Tuesday, March 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare barimo ufite ipeti rikomeye mu Burundi  baguye mu mirwano yabahuje n’inyeshyamba zitaramenyekana

radiotv10by radiotv10
12/10/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mu imurika ryakoranyije Ibihugu bya EAC u Rwanda rwerekanye ko ari igicumbi cy’Ubukerarugendo

Abasirikare barimo ufite ipeti rikomeye mu Burundi  baguye mu mirwano yabahuje n’inyeshyamba zitaramenyekana

Share on FacebookShare on Twitter

Lieutenant Colonel Nkurunziza Jean Marie wari asanzwe ayobora brigade ya 110 mu ngabo z’u Burundi ishinzwe kujya gutabara aho rukomeye, ari mu basirikare baguye mu mirwano yahuje ingabo z’Igihugu n’inyeshyamba zitaramenyekana mu Komini Bukeye.

 

Iyi burigade ya 110 yari iyobowe na Lieutenant Colonel Nkurunziza Jean Marie, yari ishinzwe kujya gutabara ikaba iri muri komini Bugarama mu ntara ya Muramvya.

 

Amakuru aturuka mu Burundi avuga ko Lieutenant Colonel Nkurunziza Jean Marie yapfanye na Kaporali Ndayitwayeko Fidèle wari ushinzwe kumurinda mu gihe hari n’abandi basirikare bahasize ubuzima.

 

 

Baguye mu mirwano yabaye kuri iki Cyumweru tariki 10 Ukwakira 2021, muri komini Bukeye, mu Ntara ya Muramvya.

 

 

 

Ahabereye iriya mirwano hasanzwe hari umupaka n’ishyamba rya Kibira, rivugwamo kuba ririmo ibirindiro by’inyeshyamba zitandukanye zirimo n’izikunze guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

 

Ubwo Lieutenant Colonel Nkurunziza Jean Marie yari akimara kuraswa, yahise ajyanwa ku bitaro bya Giko biri muri komine Bukeye ariko aza kuhagwa mu gihe uriya wamurindaga we yahise apfa akimara kuraswa.

 

Gusa ngo inyeshyamba zakozanyijeho n’ingabo z’u Burundi muri kiriya gitero cyahitanye umusirikare ukomeye, ntiziramenyekana.

 

 

Hari amakuru avuga ko muri iriya mirwano haguyemo abasirikare benshi b’igihugu ndetse n’abarwanyi b’inyeshyamba gusa Igisirikare cy’u Burundi ntacyo kiravuga kuri iriya mirwano.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + seven =

Previous Post

Mu imurika ryakoranyije Ibihugu bya EAC u Rwanda rwerekanye ko ari igicumbi cy’Ubukerarugendo

Next Post

Ihere ijisho Umunya-Brazil utegerejwe muri Rayon Sports ugera mu Rwanda kuri uyu wa gatatu

Related Posts

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

by radiotv10
17/03/2026
0

Mu Mudugudu wa Gakoni, Akagali ka Karama  mu Murenge wa Ruhashya mu Karere ka Huye;  haravugwa urugomo rwakozwe n’abantu bakekwaho...

Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

by radiotv10
17/03/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatumiye intumwa z’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ngo zongere zihurire mu biganiro...

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

by radiotv10
17/03/2026
0

Bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda batangiye urugendo mu Bihugu bigize Umuryango w’Ibikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF) bashyikiriza Abakuru babyo ubutumwa...

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

by radiotv10
16/03/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, zidashobora gukomeza inshingano...

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

by radiotv10
16/03/2026
0

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi mu gusana ibikorwa byangijwe n’ibiza, bagarutse i Kigali...

IZIHERUKA

Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu Amavubi yitegura FIFA Series
FOOTBALL

Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu Amavubi yitegura FIFA Series

by radiotv10
17/03/2026
0

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

17/03/2026
Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

17/03/2026
U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

17/03/2026
U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

16/03/2026
Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

16/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ihere ijisho Umunya-Brazil utegerejwe muri Rayon Sports ugera mu Rwanda kuri uyu wa gatatu

Ihere ijisho Umunya-Brazil utegerejwe muri Rayon Sports ugera mu Rwanda kuri uyu wa gatatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu Amavubi yitegura FIFA Series

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.