Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare 1.160 barimo Gen. J.Bosco Kazura wabaye Umugaba Mukuru wa RDF bagiye mu kiruhuko

radiotv10by radiotv10
31/08/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abasirikare 1.160 barimo Gen. J.Bosco Kazura wabaye Umugaba Mukuru wa RDF bagiye mu kiruhuko
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare 1 167 barimo abo ku rwego rw’Abajenerali batanu barimo na General Jean Bosco Kazura wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, bagiye mu kirihuko cy’izabukuru.

Byatangajwe n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Gatanu rishyira kuri uyu wa Gatandatu tariki 31 Kanama 2024, nyuma yuko hanabaye umuhango wo kubasezezerera wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kanama.

Ni itangazo rivuga ko “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF yemeje ijyanwa ryo mu kiruhuko cy’izabukuru ku Bajenerali bakurikira:…”

Mu basezerewe, harimo General Jean Bosco Kazura wagize imyanya mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, nko kuba yarabaye Umugaba Mukuru wazo kuva muri 2019 kugeza muri 2023 ubwo yasimbuzwaga General Mubarakh Muganga ari na we Mugaba Mukuru wa RDF ubu.

Muri aba basirikare 1 167 basezerewe kandi, harimo abandi bane bo ku rwego rw’Abajenerali, barimo Brig Gen John Bagabo, Brig Gen John Bosco Rutikanga, Brig Gen Johnson Hodali, na Brig Gen Firmin Bayingana.

Iri tangazo ry’Ubuyobozi Bukuru bwa RDF, rikomeza rivuga kandi ko “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yaneme isezererwa ry’abofisiye bakuru 170 ndetse n’abandi 992 bafite andi mapeti.”

Umuhango wo gusezerera aba basirikare, wayobowe na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, wari uhagarariye Umugaba w’Ikirenga wa RDF, Perezida Paul Kagame.

Wanitabiriwe kandi n’abayobozi bakuru mu ngabo z’u Rwanda, barimo Umugaba Mukuru wazo, General Mubarakh Muganda, n’Abagaba Bakuru b’ingabo zirimo izirwanira mu Kirere, izirwanira ku Butaka ndetse n’uw’Ingabo zishinzwe Ubuvuzi, kimwe n’abandi basirikare bakuru b’Abajenerali.

Juvenal Marizamunda yashimiye Abajenerali n’abandi bofisiye bakuru ku bw’uruhare bagize mu rugamba rwo kubohora u Rwanda no guhagarika Jenoside yariho ikorerwa Abatutsi, ndetse n’uruhare bagize mu iterambere u Rwanda rugezeho.

Yagize ati “Ndabifuriza kuzakomeza kurangwa n’umuhate mwakomeje kugaragaza muri iyi myaka yose. Abasirikare ba RDF bakiri bato babigiyeho byinshi, kandi ndizera ko muzakomeza gutanga umusanzu mu kurinda Igihugu cyacu.”

Brig Gen John Bagabo, wavuze mu izina rya bagenzi be bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, yashimiye Perezida Paul Kagame akaba Umugaba w’Ikirenga wa RDF ku bw’imiyoborere ye yakomeje kubabera urumuri mu myaka yose bamaze bakorera Igihugu ndetse no mu gihe cy’Urugamba rwo kubohora Igihugu.

Ati “Aya mahame azakomeza kuba muri twe kandi azakomeza kutuyobora. Nk’uko turi kujya mu basezerewe, dutewe ishema n’umuhango wo kudusezerera mu cyubahiro. Turifuza ko abayobozi bari hano bazatugereza ubutumwa bwacu ku Mugaba w’Ikirenga, ko tumusezeranya ko tuzakomeza kugira umuhate mu gukorera no kurinda ibyagezweho twarwaniye mu myaka yose yatambutse.”

Brig Gen John Bagabo yavuze kandi ko nubwo bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru ariko bazakomeza gutanga umusanzu mu bikorwa bya RDF igihe cyose bazahabwa inshingano kimwe n’ubutumwa bashobora kuzoherezwamo.

 

Minisitiri w’Ingabo Juvenal Marizamunda wari uhagarariye Umugaba w’Ikirenga yageneye ubutumwa abasezerewe
Umuhango wanitabiriwe na bamwe mu bo mu muryango w’abasezerewe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 12 =

Previous Post

Ubutumwa bw’umunyamakuru Anita Pendo nyuma yo gusezera igitangazamakuru yari amazeho imyaka 10

Next Post

Hakuweho urujijo ku bavuga ko amatora y’Abasenteri b’u Rwanda asa nk’ayarangiye

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hakuweho urujijo ku bavuga ko amatora y’Abasenteri b’u Rwanda asa nk’ayarangiye

Hakuweho urujijo ku bavuga ko amatora y’Abasenteri b’u Rwanda asa nk'ayarangiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.