Saturday, July 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Burayi bwagize icyo busaba u Rwanda n’u Burundi

radiotv10by radiotv10
16/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Burayi bwagize icyo busaba u Rwanda n’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wanenze icyemezo cyafashwe n’Igihugu cy’u Burundi cyo gufunga imipaka igihuza n’u Rwanda, uboneraho gusaba Ibihugu byombi kwicara bikaganira.

Byatangajwe n’Umuyobozi w’uyu Muryango w’Ubumwe bw’u Buryayi ushinzwe Ububanyi mpuzamahanga muri Afurika, Rita Laranjinha ubwo yatangizaga ibiganiro byaberereye i Bujumbura mu Burundi by’imikoranire y’u Burayi n’Ibihugu byo mu Biyaga Bigari.

Rita Laranjinha yavuze ko nta nyungu na nke iri mu gufunga imipaka ihuza Ibihugu by’ibituranyi nk’uko byakozwe n’u Burundi, ahubwo ko bigira ingaruka ku rujya n’uruza rw’abantu n’ibintu.

Yavuze ko Guverinoma z’Ibihugu byombi [u Burundi n’u Rwanda] zikwiye kugirana ibiganiro hakiri kare, kugira ngo zishake umuti w’ibibazo, bityo umubano wongere gusubira mu buryo.

Yagize ati “Turifuza ko habaho ibiganiro mu maguru mashya hagati y’u Rwanda n’u Burundi kugira ngo hashakwe umuti w’ibibazo.”

Ni inzira n’ubundi igishoboka hagati y’u Burundi n’u Rwanda, nk’uko impande zombi zabitangaje, yaba Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi, zikaba zivuga ko hakiri icyizere ko ibintu byasubira mu buryo.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, mu kiganiro aherutse kugirana na RADIOTV10, yagize ati “Icyo u Rwanda rukora ni uko ruguma aho ruhagaze ku nzira yo kuganira ku kibazo cyose cyaba gihari, ku nzira y’imishyikirano kugira ngo ibintu bumva ko biteye ikibazo bibonerwe umuti.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Amb Albert Shingiro na we aherutse kuvuga ko umubano w’iki Gihugu n’u Rwanda, umeze nk’imihindagurikire y’ibihe, kuko nubwo uyu munsi bimeze nabi ariko ejo bishobora kuzaba bimeze neza.

Yagize ati “Mu mibanire y’u burundi n’u Rwanda hari igihe imvura igwa ari nyinshi ikonona ibihingwa byinshi cyangwa ikagwa neza. Hari igihe tugera mu bihe bibi ariko nk’uko babivuga mu Kirundi nta mvura idahita. 

U Burundi bushinja u Rwanda gufasha umutwe wa RED Tabara, ariko u Rwanda rukabihakana ndetse rugatanga na gihamya ko abarwanyi b’uyu mutwe bigeze gufatirwa ku butaka bw’u Rwanda rwabashyikirije iki Gihugu.

Nubwo Perezida Evariste Ndayishimiye aherutse gutangaza ko abagize umutwe wa RED Tabara bari mu Rwanda, Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yo yemeje ko uyu mutwe ufite ibirindiro muri iki Gihugu cya Congo Kinshasa, ndetse ivuga ko haherutse kubaho ibiganiro byari bigamije gufasha abagize uyu mutwe gutaha mu Burundi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 2 =

Previous Post

Abasenyewe na Sebeya ubwo ibiza byahitanaga benshi bafashe icyemezo cy’amaburakindi

Next Post

Ngororero: Uwari utwaye kuri moto ufite udupfunyika tw’urumogi 5.000 yacitse Polisi

Related Posts

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo mu Karere ka Kayonza bari bamaze igihe bataka ibibazo uruhuri baterwaga n’aho bacururizaga, ubu bari...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
03/07/2025
6

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

IZIHERUKA

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame
MU RWANDA

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

04/07/2025
Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

04/07/2025
Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

03/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngororero: Uwari utwaye kuri moto ufite udupfunyika tw’urumogi 5.000 yacitse Polisi

Ngororero: Uwari utwaye kuri moto ufite udupfunyika tw’urumogi 5.000 yacitse Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.