Sunday, July 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyeshuri bagiye mu kiruhuko, ababyeyi n’abarimu bo mu Rwanda bagenewe ubutumwa

radiotv10by radiotv10
03/04/2025
in MU RWANDA
0
Abanyeshuri bagiye mu kiruhuko, ababyeyi n’abarimu bo mu Rwanda bagenewe ubutumwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana yageneye ubutumwa abanyeshuri bagiye mu kiruhuko cy’igihembwe cya kabiri n’ababyeyi babo, burimo kubasaba kuzasabana no kuzagira umwanya uhagije wo kuganira kugira ngo babigireho indangagaciro z’umuco nyarwanda.

Bikubiye mu butumwa bw’amashusho bwashyizwe hanze na Minisiteri y’uburezi mbere gato yuko abanyeshuri biga bacumbikiwe ku bigo by’amashuri batangira ingendo ziberecyeza mu miryango yabo.

Minisitiri Joseph Nsengimana utangira ubutumwa bwe yageneye abanyeshuri, avuga ko “nifuza kugira icyo mbabwira”, yatangiye abashimira kuba baramaze amezi atatu biga.

Ati “Nkaba nibwira ko amasomo yagenze, kandi abenshi mwakoze neza. Abo bitagenze neza namwe ubutaha muzarusheho gukora neza, maze namwe mutsinde.”

Yakomeje agira ati “Ubu mugiye mu biruhuko, mbifurije urugendo rwiza mugana mu miryango yanyu mukumburanye. Ibiruhuko ni umwanya wo gusabana no kuganira n’ababyeyi ndetse mukabigiraho indagagaciro z’umuco wacu nk’Abanyarwanda.”

Iki kiruhuko cy’igihembwe cya kabiri kandi gihuriranye n’ibihe by’ingenzi Abanyarwanda binjiyemo byo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, birimo icyumweru cy’icyunamo kizatangira tariki 07 Mata 2025.

Minisitiri Nsengimana yakomeje ubutumwa bwe yageneye abanyeshuri agira ati “Nubwo iki gihe kitwibutsa amateka yacu mabi, kinatwibutsa ubutwari n’ubwitange bw’abasore n’inkumi bahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi. Ubwo rero muzibuke muniyubaka.”

Yaboneyeho kandi kugenera ubutumwa ababyeyi, agira ati “Turabasaba guha abana banyu umwanya mukabatega amatwi, mukabahwitura aho bikenewe, ndetse mukabaha inama n’impanuro.”

Yanaboneyeho gusaba ababyeyi ko igihe iki kiruhuko kizaba gihumuje, bagomba kuzohereza abana babo ku mashuri ku gihe kugira ngo bizanorohereze inzego zizabafasha mu bikorwa by’ingendo zibasubiza ku bigo bigaho.

Minisitiri Nsengimana yanageneye ubutumwa abarimu, abashimira akazi bakora ko kurerera u Rwanda, abibutsa ko nubwo na bo bagiye mu kiruhuko, ariko bagomba no kuzitabira amahugurwa agiteganyijwemo yo kubafasha kongera ubumenyi.

Abanyeshuri biga bacumbikiwe mu bigo bigaho, baratangira gusubira mu miryango yabo kuri uyu wa Kane tariki 03 Mata 2025, aho iyi gahunda itangirira ku bana biga mu bigo byo mu Turere twose tw’Umujyi wa Kigali; Nyarugenge, Gasabo na Kicukiro.

Kuri uyu munsi kandi, harataha abanyeshuri biga mu Bigo by’amashuri biri mu Turere twa Huye na Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo, mu Karere ka Ngororeo mu Ntara y’Iburengerazuba, Musanze mu Majyaruguru no mu Turere twa Nyagatare na Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − seven =

Previous Post

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwitabiriye imurika ry’ibikoresho n’ikoranabuhanga mu bya gisirikare muri Brazil

Next Post

AFC/M23 yagaragaje uko i Goma byifashe nyuma y’amezi abiri ibohowe

Related Posts

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Every girl and woman who goes through the menstruation period knows the feeling, the shift in the body and the...

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

IZIHERUKA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period
MU RWANDA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi

AFC/M23 yagaragaje uko i Goma byifashe nyuma y’amezi abiri ibohowe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.