Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abanyekongo bahunze bahishuye uko byari byifashe ubwo bahungaga n’umwuka basize iwabo

radiotv10by radiotv10
17/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanyekongo bahunze bahishuye uko byari byifashe ubwo bahungaga n’umwuka basize iwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyekongo bahungiye mu Rwanda kubera imirwano ihanganishije FARDC na M23, bavuga ko bari bamaze igihe bahozwa ku nkeke y’intambara, bakaza gufata icyemezo cyo kwambuka kubera amasasu menshi yari ari kubanyura hejuru.

Aba banyekongo bageze mu Rwanda ku Cyumweru tariki 13 Ugushyingo 2022, babwiye RADIOTV10 ko bafashe icyemezo cyo guhunga nyuma y’iminsi hari icyoba cy’intambara.

Kugeza ubu habarwa Abanyekongo 30 bahunze baturutse mu gace ka Kibumba muri Teritwari ya Nyiragongo, kamaze gufatwa n’umutwe wa M23.

Ubwo bambukaga, bashyikiye mu Mirenge ya Bugeshi na Busasamana yombi yo mu Karere ka Rubavu, gusa ubu bamaze gucumbikirwa mu nkambi ya Kijote iri mu Kagari ka Kijote mu Murenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu.

Umwe abara inkuru y’uburyo bahunze, yagize ati “Twumvise amasasu abaye menshi turambuka, tumera nk’abatatanye. Twambutse twese bahita batwakirira hamwe.”

Uyu muturage uvuga ko bari bamaze iminsi bumva urusaku rw’amasasu, ariko ko ubwo biyemezaga guhunga, byari byakabije ku buryo banahunze ntacyo bitwaje.

Ati “Twumvaga amasasu ari urucicikana, twumva ko ari M23 bari kurwana n’ingabo za Leta. Buri wese yari ari gukiza aye, ubwo nyine uwasigaye yarasigaye uwashoboye kwambuka agatambuka yaratambutse.”

Aba baturage bavuga ko bakimara kwambukira mu Rwanda, bakiriwe neza ndetse ubu bakaba bumva batekanye. Undi ati “Baduhaye ibyo kurya baduhereza n’ibyo kuryamaho n’isabune yo gukaraba.”

Bavuga ko atari ubwa mbere bahungiye mu Rwanda ahubwo ko bahora bambuka kubera ibibazo by’umutekano bihora iwabo.

Undi ati “Ni uko twahungaga tugasubirayo vuba ariko abayobozi bari batuyoboye baduhozaga ku ntugunda y’intambara ntitwaburaga intambara.”

Aba baturage bashima Leta y’u Rwanda uburyo yabakiriye, bakavuga ko igihe agahenge kazaba kabonetse iwabo, bazatahuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − eleven =

Previous Post

Ngoma: Uwibye Miliyoni 1Frw aho yakoraga agifatwa yavuze ikintu gitangaje

Next Post

Rwamagana: Umwana yicanywe ubunyamaswa uwabikoze acikana umutwe we

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Umwana yicanywe ubunyamaswa uwabikoze acikana umutwe we

Rwamagana: Umwana yicanywe ubunyamaswa uwabikoze acikana umutwe we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.