Thursday, July 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abantu batandatu barimo Umunyekongo bafunzwe na RIB ibakurikiranyeho gucura inyandiko zirimo n’izayitiriwe

radiotv10by radiotv10
01/03/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abantu batandatu barimo Umunyekongo bafunzwe na RIB ibakurikiranyeho gucura inyandiko zirimo n’izayitiriwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batandatu barimo ufite ubwenegihugu bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari mu maboko ya RIB mu Turere twa Nyarugenge na Rubavu, bakurikiranyweho ibyaha birimo gucura inyandiko zirimo n’izari zigamije kwifashishwa mu gusaba ubuhungiro zitiriwe uru Rwego rw’Ubugenzacyaha.

Abatawe muri yombi, barimo Fifirifiri Ismael w’imyaka 54 ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Harerimana Benjamin w’imyaka 35.

Hari kandi Uwase Eliane w’imyaka 28, Mugabe Thierry w’imyaka 29, Uwimanihaye Agnes w’imyaka 24 na Muhire Serge w’imyaka 29.

Bakurikiranyweho gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, bishingiye ku byangombwa bafatanywe birenga 100.

Muri izo nyandiko bafatanywe, barimo urwandiko ruhamagaza umuntu [Convocation] rwagaragazaga ko rwandikiwe uwitwa Mutabazi Patrick wagiye mu Bufaransa, akaba ari umugabo wa Uwimana Agnes watawe muri yombi.

Urwo rwandiko rwacuzwe hagamijwe kugira ngo ruzifashishwe n’uwo wagiye mu Bufaransa muri 2023, yaka ubuhungiro muri icyo Gihugu cy’i Burayi.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yagize ati “Ni inyandiko zerekana ko umuntu ari gukurikiranwa na yo. Akenshi rero abo bashaka ubuhungiro babeshya ko bari gutotezwa mu Rwanda, bakerekana izo convocation z’impimbano.”

Umuvugizi wa RIB, yavuze ko hari n’abandi bakomeje gufatwa bacurishije inyandiko nk’izi kugira ngo bazifashishe mu gusaba ubuhungiro mu Bihugu bajyamo.

Izindi nyandiko mpimbano zafatanywe abo bantu, harimo impushya zo gutwara ibinyabiziga z’u Rwanda zigera kuri 18, izo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo 47, iz’i Burundi eshatu n’izindi ebyiri zo muri Uganda.

Harimo kandi amakarita y’itora icyenda yo muri Congo, amakarita y’irangamuntu y’u Rwanda abiri, impamyabumenyi z’icyiciro cya kabiri cya kaminuza zo mu Rwanda eshanu n’indi mpamyabumenyi yo muri RDC.

Harimo n’amakarita ya kaminuza n’ayo mu mashuri yisumbuye agera kuri 12 n’ibaruwa imwe igaragaza ko umuntu yakoze akazi ahantu.

RIB ivuga ko bimwe muri ibyo byangombwa by’ibucurano byafatiwe ku Kibuga cy’Indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, mu gihe ibindi byafatiwe mu rugo rwa Harerimana Benjamin utuye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari na ho byacurirwaga.

Aba bakekwaho ibi byaha, bafungiye kuri Sitasiyo ya Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge, n’iya Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ndetse dosiye z’ibirego byabo zikaba zaramaze gukorwa, zinohererezwa Ubushinjacyaha kugira ngo buziregere Inkiko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 10 =

Previous Post

Ikindi Gihugu cyo muri Afurika cyemeje igihano cy’igifungo ku batinganyi

Next Post

Uruganda ruzwiho gukora Telefone na mudasobwa rwari rwinjiye mu by’imodoka rwabifasheho icyemezo gitunguranye

Related Posts

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo mu Karere ka Kayonza bari bamaze igihe bataka ibibazo uruhuri baterwaga n’aho bacururizaga, ubu bari...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
03/07/2025
5

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

IZIHERUKA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma
IMIBEREHO MYIZA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

03/07/2025
AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

03/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

03/07/2025
Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uruganda ruzwiho gukora Telefone na mudasobwa rwari rwinjiye mu by’imodoka rwabifasheho icyemezo gitunguranye

Uruganda ruzwiho gukora Telefone na mudasobwa rwari rwinjiye mu by’imodoka rwabifasheho icyemezo gitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.