Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Abarimu b’inzobere bo muri Zimbabwe bagiye kujya baza kwigisha mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/12/2021
in Uncategorized
0
Abarimu b’inzobere bo muri Zimbabwe bagiye kujya baza kwigisha mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’U Rwanda n’iya Zimbabwe zasinye amasezerano mu rwego rw’uburezi azatuma bamwe mu barimu b’inzobere bo mu bihugu byombi bajya kwigisha muri amwe mu mashuri yo muri ibi Bihugu.

Aya masezerano yasinywe kuri uyu wa Kane tariki 23 Ukuboza 2021 hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga bw’iya kure.

Uruhande rw’u Rwanda rwari ruhagarariwe na Minisitiri w’Uburezi, Dr Valentine Uwamariya naho Zimbabwe ikaba yari ihagarariwe na Minisitiri w’Abakozi ba Leta, Umurimo n’imibereho myiza, Paul Mavima.

Minisitiri w’Uburezi mu Rwanda, Uwamariya Valentine yavuze ko aya masezerano aje ari izindi mbaraga mu kuzamura ireme ry’uburezi ku mpande z’ibihugu byombi.

Yagize ati “Aya masezerano agaragaza intambwe ikomeye mu rugendo rwo gushimangira ubutwererane n’ubufatanye hagati yu Rwanda na Zimbabwe, ndetse n’ibihugu byacu byagaragaje ko ari ngombwa kwagura ubufatanye buriho mu buryo bwihutirwa.”

Aya masezerano azatuma ibihugu byombi bihanahana abarimu bo mu mashuri mu byiciro bitandukanye haba mu mashuri abanza, ayisumbuye n’amashuri makuru na za kaminuza ndetse n’abandi bazaba bakenewe mu byiciro byihariye nko mu buvuzi.

Aya masezerano ashyizweho umukono nyuma y’amezi atatu bigarutsweho na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yahuraga n’itsinda ryari riturutse muri Zimbabwe bari bitabiriye Inama y’Ubucuruzi n’Ishoramari ihuza u Rwanda na Zimbabwe aho yagaragaje ko u Rwanda rukeneye abarimu b’inzobere.

Icyo gihe Perezida Kagame yavuze ko Zimbabwe yafatanya n’u Rwanda ku buryo yajya yohereza abarimu baboneka bose

Nyuma y’igihe gito Perezida Kagame agaragaje iki cyifuzo, Leta ya Zimbabwe yatangaje ko yacyakiriye neza kandi ko bagiye kugikoraho kigashyiwa mu bikorwa.

Prof Paul Mavima, Minisitiri w’Abakozi ba Leta, Umurimo n’Imibereho myiza y’Abaturage wa Zimbabwe wari uhagarariye Igihugu cye mu gusinya amasezerano yasinywe uyu munsi, yatangaje ko icyifuzo cya Perezida Kagame yacyakiriye neza.

Yagize ati “Iyi ni intambwe y’urugero rwiza yakwifashisha no mu zindi nzego. Dufite abaganga bajya gukora mu mahanga, dufite n’abize ubwubatsi bagiye gukora mu bice bitandukanye.”

Prof. Mavima yavuze ko igisigaye ari uko Leta ya Zimbabwe yatangira kubyaza umusaruro ayo mahirwe yo kugira abakozi bafite ubushobozi bwo gukora mu mahanga.

Aya masezerano yashyizweho umukono uyu munsi
Dr Mujawamariya yavuze ko ubu bufatanye ari umusanzu mu kuzamura ireme ry’uburezi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + nineteen =

Previous Post

Jimmy Mulisa yahise asubiza igitambaro Haruna Niyonzima

Next Post

Kirehe: Irengero ry’udutaro bagendagaho twaka mu kirere…Ngo babicishaga muri Tanzania

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina
MU RWANDA

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Irengero ry’udutaro bagendagaho twaka mu kirere…Ngo babicishaga muri Tanzania

Kirehe: Irengero ry’udutaro bagendagaho twaka mu kirere…Ngo babicishaga muri Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.