Abasirikare bane bo ku rwego rw’abofisiye, barimo ufite ipeti rya Brigadier, bagejejwe imbere y’Urukiko rwa Gisirikare Rukuru rwa Makindye, baregwa ubujura no gukoresha nabi rya Litiro 270 000 z’ibikomoka kuri Peteroli zagenewe gukoreshwa n’ibikoresho bya gisirikare.
Abaregwa ni Brig. Gen. James Barigye Ruheesi, wahoze ari umuyobozi w’ikigo gishinzwe ubushobozi bwo kohereza imodoka vuba (URDCC) i Jinja; Col. David Ocitti Kidega, umukozi ushinzwe Peteroli n’amavuta yo mu modoka muri Joint Staff Logistics; Maj. Innocent Kikongo Mugumya, umukozi ushinzwe gutwara abantu muri URDCC; na Capt. Kenneth Labwon Kinyera, umukozi ushinzwe amasoko muri Joint Staff Health Services.
Ubushinjacyaha bwabwiye Urukiko ko hagati ya Nyakanga 2022 na Ukuboza 2023, aba basirikare b’Abofisiye bivugwa ko bayobeje mazutu yari yagenewe gukoreshwa mu ibikoresho bikomeye bya gisirikare i Kampala na Jinja ku nyungu zabo bwite, igikorwa bivugwa ko cyashyize mu kaga imikorere y’igisirikare.
Aba basirikare bivugwa ko bamaze igihe bafunze kuva muri Mata 2025 nyuma yo gutabwa muri yombi ku itegeko ry’Umugaba Mukuru w’Ingabo General Muhoozi Kainerugaba, bahakanye ibyo baregwa ubwo bitabaga Urukiko rwa Gisirikare rwari rugizwe n’inteko y’abacamanza batatu iyobowe na Brig. Gen Richard Tukachungurwa.
Ubushinjacyaha bwasabye igihe cy’inyongera cyo kurangiza iperereza, busaba urukiko ko abaregwa bafungwa by’agateganyo. Abanyamategeko bunganira abaregwa basabye ko hatangazwa abatangabuhamya n’ibimenyetso, ariko icyifuzo cyabo gisubizwa inyuma n’Urukiko, rwimurira urubanza ku ya 29 Gicurasi 2026, mu gihe aba basirikare bazakomeza gufungirwa muri kasho ya gisirikare ya Makindye.
RADIOTV10










