Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarokotse impanuka ikomeye yabereye Rulindo bavuze ibidakwiye bakorewe n’ababagezeho bwa mbere

radiotv10by radiotv10
20/02/2025
in MU RWANDA
2
Abarokotse impanuka ikomeye yabereye Rulindo bavuze ibidakwiye bakorewe n’ababagezeho bwa mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bari mu modoka itwara abagenzi iherutse gukorera impanuka ikomeye mu Karere ka Rulindo igahitana abantu 20, bavuga ko bababajwe no kubona bamwe mu baturage babagezeho bwa mbere bari bashishikajwe no gutwara ibyabo aho kubatabara nyamara hari benshi bari bakeneye ubutabazi bwihuse.

Ni nyuma y’impanuka ikomeye yabereye mu Murenge wa Rusiga mu Karere ka Rulindo hafi y’ahazwi nko ku Kirenge habereye ubwo bisi ya Kompanyi itwara abagenzi ya International Express, yarengaga umuhanda ikagwa mu kabande.

Iyi mpanuka y’imodoka yari irimo abagenzi 53, yahitanye ubuzima bw’abantu 20, abandi barakomereka, barimo n’abakirwariye mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali-CHUK.

Bamwe muri aba barokotse iyi mpanuka, babwiye ikinyamakuru cyitwa Kigali Today, ibyo banenga babonanye abaturage bo muri aka gace kabereyemo iyi mpanuka, babagezeho bwa mbere.

Jean Damascène Iranzi uvuga ko yari yavunitse akaguru n’akaboko mu buryo bukomeye, yavuze ko ubwo yiyambazaga umuntu yabonaga hafi aho ngo amutabare, yamubonyeho ibidakwiye indangagaciro Nyarwanda.

Ati “Natabaje mbwira umuntu ngo aze amfashe, aho kumfasha ankuramo itiriningi arayijyana, nari mfite igikapu hari harimo ibyangombwa byose ibyo sinzi ngo byagiye hehe.”

Uyu muturage ubu urwariye muri CHUK, avuga ko muri iriya modoka bari kumwe n’umugore wari ufite igikapu kirimo inkweto, ariko ko yatunguwe no kubona abantu baraje bajya kureba ibiri muri icyo gikapu aho gutaraba abari mu kaga.

Ati “Aho kugira ngo baze kudutabara, baje kwifatira izo nkweto, basaka n’ibikapu natwe badusaka. Abantu bameze batyo ni abo kugawa.”

Umunyekongo witwa Chadrack Kikombe na we wari muri iriya modoka aho yari yerecyeje i Goma, avuga ko ntakintu yasigaranye kuko ibyo yari afite byatwawe n’abaje kubasahura.

Ati “Ubu aha ndi nta byangombwa na bimwe mfite, na telefone ni uko, na mudasobwa yanjye ni uko yabuze.”

Iyi migirire yagaragajwe n’aba baturage, inengwa n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, wavuze ko ubusanzwe umuntu wiba ikintu cy’umuntu wakoze impanuka, aba akoze icyaha kinahanirwa n’amategeko.

Yagize ati “Kwiha ikintu cy’undi mu buryo nka buriya ni icyaha, noneho kugitwara ari mu bihe nka biriya nta bushobozi aba agifite, nta mbaraga aba agifite, hari n’ukubona ariko atabasha gutera induru no kwirwanaho n’utakubona washizemo umwuka. Ibyo byo rwose ni icyaha.”

Ubwo iyi mpanuka yari imaze kuba, habayeho ubufatanye bw’inzego zinyuranye zirimo Polisi y’u Rwanda, inzego z’ibanze, ndetse n’iz’ubuzima kuko iyi mpanuka yari ikomeye.

Icyo gihe kandi Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo yihanganisha imiryango y’ababuriye ababo muri iyi mpanuka, ndetse inizeza ububasha bukenewe kuri iyo miryango yatakaje abayo kimwe n’abakomereye muri iriya mpanuka.

Yari impanuka ikomeye
Bamwe mu barokotse impanuka y’i Rulindo barwariye muri CHUK

Ivomo: Kigali Today

RADIOTV10

Comments 2

  1. Mfitimana Egide says:
    11 months ago

    Birababaza kdi biteye agahinda pe 😭😭
    Ubu x abatwaye ibintu byabandi bo baracyabirya???
    Iyisi izabigisha kuko uwo itaratahira ubukwe iba ikimushakira imishanana 🤭🤭

    Reply
  2. Twahirwa says:
    11 months ago

    Kirazira kwiba

    Kwiba noneho uwakoze impanuka ni ubunyamanswa

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + nine =

Previous Post

Hatangajwe amakuru agezweho ku cyorezo cya Ebola muri Uganda

Next Post

Menya Amakipe yageze muri 1/4 cy’icy’Amahoro n’uko azahura

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya Amakipe yageze muri 1/4 cy’icy’Amahoro n’uko azahura

Menya Amakipe yageze muri 1/4 cy’icy’Amahoro n’uko azahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.