Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abanyekongo bahunze bahishuye uko byari byifashe ubwo bahungaga n’umwuka basize iwabo

radiotv10by radiotv10
17/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanyekongo bahunze bahishuye uko byari byifashe ubwo bahungaga n’umwuka basize iwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyekongo bahungiye mu Rwanda kubera imirwano ihanganishije FARDC na M23, bavuga ko bari bamaze igihe bahozwa ku nkeke y’intambara, bakaza gufata icyemezo cyo kwambuka kubera amasasu menshi yari ari kubanyura hejuru.

Aba banyekongo bageze mu Rwanda ku Cyumweru tariki 13 Ugushyingo 2022, babwiye RADIOTV10 ko bafashe icyemezo cyo guhunga nyuma y’iminsi hari icyoba cy’intambara.

Kugeza ubu habarwa Abanyekongo 30 bahunze baturutse mu gace ka Kibumba muri Teritwari ya Nyiragongo, kamaze gufatwa n’umutwe wa M23.

Ubwo bambukaga, bashyikiye mu Mirenge ya Bugeshi na Busasamana yombi yo mu Karere ka Rubavu, gusa ubu bamaze gucumbikirwa mu nkambi ya Kijote iri mu Kagari ka Kijote mu Murenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu.

Umwe abara inkuru y’uburyo bahunze, yagize ati “Twumvise amasasu abaye menshi turambuka, tumera nk’abatatanye. Twambutse twese bahita batwakirira hamwe.”

Uyu muturage uvuga ko bari bamaze iminsi bumva urusaku rw’amasasu, ariko ko ubwo biyemezaga guhunga, byari byakabije ku buryo banahunze ntacyo bitwaje.

Ati “Twumvaga amasasu ari urucicikana, twumva ko ari M23 bari kurwana n’ingabo za Leta. Buri wese yari ari gukiza aye, ubwo nyine uwasigaye yarasigaye uwashoboye kwambuka agatambuka yaratambutse.”

Aba baturage bavuga ko bakimara kwambukira mu Rwanda, bakiriwe neza ndetse ubu bakaba bumva batekanye. Undi ati “Baduhaye ibyo kurya baduhereza n’ibyo kuryamaho n’isabune yo gukaraba.”

Bavuga ko atari ubwa mbere bahungiye mu Rwanda ahubwo ko bahora bambuka kubera ibibazo by’umutekano bihora iwabo.

Undi ati “Ni uko twahungaga tugasubirayo vuba ariko abayobozi bari batuyoboye baduhozaga ku ntugunda y’intambara ntitwaburaga intambara.”

Aba baturage bashima Leta y’u Rwanda uburyo yabakiriye, bakavuga ko igihe agahenge kazaba kabonetse iwabo, bazatahuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + twelve =

Previous Post

Ngoma: Uwibye Miliyoni 1Frw aho yakoraga agifatwa yavuze ikintu gitangaje

Next Post

Rwamagana: Umwana yicanywe ubunyamaswa uwabikoze acikana umutwe we

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Umwana yicanywe ubunyamaswa uwabikoze acikana umutwe we

Rwamagana: Umwana yicanywe ubunyamaswa uwabikoze acikana umutwe we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.