Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarokotse impanuka ikomeye yabereye Rulindo bavuze ibidakwiye bakorewe n’ababagezeho bwa mbere

radiotv10by radiotv10
20/02/2025
in MU RWANDA
2
Abarokotse impanuka ikomeye yabereye Rulindo bavuze ibidakwiye bakorewe n’ababagezeho bwa mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bari mu modoka itwara abagenzi iherutse gukorera impanuka ikomeye mu Karere ka Rulindo igahitana abantu 20, bavuga ko bababajwe no kubona bamwe mu baturage babagezeho bwa mbere bari bashishikajwe no gutwara ibyabo aho kubatabara nyamara hari benshi bari bakeneye ubutabazi bwihuse.

Ni nyuma y’impanuka ikomeye yabereye mu Murenge wa Rusiga mu Karere ka Rulindo hafi y’ahazwi nko ku Kirenge habereye ubwo bisi ya Kompanyi itwara abagenzi ya International Express, yarengaga umuhanda ikagwa mu kabande.

Iyi mpanuka y’imodoka yari irimo abagenzi 53, yahitanye ubuzima bw’abantu 20, abandi barakomereka, barimo n’abakirwariye mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali-CHUK.

Bamwe muri aba barokotse iyi mpanuka, babwiye ikinyamakuru cyitwa Kigali Today, ibyo banenga babonanye abaturage bo muri aka gace kabereyemo iyi mpanuka, babagezeho bwa mbere.

Jean Damascène Iranzi uvuga ko yari yavunitse akaguru n’akaboko mu buryo bukomeye, yavuze ko ubwo yiyambazaga umuntu yabonaga hafi aho ngo amutabare, yamubonyeho ibidakwiye indangagaciro Nyarwanda.

Ati “Natabaje mbwira umuntu ngo aze amfashe, aho kumfasha ankuramo itiriningi arayijyana, nari mfite igikapu hari harimo ibyangombwa byose ibyo sinzi ngo byagiye hehe.”

Uyu muturage ubu urwariye muri CHUK, avuga ko muri iriya modoka bari kumwe n’umugore wari ufite igikapu kirimo inkweto, ariko ko yatunguwe no kubona abantu baraje bajya kureba ibiri muri icyo gikapu aho gutaraba abari mu kaga.

Ati “Aho kugira ngo baze kudutabara, baje kwifatira izo nkweto, basaka n’ibikapu natwe badusaka. Abantu bameze batyo ni abo kugawa.”

Umunyekongo witwa Chadrack Kikombe na we wari muri iriya modoka aho yari yerecyeje i Goma, avuga ko ntakintu yasigaranye kuko ibyo yari afite byatwawe n’abaje kubasahura.

Ati “Ubu aha ndi nta byangombwa na bimwe mfite, na telefone ni uko, na mudasobwa yanjye ni uko yabuze.”

Iyi migirire yagaragajwe n’aba baturage, inengwa n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, wavuze ko ubusanzwe umuntu wiba ikintu cy’umuntu wakoze impanuka, aba akoze icyaha kinahanirwa n’amategeko.

Yagize ati “Kwiha ikintu cy’undi mu buryo nka buriya ni icyaha, noneho kugitwara ari mu bihe nka biriya nta bushobozi aba agifite, nta mbaraga aba agifite, hari n’ukubona ariko atabasha gutera induru no kwirwanaho n’utakubona washizemo umwuka. Ibyo byo rwose ni icyaha.”

Ubwo iyi mpanuka yari imaze kuba, habayeho ubufatanye bw’inzego zinyuranye zirimo Polisi y’u Rwanda, inzego z’ibanze, ndetse n’iz’ubuzima kuko iyi mpanuka yari ikomeye.

Icyo gihe kandi Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo yihanganisha imiryango y’ababuriye ababo muri iyi mpanuka, ndetse inizeza ububasha bukenewe kuri iyo miryango yatakaje abayo kimwe n’abakomereye muri iriya mpanuka.

Yari impanuka ikomeye
Bamwe mu barokotse impanuka y’i Rulindo barwariye muri CHUK

Ivomo: Kigali Today

RADIOTV10

Comments 2

  1. Mfitimana Egide says:
    11 months ago

    Birababaza kdi biteye agahinda pe 😭😭
    Ubu x abatwaye ibintu byabandi bo baracyabirya???
    Iyisi izabigisha kuko uwo itaratahira ubukwe iba ikimushakira imishanana 🤭🤭

    Reply
  2. Twahirwa says:
    11 months ago

    Kirazira kwiba

    Kwiba noneho uwakoze impanuka ni ubunyamanswa

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − thirteen =

Previous Post

Hatangajwe amakuru agezweho ku cyorezo cya Ebola muri Uganda

Next Post

Menya Amakipe yageze muri 1/4 cy’icy’Amahoro n’uko azahura

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya Amakipe yageze muri 1/4 cy’icy’Amahoro n’uko azahura

Menya Amakipe yageze muri 1/4 cy’icy’Amahoro n’uko azahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.