Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abari inyuma y’ubwiza bwa Kigali bwahogoje benshi bahishuye ikibatera gukorana umutima uhagaze

radiotv10by radiotv10
26/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abari inyuma y’ubwiza bwa Kigali bwahogoje benshi bahishuye ikibatera gukorana umutima uhagaze
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora isuku mu mihanda y’Umujyi wa Kigali, bavuga ko nubwo umusaruro w’ibyo bakora ugaragara, ariko ko aka kazi bagakorana umutima uhagaze kuko baba bashobora kugongwa n’ibinyabiziga biba bitambuka buri kanya, kandi nta bwishingizi bagira bushobora kubagoboka mu kwivuza.

Aba bakora isukuru mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko akazi kano bagakunze, ndetse ko bishimira kuba uyu mujyi bakorera isuku ukomeza kurahirirwa na buri wese kubera isuku baba bagizemo uruhare.

Bavuga ko baba bafite impungenge kuko imihanda birirwamo iba inyuramo ibinyabiziga ndetse rimwe na rimwe biba byihuta, ku buryo baba bafite impungenge ko byabagonga.

Urugero ni umwe muri bo uherutse no kugongwa ari mu kazi, aza kujyanwa kuvurizwa mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kihali CHUK.

Ati “Namazeyo iminsi itatu ndangije ndataha, namaze icyumweru mu rugo nyuma ngaruka mu kazi. Ubumuga ntibwabura kuko n’ubu mba numva mbabara mu gatuza kuko nagakubise hasi.”

Avuga ko nubwo yagonzwe ari mu kazi, ariko atigeze afashwa kuvuzwa. Ati “Narirwarije, ni njye wivuje. Ubwishingizi burakenewe cyane kuko dukorera mu muhanda uba unyuramo ibinyabiziga.”

Bavuga ko byaba byiza bahawe ubwishingizi bwajya bubagoboka mu gihe bagiriye impanuka mu kazi kuko aka kabo kaba gashobora kubashyira mu kaga isaha n’isaha.

Undi ati “Babuduhaye byaba byiza natwe tukumva ko dufite agaciro nk’Abanyarwanda kuko hari igihe bakungoga ariko waba udafite ubwishingizi ukirwariza, cyangwa wanapfa umuryango wawe ukagira icyo ugenerwa kuko hari benshi barenganiye muri aka kazi.”

Kompanyi zikoresha aba bakozi, zivuga ko bigoye kubaha ubwishingizi kuko amafaranga zihabwa n’Umujyi wa Kigali, aba ari macye ku buryo bakuyemo ay’ubwishingizi ntacyo basigarana.

Hakizimana Jean Claude uyobora Inema Company Itd, imwe mu zikora isuku mu Mujyi wa Kigali, yagize ati “Icyo tubakorera ni ukubatangira mutwelle de sante ariko ubundi bwishingizi ntibirakunda kuko bisaba ikindi kiguzi.”

Akomeza agira ati “Mu buvugizi tubakorera ni uko dusaba abaduha amasoko ngo bajye babyongera mu mafaranga batugenera kugira ngo na bo bajye bakora batekanye kuko impanuka zo zibamo kandi zikunze kugaragara.”

Nubwo nta mibare igaragazwa y’abaguye muri aka kazi cyangwa kakabasigira ubumuga, abakozi n’abayobozi babo, bahuriza ku kuba impanuka nk’izi zikunda kubaho, bagasaba ko icyo kibazo cyakwitabwaho kugira ngo umutekano mu kazi kabo ube wizewe.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 18 =

Previous Post

Rusizi: Abagemuriye amashuri ibiribwa bamaze amezi 8 bishyuza bavuze igisubizo bahabwa kitabanyura

Next Post

Rubavu: Insoresore ziyise izina rikanganye ziravugwa ahandi nyuma yo guhashywa aho zari zarazengereje

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

by radiotv10
12/05/2025
0

Umugore wakubiswe na mugenzi we wo mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge nyuma yo kumusanga avugana n’umugabo we...

IZIHERUKA

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego
FOOTBALL

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

by radiotv10
12/05/2025
0

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Ntibumva impamvu badahembwa nyamara amashuri bubatse ubu ari kwigirwamo

Rubavu: Insoresore ziyise izina rikanganye ziravugwa ahandi nyuma yo guhashywa aho zari zarazengereje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.