Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abanyekongo bahunze bahishuye uko byari byifashe ubwo bahungaga n’umwuka basize iwabo

radiotv10by radiotv10
17/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanyekongo bahunze bahishuye uko byari byifashe ubwo bahungaga n’umwuka basize iwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyekongo bahungiye mu Rwanda kubera imirwano ihanganishije FARDC na M23, bavuga ko bari bamaze igihe bahozwa ku nkeke y’intambara, bakaza gufata icyemezo cyo kwambuka kubera amasasu menshi yari ari kubanyura hejuru.

Aba banyekongo bageze mu Rwanda ku Cyumweru tariki 13 Ugushyingo 2022, babwiye RADIOTV10 ko bafashe icyemezo cyo guhunga nyuma y’iminsi hari icyoba cy’intambara.

Kugeza ubu habarwa Abanyekongo 30 bahunze baturutse mu gace ka Kibumba muri Teritwari ya Nyiragongo, kamaze gufatwa n’umutwe wa M23.

Ubwo bambukaga, bashyikiye mu Mirenge ya Bugeshi na Busasamana yombi yo mu Karere ka Rubavu, gusa ubu bamaze gucumbikirwa mu nkambi ya Kijote iri mu Kagari ka Kijote mu Murenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu.

Umwe abara inkuru y’uburyo bahunze, yagize ati “Twumvise amasasu abaye menshi turambuka, tumera nk’abatatanye. Twambutse twese bahita batwakirira hamwe.”

Uyu muturage uvuga ko bari bamaze iminsi bumva urusaku rw’amasasu, ariko ko ubwo biyemezaga guhunga, byari byakabije ku buryo banahunze ntacyo bitwaje.

Ati “Twumvaga amasasu ari urucicikana, twumva ko ari M23 bari kurwana n’ingabo za Leta. Buri wese yari ari gukiza aye, ubwo nyine uwasigaye yarasigaye uwashoboye kwambuka agatambuka yaratambutse.”

Aba baturage bavuga ko bakimara kwambukira mu Rwanda, bakiriwe neza ndetse ubu bakaba bumva batekanye. Undi ati “Baduhaye ibyo kurya baduhereza n’ibyo kuryamaho n’isabune yo gukaraba.”

Bavuga ko atari ubwa mbere bahungiye mu Rwanda ahubwo ko bahora bambuka kubera ibibazo by’umutekano bihora iwabo.

Undi ati “Ni uko twahungaga tugasubirayo vuba ariko abayobozi bari batuyoboye baduhozaga ku ntugunda y’intambara ntitwaburaga intambara.”

Aba baturage bashima Leta y’u Rwanda uburyo yabakiriye, bakavuga ko igihe agahenge kazaba kabonetse iwabo, bazatahuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − eight =

Previous Post

Ngoma: Uwibye Miliyoni 1Frw aho yakoraga agifatwa yavuze ikintu gitangaje

Next Post

Rwamagana: Umwana yicanywe ubunyamaswa uwabikoze acikana umutwe we

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Umwana yicanywe ubunyamaswa uwabikoze acikana umutwe we

Rwamagana: Umwana yicanywe ubunyamaswa uwabikoze acikana umutwe we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.