Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abantu batandatu barimo Umunyekongo bafunzwe na RIB ibakurikiranyeho gucura inyandiko zirimo n’izayitiriwe

radiotv10by radiotv10
01/03/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abantu batandatu barimo Umunyekongo bafunzwe na RIB ibakurikiranyeho gucura inyandiko zirimo n’izayitiriwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batandatu barimo ufite ubwenegihugu bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari mu maboko ya RIB mu Turere twa Nyarugenge na Rubavu, bakurikiranyweho ibyaha birimo gucura inyandiko zirimo n’izari zigamije kwifashishwa mu gusaba ubuhungiro zitiriwe uru Rwego rw’Ubugenzacyaha.

Abatawe muri yombi, barimo Fifirifiri Ismael w’imyaka 54 ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Harerimana Benjamin w’imyaka 35.

Hari kandi Uwase Eliane w’imyaka 28, Mugabe Thierry w’imyaka 29, Uwimanihaye Agnes w’imyaka 24 na Muhire Serge w’imyaka 29.

Bakurikiranyweho gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, bishingiye ku byangombwa bafatanywe birenga 100.

Muri izo nyandiko bafatanywe, barimo urwandiko ruhamagaza umuntu [Convocation] rwagaragazaga ko rwandikiwe uwitwa Mutabazi Patrick wagiye mu Bufaransa, akaba ari umugabo wa Uwimana Agnes watawe muri yombi.

Urwo rwandiko rwacuzwe hagamijwe kugira ngo ruzifashishwe n’uwo wagiye mu Bufaransa muri 2023, yaka ubuhungiro muri icyo Gihugu cy’i Burayi.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yagize ati “Ni inyandiko zerekana ko umuntu ari gukurikiranwa na yo. Akenshi rero abo bashaka ubuhungiro babeshya ko bari gutotezwa mu Rwanda, bakerekana izo convocation z’impimbano.”

Umuvugizi wa RIB, yavuze ko hari n’abandi bakomeje gufatwa bacurishije inyandiko nk’izi kugira ngo bazifashishe mu gusaba ubuhungiro mu Bihugu bajyamo.

Izindi nyandiko mpimbano zafatanywe abo bantu, harimo impushya zo gutwara ibinyabiziga z’u Rwanda zigera kuri 18, izo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo 47, iz’i Burundi eshatu n’izindi ebyiri zo muri Uganda.

Harimo kandi amakarita y’itora icyenda yo muri Congo, amakarita y’irangamuntu y’u Rwanda abiri, impamyabumenyi z’icyiciro cya kabiri cya kaminuza zo mu Rwanda eshanu n’indi mpamyabumenyi yo muri RDC.

Harimo n’amakarita ya kaminuza n’ayo mu mashuri yisumbuye agera kuri 12 n’ibaruwa imwe igaragaza ko umuntu yakoze akazi ahantu.

RIB ivuga ko bimwe muri ibyo byangombwa by’ibucurano byafatiwe ku Kibuga cy’Indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, mu gihe ibindi byafatiwe mu rugo rwa Harerimana Benjamin utuye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari na ho byacurirwaga.

Aba bakekwaho ibi byaha, bafungiye kuri Sitasiyo ya Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge, n’iya Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ndetse dosiye z’ibirego byabo zikaba zaramaze gukorwa, zinohererezwa Ubushinjacyaha kugira ngo buziregere Inkiko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + eleven =

Previous Post

Ikindi Gihugu cyo muri Afurika cyemeje igihano cy’igifungo ku batinganyi

Next Post

Uruganda ruzwiho gukora Telefone na mudasobwa rwari rwinjiye mu by’imodoka rwabifasheho icyemezo gitunguranye

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uruganda ruzwiho gukora Telefone na mudasobwa rwari rwinjiye mu by’imodoka rwabifasheho icyemezo gitunguranye

Uruganda ruzwiho gukora Telefone na mudasobwa rwari rwinjiye mu by’imodoka rwabifasheho icyemezo gitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.