Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Abantu 68 biganjemo abagabo baketsweho Ingengabitekerezo ya Jenoside mu cyumweru cyo Kwibuka28

radiotv10by radiotv10
14/04/2022
in Uncategorized
0
Polisi iri gukurikirana ikibazo cy’Inka y’uwarokotse yatemwe n’abataramenyekana
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko mu cyumweru cyahariwe Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi, hagaragaye abantu 68 baketsweho icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside barimo abagabo bangana na 64,7%.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierr yabitangarije Radio 10 mu kiganiro Zinduka cyatambutse kuri uyu wa Kane tariki 14 Mata 2022.

Dr Murangira wagarukaga ku ishusho y’icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside mu cyumweru cyahariwe Kwibuka, yavuze ko kuva tariki 07 kugeza tariki 13 Mata 2022, RIB yakiriye dosiye 53 bikurikiranywemo abantu 68 barimo 43 bakurikiranywe bafunzwe, abandi batatu bakaba bari gukurikiranwa bari hanze naho 13 bakaba bagishakiswa mu gihe hari n’abandi icyenda (9) bataramenyekana.

Yavuze ko abagabo ari bo biganje mu bakekwaho iki cyaha cy’ingengabitekerezo kuko abagaragaye muri iki cyumweru ari 44 bangana na 64,7% mu gihe abagore ari 15 bangana na 22,1% mu gihe abandi bangana na 13,2% bataramenyekana.

Abo mu cyiciro cy’abafite imyaka iri hagati ya 31 na 46 y’amavuko, ni bo benshi bagize 36,7%, abafite imyaka iri hagati ya 15 na 30 bo bangana 26,4%, abari hejuru y’imyaka 47 bo bakaba ari 23,5%.

Yavuze ko ugereranyije mu myaka itandatu itambutse, dosiye zigaragara mu cyumweru cyo kwibuka, icy’uyu mwaka yagabanutse ku kigero cya 53,5%, ni ukuvuga igabanuka ry’amadosiye 61.

Yagize ati “Usanga nko muri 2017 amadosiye yari 114, muri 2018 ajya kuri 72, muri 2019 ajya kuri 72, muri 2020 ajya kuri 52, muri 2021 birazamuka gato bijya kuri 83, ubu 2022 ni 53.”

Yanagaragaje uko amadosiye yagiye aboneka mu gihe cy’umwaka wose aho muri 2017, hari habonetse amadosiye 358, muri 2018 haboneka amadosiye 383, muri 2019 haboneka amadosiye 404, muri 2020 haboneka amadosiye 377, muri 2021 haboneka 389.

Avuga habayeho gufatira hamwe mu myaka itanu, hagaragaye amadosiye 1 911 y’ingengabitekerezo ya Jenoside akaba yariyongereyeho ku kigero cy’ 8,6% bingana na 31.

Yagize ati “Impamvu yo kwiyongera muri rusange, iyo dukora isesengura biterwa n’impamvu nyinshi, nk’impamvu ya mbere, abantu baragenda basobanukirwa, nko mu myaka yabanje nk’iyo hari umuntu wakoraga igikorwa kijyanye n’ingengabitekerezo ya Jenoside mu magambo cyangwa se n’ikindi gikorwa, wabaza abantu bakigira nyoninyinshi ntibakubwire ariko ubu bamaze gusobanukirwa ko ingengabitekerezo ya Jenoside ingaruka igera kuri bose.”

Yakomeje agaragaza ingero zerekana ko abantu bamaze gusobanukira ububi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside, ati “Turabona abana barega ababyeyi babo ku by’amagambo bavuga.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − thirteen =

Previous Post

Musanze: Itsinda ry’abakorwa rirashinjwa gutega abagenzi rikabambura ribanje kubashyira ku munigo

Next Post

Rwamagana: Ibuka irifuza ko mu isomo ry’amateka ya Jenoside hajya haza uwarokotse akaganiriza abanyeshuri

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Ibuka irifuza ko mu isomo ry’amateka ya Jenoside hajya haza uwarokotse akaganiriza abanyeshuri

Rwamagana: Ibuka irifuza ko mu isomo ry’amateka ya Jenoside hajya haza uwarokotse akaganiriza abanyeshuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.