko mu isomo ry’amateka ya Jenoside hajya haza uwarokotse akaganiriza abanyeshuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.