• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyeshuri bagiye mu kiruhuko, ababyeyi n’abarimu bo mu Rwanda bagenewe ubutumwa

radiotv10by radiotv10
03/04/2025
in MU RWANDA
0
Abanyeshuri bagiye mu kiruhuko, ababyeyi n’abarimu bo mu Rwanda bagenewe ubutumwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana yageneye ubutumwa abanyeshuri bagiye mu kiruhuko cy’igihembwe cya kabiri n’ababyeyi babo, burimo kubasaba kuzasabana no kuzagira umwanya uhagije wo kuganira kugira ngo babigireho indangagaciro z’umuco nyarwanda.

Bikubiye mu butumwa bw’amashusho bwashyizwe hanze na Minisiteri y’uburezi mbere gato yuko abanyeshuri biga bacumbikiwe ku bigo by’amashuri batangira ingendo ziberecyeza mu miryango yabo.

Minisitiri Joseph Nsengimana utangira ubutumwa bwe yageneye abanyeshuri, avuga ko “nifuza kugira icyo mbabwira”, yatangiye abashimira kuba baramaze amezi atatu biga.

Ati “Nkaba nibwira ko amasomo yagenze, kandi abenshi mwakoze neza. Abo bitagenze neza namwe ubutaha muzarusheho gukora neza, maze namwe mutsinde.”

Yakomeje agira ati “Ubu mugiye mu biruhuko, mbifurije urugendo rwiza mugana mu miryango yanyu mukumburanye. Ibiruhuko ni umwanya wo gusabana no kuganira n’ababyeyi ndetse mukabigiraho indagagaciro z’umuco wacu nk’Abanyarwanda.”

Iki kiruhuko cy’igihembwe cya kabiri kandi gihuriranye n’ibihe by’ingenzi Abanyarwanda binjiyemo byo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, birimo icyumweru cy’icyunamo kizatangira tariki 07 Mata 2025.

Minisitiri Nsengimana yakomeje ubutumwa bwe yageneye abanyeshuri agira ati “Nubwo iki gihe kitwibutsa amateka yacu mabi, kinatwibutsa ubutwari n’ubwitange bw’abasore n’inkumi bahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi. Ubwo rero muzibuke muniyubaka.”

Yaboneyeho kandi kugenera ubutumwa ababyeyi, agira ati “Turabasaba guha abana banyu umwanya mukabatega amatwi, mukabahwitura aho bikenewe, ndetse mukabaha inama n’impanuro.”

Yanaboneyeho gusaba ababyeyi ko igihe iki kiruhuko kizaba gihumuje, bagomba kuzohereza abana babo ku mashuri ku gihe kugira ngo bizanorohereze inzego zizabafasha mu bikorwa by’ingendo zibasubiza ku bigo bigaho.

Minisitiri Nsengimana yanageneye ubutumwa abarimu, abashimira akazi bakora ko kurerera u Rwanda, abibutsa ko nubwo na bo bagiye mu kiruhuko, ariko bagomba no kuzitabira amahugurwa agiteganyijwemo yo kubafasha kongera ubumenyi.

Abanyeshuri biga bacumbikiwe mu bigo bigaho, baratangira gusubira mu miryango yabo kuri uyu wa Kane tariki 03 Mata 2025, aho iyi gahunda itangirira ku bana biga mu bigo byo mu Turere twose tw’Umujyi wa Kigali; Nyarugenge, Gasabo na Kicukiro.

Kuri uyu munsi kandi, harataha abanyeshuri biga mu Bigo by’amashuri biri mu Turere twa Huye na Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo, mu Karere ka Ngororeo mu Ntara y’Iburengerazuba, Musanze mu Majyaruguru no mu Turere twa Nyagatare na Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + twelve =

Previous Post

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwitabiriye imurika ry’ibikoresho n’ikoranabuhanga mu bya gisirikare muri Brazil

Next Post

AFC/M23 yagaragaje uko i Goma byifashe nyuma y’amezi abiri ibohowe

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi

AFC/M23 yagaragaje uko i Goma byifashe nyuma y’amezi abiri ibohowe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.