Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare ba RDF bari muri S.Sudan bagaragarijwe ko ibikorwa by’indashyikirwa byabo bizirikanwa

radiotv10by radiotv10
11/08/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abasirikare ba RDF bari muri S.Sudan bagaragarijwe ko ibikorwa by’indashyikirwa byabo bizirikanwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare b’u Rwanda bo mu itsinda ry’Ingabo zirwanira mu kirere, bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, bambitswe imidari yo gushimira akazi kabo.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Kane tariki 10 Kanama 2023 mu kigo cya Gisirikare cya Durupi kiri i Juba muri Sudani y’Epfo.

Ni abasirikare bagize batayo ya 3 bo mu itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere muri Unit ya 11, bari muri ubu butumwa buzwi nka UNMISS.

Umuyobozi wa Batayo ya 3 y’izi ngabo z’u Rwanda, Col Bertin MUKASA CYUBAHIRO yashimiye ubuyobozi bwa UNMISS, Guverinoma ya Sudani y’Epfo ndetse n’abaturage b’iki Gihugu kuba barabafashije kuzuza inshingano zabo ndetse n’imikoranire yabafashije kuzigeraho.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Sudani y’Epfo, Joseph Rutabana yashimiye akazi kakozwe ndetse anibutsa ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa gukomeza kubungabunga amahoro n’umutekano muri Sudani ndetse n’ahandi.

Umuyobozi w’Ingabo za UNMISS, Lt Gen Mohan SUBRAMANIAN wari n’umushyitsi mukuru muri uyu muhango, na we yagaragaje ko ingabo zigize iyi Unit zakoze akazi k’indashyikirwa mu kubungabunga amahoro n’umutekano muri Sudani y’Epfo nubwo hariho imbogamizi, ariko ziyemeje kuzirenga.

Lt Gen Mohan SUBRAMANIAN yashimiye ingabo z’u Rwanda

Habaye n’ibirori byo gususurutsa abibiriye iki gikorwa mu mbyino nyarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 12 =

Previous Post

Burera: Uko hakozwe operasiyo yo mu gicuku yafatiwemo ibitemewe 240.000

Next Post

Ethiopia: Hatahuwe ahakorerwaga ubutinganyi hatakekwaga none hari icyahise gikorwa kihutirwa

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi
AMAHANGA

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

08/01/2026
Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ethiopia: Hatahuwe ahakorerwaga ubutinganyi hatakekwaga none hari icyahise gikorwa kihutirwa

Ethiopia: Hatahuwe ahakorerwaga ubutinganyi hatakekwaga none hari icyahise gikorwa kihutirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.