• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

radiotv10by radiotv10
18/11/2025
in SIPORO
0
Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo gutukana, kwihimura cyangwa gutesha agaciro abantu cyangwa inzego bafitanye amakimbirane.

Mu banyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo, hamaze igihe humvikana intambara y’amagambo, aho bamwe bakoresha ibitangazamakuru bakorera bagatambutsa ubutumwa bwibasira bagenzi babo cyangwa abo baba badahuje imyumvire.

Ni ibintu byakunze kwamaganwa n’Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura, RMC, rwongeye gushyira hanze itangazo riburira abakomeje kugaragaza imyitwarire nk’iyi.

Muri iri tangazo rifite impamvu igira iti “Kwibutsa Abanvamakuru bakora inkuru n’ibiganiro bya Siporo.” RMC yatangiye ivuga ko “yibutsa abanyamakuru bose bakora inkuru n’ibiganiro bya Siporo ku maradiyo n’amateleviziyo ko bagomba kubahiriza Amahame Ngengamyitwarire y’Umwuga w’Itangazamakuru mu Rwanda.”

Uru rwego ruvuga ko aba banyamakuru, bibutswa ko “Imiyoboro ya Radiyo na Televiziyo ntigomba gukoreshwa nk’urubuga rwo kwihimura, gutukana cyangwa gutesha agaciro abantu cyangwa inzego bafitanye amakimbirane. Ibi binyuranye n’inyungu rusange ndetse bikaba binyuranyije n’amahame y’umwuga.”

Nanone kandi RMC ivuga ko mu biganiro cyangwa mu isesengura rya siporo, Umunyamakuru yirinda amarangamutima akomoka ku makipe afana.

Iti “Ni ngombwa gutanga amakuru mu buryo buboneye, butabogamye kandi bushyira imbere ukuri n’ubunyamwuga.”

Uru rwego rukomeza rugira riti “Abanyamakuru bagomba kwirinda kuvuga ku bantu ku giti cyabo babibasira, ahubwo bakibanda ku bikorwa n’ibifatika birebana n’isesengura ry’iyo ngingo.”

RMC ivuga ko abanyamakuru bagomba kudatangaza amakuru bahawe n’abafana cyangwa andi atemejwe hagati mu kiganiro batabanje kuyagenzura no kwemeza ukuri kwayo.

Uru rwego rwaboneyeho gutanga inama, ruvuga ko bitewe n’uburebure bw’ibiganiro bya Siporo (akenshi bimara amasaha agera kuri 3), abayobozi b’ibiganiro bya Siporo barasabwa gufata umwanya uhagije bagategura ibiganiro bya Siporo kugira ngo batangaze amakuru yizewe, yagenzuwe kandi afite ishingiro.

RMC kandi yavuze ko abanyamakuru badakwiye kubangikanya umwuga w’itangazamakuru n’ubuvugizi bw’amakipe.

Muri iri tangazo, RMC isoza itanga umuburo, ivuga ko “Abanyamakuru batazubahiriza ibyavuzwe haruguru, bazahanwa nk’uko biteganywa n’Ingingo ya 29 y’Amahame Ngengamyitwarire y’Umwuga w’Itangazamakuru mu Rwanda.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + fifteen =

Previous Post

Kwambara neza no kuberwa ntibikiri iby’abakobwa gusa ubu n’abasore bo mu Rwanda barabiyobotse

Next Post

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.