Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abantu batandatu barimo Umunyekongo bafunzwe na RIB ibakurikiranyeho gucura inyandiko zirimo n’izayitiriwe

radiotv10by radiotv10
01/03/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abantu batandatu barimo Umunyekongo bafunzwe na RIB ibakurikiranyeho gucura inyandiko zirimo n’izayitiriwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batandatu barimo ufite ubwenegihugu bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari mu maboko ya RIB mu Turere twa Nyarugenge na Rubavu, bakurikiranyweho ibyaha birimo gucura inyandiko zirimo n’izari zigamije kwifashishwa mu gusaba ubuhungiro zitiriwe uru Rwego rw’Ubugenzacyaha.

Abatawe muri yombi, barimo Fifirifiri Ismael w’imyaka 54 ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Harerimana Benjamin w’imyaka 35.

Hari kandi Uwase Eliane w’imyaka 28, Mugabe Thierry w’imyaka 29, Uwimanihaye Agnes w’imyaka 24 na Muhire Serge w’imyaka 29.

Bakurikiranyweho gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, bishingiye ku byangombwa bafatanywe birenga 100.

Muri izo nyandiko bafatanywe, barimo urwandiko ruhamagaza umuntu [Convocation] rwagaragazaga ko rwandikiwe uwitwa Mutabazi Patrick wagiye mu Bufaransa, akaba ari umugabo wa Uwimana Agnes watawe muri yombi.

Urwo rwandiko rwacuzwe hagamijwe kugira ngo ruzifashishwe n’uwo wagiye mu Bufaransa muri 2023, yaka ubuhungiro muri icyo Gihugu cy’i Burayi.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yagize ati “Ni inyandiko zerekana ko umuntu ari gukurikiranwa na yo. Akenshi rero abo bashaka ubuhungiro babeshya ko bari gutotezwa mu Rwanda, bakerekana izo convocation z’impimbano.”

Umuvugizi wa RIB, yavuze ko hari n’abandi bakomeje gufatwa bacurishije inyandiko nk’izi kugira ngo bazifashishe mu gusaba ubuhungiro mu Bihugu bajyamo.

Izindi nyandiko mpimbano zafatanywe abo bantu, harimo impushya zo gutwara ibinyabiziga z’u Rwanda zigera kuri 18, izo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo 47, iz’i Burundi eshatu n’izindi ebyiri zo muri Uganda.

Harimo kandi amakarita y’itora icyenda yo muri Congo, amakarita y’irangamuntu y’u Rwanda abiri, impamyabumenyi z’icyiciro cya kabiri cya kaminuza zo mu Rwanda eshanu n’indi mpamyabumenyi yo muri RDC.

Harimo n’amakarita ya kaminuza n’ayo mu mashuri yisumbuye agera kuri 12 n’ibaruwa imwe igaragaza ko umuntu yakoze akazi ahantu.

RIB ivuga ko bimwe muri ibyo byangombwa by’ibucurano byafatiwe ku Kibuga cy’Indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, mu gihe ibindi byafatiwe mu rugo rwa Harerimana Benjamin utuye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari na ho byacurirwaga.

Aba bakekwaho ibi byaha, bafungiye kuri Sitasiyo ya Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge, n’iya Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ndetse dosiye z’ibirego byabo zikaba zaramaze gukorwa, zinohererezwa Ubushinjacyaha kugira ngo buziregere Inkiko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 4 =

Previous Post

Ikindi Gihugu cyo muri Afurika cyemeje igihano cy’igifungo ku batinganyi

Next Post

Uruganda ruzwiho gukora Telefone na mudasobwa rwari rwinjiye mu by’imodoka rwabifasheho icyemezo gitunguranye

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uruganda ruzwiho gukora Telefone na mudasobwa rwari rwinjiye mu by’imodoka rwabifasheho icyemezo gitunguranye

Uruganda ruzwiho gukora Telefone na mudasobwa rwari rwinjiye mu by’imodoka rwabifasheho icyemezo gitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.