Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abasenyewe na Sebeya ubwo ibiza byahitanaga benshi bafashe icyemezo cy’amaburakindi

radiotv10by radiotv10
16/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abasenyewe na Sebeya ubwo ibiza byahitanaga benshi bafashe icyemezo cy’amaburakindi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu basenyewe n’amazi y’umugezi wa Sebeya ubwo ibiza byangizaga byinshi bikanahitana benshi umwaka ushize, bafashe icyemezo cyo gusubira mu matongo kuko ubukode bishyuriwe na Leta bwarangiye.

Ni nyuma y’uko ubwishyu bw’ubukode bishyuriwe, burangiye bakabura andi mafaranga yo kwiyishyurira, nyamara bataranasaniwe, mu gihe ba nyiri inzu bari bakodesherezwe bakomeje kubasaba kubishyura.

ubwishyu basaba kuvanwa mu gihirahiro bakemererwa kubaka cyangwa bakabwirwa aho bazajya.

Ngendahimana yagize ati “Twabonye tutakomeza kugirana amakimbirane na ba nyiri inzu, uwari ufite uburyo bwo kwiyeranja yaragarutse muri iki tucyitaga igihodi, nta yandi mahitamo niyo mahitamo ya nyuma.”

Mbwirabumva Jean Claude na we ati “Mbonye batankodeshereje ndavuga nti ‘none se najya kubunga’, kubaho nabi byo ni ukubyakira ntakudi byagenda.”

Benshi muri aba baturage bakomeza basaba gukurwa mu gihirahiro bakamenya niba bazakomeza gutura muri aka gace cyangwa bazimuka.

Umwe ati “Tursaba ko twakurwa mu gihirahiro niba dushobora gutura, niba tuzanimurwa n’ubundi naho ngaho nibahatubwire,

kuko magingo aya tuvugana ntabwo turamenya icyerekezo.”

Nubwo Umunyamakuru wa RADIOTV10 yageze aha aba baturage basubiye mu matongo, ugasanga bahari, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper; we yabihakanye.

Yagize ati “Abantu barakodesherejwe, nta muntu tuzi wagarutse mu itongo n’umwe kuko aramutse yaragiyemo yaba yabikoze ku giti cye ari ugushaka kugira wenda ngo agaragaze ikindi kibazo.”

Akomeza ahakana ibivugwa n’aba baturage ko ba nyiri inzu bakodesherejwe bazibasohoyemo kuko ubukode bishyuriwe bwarangiye.

Ati “Ntabwo turi kumenya ahantu haba hari umuntu wasohotse mu nzu kuko uwishyura ni Leta kandi ntabwo twigeze tubabwira ngo gukodesherezwa byarangiye.”

Agaruka ku bijyanye n’icyifuzo cy’abo baturage cyo gukurwa mu gihirahiro bakamenya umwanzuro w’icyo bagomba gukora ngo bongere bature kimwe n’abandi Banyarwanda, uyu muyobozi yakomeje avuga ko bazakomeza gutegereza isesengura ry’abahanga n’imyanzuro bazatanga.

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + seventeen =

Previous Post

Dusubize amaso inyuma twibukiranye ibyaranze umubano w’u Rwanda n’u Burundi wongeye kugwamo igitotsi

Next Post

U Burayi bwagize icyo busaba u Rwanda n’u Burundi

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Burayi bwagize icyo busaba u Rwanda n’u Burundi

U Burayi bwagize icyo busaba u Rwanda n’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.