Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare ba RDF bari muri S.Sudan bagaragarijwe ko ibikorwa by’indashyikirwa byabo bizirikanwa

radiotv10by radiotv10
11/08/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abasirikare ba RDF bari muri S.Sudan bagaragarijwe ko ibikorwa by’indashyikirwa byabo bizirikanwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare b’u Rwanda bo mu itsinda ry’Ingabo zirwanira mu kirere, bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, bambitswe imidari yo gushimira akazi kabo.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Kane tariki 10 Kanama 2023 mu kigo cya Gisirikare cya Durupi kiri i Juba muri Sudani y’Epfo.

Ni abasirikare bagize batayo ya 3 bo mu itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere muri Unit ya 11, bari muri ubu butumwa buzwi nka UNMISS.

Umuyobozi wa Batayo ya 3 y’izi ngabo z’u Rwanda, Col Bertin MUKASA CYUBAHIRO yashimiye ubuyobozi bwa UNMISS, Guverinoma ya Sudani y’Epfo ndetse n’abaturage b’iki Gihugu kuba barabafashije kuzuza inshingano zabo ndetse n’imikoranire yabafashije kuzigeraho.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Sudani y’Epfo, Joseph Rutabana yashimiye akazi kakozwe ndetse anibutsa ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa gukomeza kubungabunga amahoro n’umutekano muri Sudani ndetse n’ahandi.

Umuyobozi w’Ingabo za UNMISS, Lt Gen Mohan SUBRAMANIAN wari n’umushyitsi mukuru muri uyu muhango, na we yagaragaje ko ingabo zigize iyi Unit zakoze akazi k’indashyikirwa mu kubungabunga amahoro n’umutekano muri Sudani y’Epfo nubwo hariho imbogamizi, ariko ziyemeje kuzirenga.

Lt Gen Mohan SUBRAMANIAN yashimiye ingabo z’u Rwanda

Habaye n’ibirori byo gususurutsa abibiriye iki gikorwa mu mbyino nyarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Burera: Uko hakozwe operasiyo yo mu gicuku yafatiwemo ibitemewe 240.000

Next Post

Ethiopia: Hatahuwe ahakorerwaga ubutinganyi hatakekwaga none hari icyahise gikorwa kihutirwa

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ethiopia: Hatahuwe ahakorerwaga ubutinganyi hatakekwaga none hari icyahise gikorwa kihutirwa

Ethiopia: Hatahuwe ahakorerwaga ubutinganyi hatakekwaga none hari icyahise gikorwa kihutirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.