Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abasenyewe na Sebeya ubwo ibiza byahitanaga benshi bafashe icyemezo cy’amaburakindi

radiotv10by radiotv10
16/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abasenyewe na Sebeya ubwo ibiza byahitanaga benshi bafashe icyemezo cy’amaburakindi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu basenyewe n’amazi y’umugezi wa Sebeya ubwo ibiza byangizaga byinshi bikanahitana benshi umwaka ushize, bafashe icyemezo cyo gusubira mu matongo kuko ubukode bishyuriwe na Leta bwarangiye.

Ni nyuma y’uko ubwishyu bw’ubukode bishyuriwe, burangiye bakabura andi mafaranga yo kwiyishyurira, nyamara bataranasaniwe, mu gihe ba nyiri inzu bari bakodesherezwe bakomeje kubasaba kubishyura.

ubwishyu basaba kuvanwa mu gihirahiro bakemererwa kubaka cyangwa bakabwirwa aho bazajya.

Ngendahimana yagize ati “Twabonye tutakomeza kugirana amakimbirane na ba nyiri inzu, uwari ufite uburyo bwo kwiyeranja yaragarutse muri iki tucyitaga igihodi, nta yandi mahitamo niyo mahitamo ya nyuma.”

Mbwirabumva Jean Claude na we ati “Mbonye batankodeshereje ndavuga nti ‘none se najya kubunga’, kubaho nabi byo ni ukubyakira ntakudi byagenda.”

Benshi muri aba baturage bakomeza basaba gukurwa mu gihirahiro bakamenya niba bazakomeza gutura muri aka gace cyangwa bazimuka.

Umwe ati “Tursaba ko twakurwa mu gihirahiro niba dushobora gutura, niba tuzanimurwa n’ubundi naho ngaho nibahatubwire,

kuko magingo aya tuvugana ntabwo turamenya icyerekezo.”

Nubwo Umunyamakuru wa RADIOTV10 yageze aha aba baturage basubiye mu matongo, ugasanga bahari, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper; we yabihakanye.

Yagize ati “Abantu barakodesherejwe, nta muntu tuzi wagarutse mu itongo n’umwe kuko aramutse yaragiyemo yaba yabikoze ku giti cye ari ugushaka kugira wenda ngo agaragaze ikindi kibazo.”

Akomeza ahakana ibivugwa n’aba baturage ko ba nyiri inzu bakodesherejwe bazibasohoyemo kuko ubukode bishyuriwe bwarangiye.

Ati “Ntabwo turi kumenya ahantu haba hari umuntu wasohotse mu nzu kuko uwishyura ni Leta kandi ntabwo twigeze tubabwira ngo gukodesherezwa byarangiye.”

Agaruka ku bijyanye n’icyifuzo cy’abo baturage cyo gukurwa mu gihirahiro bakamenya umwanzuro w’icyo bagomba gukora ngo bongere bature kimwe n’abandi Banyarwanda, uyu muyobozi yakomeje avuga ko bazakomeza gutegereza isesengura ry’abahanga n’imyanzuro bazatanga.

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Dusubize amaso inyuma twibukiranye ibyaranze umubano w’u Rwanda n’u Burundi wongeye kugwamo igitotsi

Next Post

U Burayi bwagize icyo busaba u Rwanda n’u Burundi

Related Posts

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

IZIHERUKA

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho
MU RWANDA

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Burayi bwagize icyo busaba u Rwanda n’u Burundi

U Burayi bwagize icyo busaba u Rwanda n’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.