Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Abantu basetse baratembagara kubera ifoto y’aba basore bifuza kuvamo Rudasumbwa w’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/02/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Abantu basetse baratembagara kubera ifoto y’aba basore bifuza kuvamo Rudasumbwa w’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwenya Mugisha Emmanuel uzwi nka Clapton Kibonke, yagaragaje ifoto y’abantu batanu na we arimo, abaza ukwiye guhabwa ikamba ry’umusore uhiga abandi mu bwiza mu Rwanda (Mister Rwanda), bituma benshi baseka.

Uyu munyarwenya usanzwe ari n’umukinnyi wa Film, yakoze umukino usekeje w’aba bantu batanu na we arimo, ugaragaza ko na bo bifuza kuvamo Mr Rwanda.

Aba bantu uko ari batanu biragoye ko habonekamo uwujuje ibisabwa kubera ibisanzwe bimenyerewe muri iri rushanwa rya rudasumbwa.

Iri rushanwa ubusanzwe ryitabirwa n’abasore bashinguye, bafite ibizigira barubatse umubiri ndetse bagaragara neza mu isura mu gihe aba batanu bari muri iyi foto bamwe bafite urubavu ruto nka Kibonke ndetse n’undi umwe urimo ubona ko anafite imyaka ikuze.

Harimo kandi umunyarwenya Rusine na we bigaragara ko amafunguro yamuyobotse ndetse n’undi mugabo bigaragara ko afite ubumuga bw’ubugufi bukabije aho agaragara muri iyi foto anahagaze ku ntebe.

Ninde uzaba Mr Rwanda 😂😂😂 pic.twitter.com/5Yzy1H0orC

— claptonkibonge (@claptonkibonge) February 4, 2022

Bamwe mu batanze ibitekerezo kuri iyi foto iri kuri Twitter, basetse igitekerezo kiyiriho aho Kibonke yari yabajije ati “Ninde uzaba Mr Rwanda?”

Uwitwa Uba wigira ibiki yagize ati “Twereke uwabafotoye kuko ahandi bose ndabona babana n’ubumuga.”

Uwitwa Bagabo Jean we yagize ati “Mugumane camp yo gusetsa kabisa, Ubu ntakwiharira bikibaho inaha ni ugusaranganya amafaranga.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

FERWAFA yateye utwatsi ubujurire bwa KNC wanze kuyitaba

Next Post

Umutima wa Kimuntu: Umunyarwandakazi yahaye inyoroshyarugendo abamugariye ku rugamba

Related Posts

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

by radiotv10
26/11/2025
0

Abantu 22 bavuye mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biganjemo abari abarwanyi b’umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, batahutse mu...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

26/11/2025
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutima wa Kimuntu: Umunyarwandakazi yahaye inyoroshyarugendo abamugariye ku rugamba

Umutima wa Kimuntu: Umunyarwandakazi yahaye inyoroshyarugendo abamugariye ku rugamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.