Thursday, April 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abashatse bagenda bacaginze Telefone: Ibyihariye wamenya kuri Bisi z’amashanyarazi zashimwe n’Abanyakigali

radiotv10by radiotv10
14/12/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Abashatse bagenda bacaginze Telefone: Ibyihariye wamenya kuri Bisi z’amashanyarazi zashimwe n’Abanyakigali
Share on FacebookShare on Twitter

Aba mbere bamaze kugenda muri bisi zikoresha amashanyarazi zinjiye mu gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali, baravuga ko ari ibyiza bigeretse ku bindi, kuko uretse kongera umubare w’imodoka zibatwara, izi zo zinafite umwihariko w’imiterere yazo, ituma bagenda bisanzuye.

Izi modoka zitwara abagenzi zikoresha amashanyarazi, zatangiye kugenda mu mihanda ya Kigali muri iki Cyumweru, nyuma y’uko zishyitse mu Rwanda zizanywe n’ikigo cya BasiGo cyo muri Kenya.

Abagenzi bazicayemo bwa mbere, bishimiye imiterere yazo, ituma bagenda bisanzuye kandi bakagerera igihe aho bagiye kuko zihuta.

Uwitwa Dieudonne wari mu rugendo atwawe n’iyi bisi agiye mu kazi, yagize ati “Ndumva nicaye neza ntekanye. Ngiye mu kazi kandi ndumva mfite furesheri, ku buryo nza kugakora neza.”

Yakomeje agira ati “Si ya modoka ikunyuraho wenda ngo isigare yaguteye imyotsi ngo usigare wipfutse ku mazuru, ntiyangiza ibidukikije.”

Uwitwa Mukarurema Rosine na we yagaragaje umwihariko w’izi bisi, avuga ko zazanye n’igisubizo ku muntu ushobora kuba yiriwe akoresha telefone, akaba yataha umuriro washizemo, kandi akeneye kumenya uko mu rugo byifashe.

Yagize ati “Nabonye n’aho bacomeka telefone, kandi kuba ikoresha amashanyarazi, nta myotsi igira, ntiyangiza n’ibidukikije. Ni imodoma nziza cyane.”

Izi bisi kandi zirimo agasunduku kagenewe gushyirwamo ibikoresho bishobora kwifashishwa mu guha ubutabazi bw’ibanze mu gihe hari umugenzi ugize ikibazo ukeneye ubutabazi bwihuse.

Rutayisire Rashid umwe mu bashoferi batwara izi Bisi zikoresha amashanyarazi, na we avuga ko zifite itandukaniro n’izisanzwe kuko zifite ikoranabuhanga.

Ati “Nk’igihe waba wayigejeje kuri bordure, irabikwereka ikakurega ikakwereka, ikakurega ikakubwira iti ‘wankojeje ku giti’…”

Uyu mushoferi kandi avuga ko nta mpungenge ku bijyanye no kuba yashiramo umuriro, ikaba yakerereza abagenzi, kuko iyo icaginze yuzuye, ishobora gukora iminsi ibiri itarashimo umuriro, kandi ikagenda yereka umushoferi ingano y’amashanyarazi asigayemo.

Ati “Twirirwa tugenda kuva mu gitondo mpaka nimugoroba, ariko tugakoresha 50% byonyine.”

Izi bisi iyo zashizemo umuriro zicomekwa mu gihe cy’amasaha atatu zikaba ziruzuye, kandi iyuzuye ikaba ishobora kugenda ibilometero 300 ikirimo umuriro.

RADIOTV10

Comments 1

  1. kagambage eric says:
    2 years ago

    Nange ndasha kuyigendamo ndumva ifite umwihariko cyane kurusha izari zisanze

    Reply

Leave a Reply to kagambage eric Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 11 =

Previous Post

Uwicaga abakobwa abanje kubabeshya urukundo bakanaryamana yahanishijwe igihano kiremereye

Next Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame

Related Posts

Should Social Media Be Banned for the Youth?

Should Social Media Be Banned for the Youth?

by radiotv10
30/04/2026
0

The Minister of ICT and Innovation said that the government of Rwanda is considering introducing a law that would restrict...

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

by radiotv10
30/04/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha rwatangaje ko rwafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Mageragere mu Karere ka Nyarugenge, ukurikiranyweho ibyaha bya ruswa no...

Ingabo z’u Rwanda zungutse ibikorwa remezo bizifasha mu myitozo birimo Gym igezweho

Ingabo z’u Rwanda zungutse ibikorwa remezo bizifasha mu myitozo birimo Gym igezweho

by radiotv10
30/04/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga, yayoboye umuhango wo gusoza imyitozo y’abasirikare bo mu mutwe ushinzwe imyitwarire myiza...

Perezida Kagame ategerejwe muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Perezida Kagame ategerejwe muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

by radiotv10
30/04/2026
0

Perezida Paul Kagame agiye kugirira uruzinduko rw’Iminsi ibiri muri Botswana ku butumire bwa mugenzi we uyobora iki Gihugu, Duma Gideon...

Abakozi ba Leta n’abikorera mu Rwanda bahawe konji ebyiri

Amakuru mashya: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko kugira ngo hizihizwe uw’umurimo

by radiotv10
30/04/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 01 Gicurasi, ari umunsi w’Ikiruhuko mu rwego rwo...

IZIHERUKA

Should Social Media Be Banned for the Youth?
IMIBEREHO MYIZA

Should Social Media Be Banned for the Youth?

by radiotv10
30/04/2026
0

Amakuru mashya: Umunyamakuru DC Clement yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru DC Clement yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

30/04/2026
Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

30/04/2026
Ingabo z’u Rwanda zungutse ibikorwa remezo bizifasha mu myitozo birimo Gym igezweho

Ingabo z’u Rwanda zungutse ibikorwa remezo bizifasha mu myitozo birimo Gym igezweho

30/04/2026
Perezida Kagame ategerejwe muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Perezida Kagame ategerejwe muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

30/04/2026
Hamenyekanye igihe Umunyamakuru Djihad n’abo baregwa hamwe bazasubirira imbere y’Urukiko

Hamenyekanye igihe Umunyamakuru Djihad n’abo baregwa hamwe bazasubirira imbere y’Urukiko

30/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame

Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Should Social Media Be Banned for the Youth?

Amakuru mashya: Umunyamakuru DC Clement yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.