Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare ba RDF bagiye mu butumwa bambariye kuzuza inshingano

radiotv10by radiotv10
31/07/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abasirikare ba RDF bagiye mu butumwa bambariye kuzuza inshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bagiye mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, basabwe kuzarangwa n’umuhate n’imyitwarire iboneye, mu butumwa bagejejweho n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, mu izina ry’Umugaba Mukuru wa RDF.

Abasirikare n’Abapolisi bahagurutse mu Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 31 Nyakanga 2023, aho bahawe ubutumwa n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi wari kumwe n’Umuyobozi Wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe Ibikorwa, CP Vincent Sano.

Maj Gen Vincent Nyakarundi wari uhagarariye Umugaba Mukuru wa RDF muri iki gikorwa cyo guha ubutumwa aba basirikare n’abapolisi, yabasabye ko bazakomeza kurangwa “n’umuhate, ikinyabupfura, gukorera ku ntego ndetse no guca bugufi ubwo bazaba bari gukorera abaturage ba Cabo Delgado.”

Iri tsinda ry’Abasirikare n’Abapolisi riyobowe na Maj Gen Alexis Kagame, rigiye mu rwego rwo gusimbura abo mu nzego z’umutekano z’u Rwanda bagera ku 2 000 mu Ntara ya Cabo Delgado.

Kohereza iri tsinda ry’abasirikare n’abapolisi, ni umusaruro w’imikoranire myiza isanzwe iri hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iya Mozambique, zakunze kugaragaza ko imikoranire yazo ikomeje gutanga umusaruro, by’umwihariko mu kugarura amahoro n’umutekano muri Mozambique.

Iri tsinda kandi rigiye muri Mpzambique, nyuma y’amasaha macye Perezida w’iki Gihugu, Filipe Nyusi agiriye uruzinduko mu Rwanda, aho yanakiriwe na Perezida Paul Kagame wanamugabiye Inka z’Inyambo.

Maj Gen Vincent Nyakarundi yasabye aba basirikare kuzarangwa n’imyitwarire iboneye
Bajyanye n’Abapolisi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + eleven =

Previous Post

Ikipe iri mu zikunzwe ku Isi yinjije indi ntwaro izayifasha gushimisha abafana

Next Post

Senegal: Umunyapolitiki ukomeye yatangiye gukorera muri gereza igikorwa kidasanzwe

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Senegal: Umunyapolitiki ukomeye yatangiye gukorera muri gereza igikorwa kidasanzwe

Senegal: Umunyapolitiki ukomeye yatangiye gukorera muri gereza igikorwa kidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.