Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abanyekongo bahungiye mu Rwanda baramukiye mu myigaragambyo y’agahinda bagenera ubutumwa DRCongo

radiotv10by radiotv10
12/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanyekongo bahungiye mu Rwanda baramukiye mu myigaragambyo y’agahinda bagenera ubutumwa DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Impunzi z’Abanyekongo zicumbitse mu nkambi ya Kigeme mu Karere ka Nyamagabe mu Majyepfo y’u Rwanda, zaramukiye mu myigaragambyo yo kugaragaza agahinda batewe no kuba Igihugu cyabo cyaranze ko batahuka, bakavuga ko barambiwe kuba mu buhunzi ndetse bakamagana ubwicanyi buri gukorerwa Abatutsi bo muri Congo, amahanga arebera.

Ni imyigaragambyo yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 12 Ukuboza 2022, aho izi mpunzi nyinshi zateraniye hamwe zigakora urugendo rw’amahoro.

Abitabiriye iyi myigaragambyo, bitwaje ibyapa byanditseho ubutumwa bageneye Igihugu cyabo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahunze kubera kuhatoterezwa bazizwa ko bavuga Ikinyarwanda bakaba no mu bwoko bw’Abatutsi.

Izi mpunzi zirimo izimaze imyaka irenga 25 mu Rwanda, zikavuga ko zifuza gutahuka mu Gihugu cyabo kandi zigahabwa uburenganzira nk’ubw’abandi banyagihugu.

Muri ubu butumwa bwanditse mu ndimi zitandukanye zirimo Ikinyarwanda, Igifaransa n’Icyongereza, hari aho bagira bati “Turambiwe ubuhunzi, dushaka gutaha.”

Ubu butumwa bugaragaza agahinda gasabitse aba Banyekongo bamaze igihe bacumbikiwe mu Rwanda, bukomeza bugira buti “Kimwe cya kane cy’ikinyejana mu nkambi birababaje.”

Aba Banyekongo kandi baramagana ubwicanyi bukomeje gukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, amahanga akaba akomeje kurebera.

Bavuga ko barambiwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 2 =

Previous Post

Rusizi: Uwafashwe mu gicuku avuye kwiba moto yanze kugorana avugisha ukuri

Next Post

IFOTO: Museveni yanyuze mu Bwongereza yifurebye bidasanzwe

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Museveni yanyuze mu Bwongereza yifurebye bidasanzwe

IFOTO: Museveni yanyuze mu Bwongereza yifurebye bidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.