Thursday, November 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare ba RDF bagiye mu butumwa bambariye kuzuza inshingano

radiotv10by radiotv10
31/07/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abasirikare ba RDF bagiye mu butumwa bambariye kuzuza inshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bagiye mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, basabwe kuzarangwa n’umuhate n’imyitwarire iboneye, mu butumwa bagejejweho n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, mu izina ry’Umugaba Mukuru wa RDF.

Abasirikare n’Abapolisi bahagurutse mu Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 31 Nyakanga 2023, aho bahawe ubutumwa n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi wari kumwe n’Umuyobozi Wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe Ibikorwa, CP Vincent Sano.

Maj Gen Vincent Nyakarundi wari uhagarariye Umugaba Mukuru wa RDF muri iki gikorwa cyo guha ubutumwa aba basirikare n’abapolisi, yabasabye ko bazakomeza kurangwa “n’umuhate, ikinyabupfura, gukorera ku ntego ndetse no guca bugufi ubwo bazaba bari gukorera abaturage ba Cabo Delgado.”

Iri tsinda ry’Abasirikare n’Abapolisi riyobowe na Maj Gen Alexis Kagame, rigiye mu rwego rwo gusimbura abo mu nzego z’umutekano z’u Rwanda bagera ku 2 000 mu Ntara ya Cabo Delgado.

Kohereza iri tsinda ry’abasirikare n’abapolisi, ni umusaruro w’imikoranire myiza isanzwe iri hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iya Mozambique, zakunze kugaragaza ko imikoranire yazo ikomeje gutanga umusaruro, by’umwihariko mu kugarura amahoro n’umutekano muri Mozambique.

Iri tsinda kandi rigiye muri Mpzambique, nyuma y’amasaha macye Perezida w’iki Gihugu, Filipe Nyusi agiriye uruzinduko mu Rwanda, aho yanakiriwe na Perezida Paul Kagame wanamugabiye Inka z’Inyambo.

Maj Gen Vincent Nyakarundi yasabye aba basirikare kuzarangwa n’imyitwarire iboneye
Bajyanye n’Abapolisi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + fifteen =

Previous Post

Ikipe iri mu zikunzwe ku Isi yinjije indi ntwaro izayifasha gushimisha abafana

Next Post

Senegal: Umunyapolitiki ukomeye yatangiye gukorera muri gereza igikorwa kidasanzwe

Related Posts

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rutanganya inzoga ruherereye mu Muerenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo gukoresha ibitoki mu gutunganya...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

by radiotv10
05/11/2025
0

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo Bideri, akaba umwana w’Umwami Yuhi V Musinga, uherutse kwitabira Imana muri Kenya aho yabaga, byemejwe ko azashyingurwa...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Daughter of Rwanda’s former King passed away in Kenya, burial set in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo Bideri, the daughter of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda, has passed away in Kenya,...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi ukurikiranyweho gusambanya mu bihe bitandukanye umwana we w’imyaka itandatu, yemera...

IZIHERUKA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge
MU RWANDA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

05/11/2025
Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

05/11/2025
Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Senegal: Umunyapolitiki ukomeye yatangiye gukorera muri gereza igikorwa kidasanzwe

Senegal: Umunyapolitiki ukomeye yatangiye gukorera muri gereza igikorwa kidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.