Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abashatse bagenda bacaginze Telefone: Ibyihariye wamenya kuri Bisi z’amashanyarazi zashimwe n’Abanyakigali

radiotv10by radiotv10
14/12/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Abashatse bagenda bacaginze Telefone: Ibyihariye wamenya kuri Bisi z’amashanyarazi zashimwe n’Abanyakigali
Share on FacebookShare on Twitter

Aba mbere bamaze kugenda muri bisi zikoresha amashanyarazi zinjiye mu gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali, baravuga ko ari ibyiza bigeretse ku bindi, kuko uretse kongera umubare w’imodoka zibatwara, izi zo zinafite umwihariko w’imiterere yazo, ituma bagenda bisanzuye.

Izi modoka zitwara abagenzi zikoresha amashanyarazi, zatangiye kugenda mu mihanda ya Kigali muri iki Cyumweru, nyuma y’uko zishyitse mu Rwanda zizanywe n’ikigo cya BasiGo cyo muri Kenya.

Abagenzi bazicayemo bwa mbere, bishimiye imiterere yazo, ituma bagenda bisanzuye kandi bakagerera igihe aho bagiye kuko zihuta.

Uwitwa Dieudonne wari mu rugendo atwawe n’iyi bisi agiye mu kazi, yagize ati “Ndumva nicaye neza ntekanye. Ngiye mu kazi kandi ndumva mfite furesheri, ku buryo nza kugakora neza.”

Yakomeje agira ati “Si ya modoka ikunyuraho wenda ngo isigare yaguteye imyotsi ngo usigare wipfutse ku mazuru, ntiyangiza ibidukikije.”

Uwitwa Mukarurema Rosine na we yagaragaje umwihariko w’izi bisi, avuga ko zazanye n’igisubizo ku muntu ushobora kuba yiriwe akoresha telefone, akaba yataha umuriro washizemo, kandi akeneye kumenya uko mu rugo byifashe.

Yagize ati “Nabonye n’aho bacomeka telefone, kandi kuba ikoresha amashanyarazi, nta myotsi igira, ntiyangiza n’ibidukikije. Ni imodoma nziza cyane.”

Izi bisi kandi zirimo agasunduku kagenewe gushyirwamo ibikoresho bishobora kwifashishwa mu guha ubutabazi bw’ibanze mu gihe hari umugenzi ugize ikibazo ukeneye ubutabazi bwihuse.

Rutayisire Rashid umwe mu bashoferi batwara izi Bisi zikoresha amashanyarazi, na we avuga ko zifite itandukaniro n’izisanzwe kuko zifite ikoranabuhanga.

Ati “Nk’igihe waba wayigejeje kuri bordure, irabikwereka ikakurega ikakwereka, ikakurega ikakubwira iti ‘wankojeje ku giti’…”

Uyu mushoferi kandi avuga ko nta mpungenge ku bijyanye no kuba yashiramo umuriro, ikaba yakerereza abagenzi, kuko iyo icaginze yuzuye, ishobora gukora iminsi ibiri itarashimo umuriro, kandi ikagenda yereka umushoferi ingano y’amashanyarazi asigayemo.

Ati “Twirirwa tugenda kuva mu gitondo mpaka nimugoroba, ariko tugakoresha 50% byonyine.”

Izi bisi iyo zashizemo umuriro zicomekwa mu gihe cy’amasaha atatu zikaba ziruzuye, kandi iyuzuye ikaba ishobora kugenda ibilometero 300 ikirimo umuriro.

RADIOTV10

Comments 1

  1. kagambage eric says:
    1 year ago

    Nange ndasha kuyigendamo ndumva ifite umwihariko cyane kurusha izari zisanze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Uwicaga abakobwa abanje kubabeshya urukundo bakanaryamana yahanishijwe igihano kiremereye

Next Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame

Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.