Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare b’u Rwanda basoje imyitozo y’injyanamuntu y’Ibihugu 23 yatanzwe n’igisirikare cya America

radiotv10by radiotv10
08/03/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abasirikare b’u Rwanda basoje imyitozo y’injyanamuntu y’Ibihugu 23 yatanzwe n’igisirikare cya America
Share on FacebookShare on Twitter

Imyitozo ya gisirikare yiswe Justified Accord24 yaberaga muri Kenya yahuriyemo Ibihugu 23 birimo u Rwanda, yatangwaga n’Isirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America, yasojwe nyuma y’ibyumweru bibiri.

Iyi myitozo yatangiye tariki 25 Gashyantare 2024, yasojwe kuri uyu wa Kane tariki Indwi Werurwe, aho yaberaga mu Kigo cya NANYUKI-Basic Counter Insurgency, Terrorism, and Stability Operations (CITSO) muri Kenya.

Iyi myitozo ngarukamwaka ihuriramo Ingabo z’Ibihugu bitandukanye, yateguwe n’Itsinda rya gisirikare rizwi nka (SETAF-AF/ US Army Southern European Task Force Africa) rihuriweho n’icya Leta Zunze Ubumwe za America, Itsinda ry’Igisirikare cy’Amajyepfo y’Uburayi ndetse n’irya Afurika.

Ambasaderi Robert Scott, Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ibikorwa bihuriweho n’abasivile n’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America, ushinzwe Afurika, wayoboye umuhango wo gusoza iyi myitozo, yashimiye abayitabiriye ku muhate bagaragaje.

Yabasabye kuzakoresha neza ubumenyi n’imyitozo bahawe mu gutanga umusanzu mu bikorwa by’amahoro n’umutekano ku Mugabane wa Afurika.

Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo za Kenya, Major General David Tarus yashimye ubufatanye bwagaragajwe n’Ingabo z’Ibihugu bitandukanye nubwo zifite byinshi zidahuje, nk’ururimi, ubunararibonye ndetse n’aho bakorera, ariko ko bagaragaje gukorera hamwe, kugeza basoje iyi myitozo.

Yavuze ko uku gushyira hamwe, bakarenga izo mbogamizi zari zihari, bishimangira intego y’iyi myitozo, yo kuba biteguye gukorana mu nshingano zo kurinda umutekano.

Muri iyi myitozo, abayitabiriye bibanze ku bikorwa binyuranye, byo gucunga amahoro n’umutekano, birimo iby’imbaraga za gisirikare, ibya Polisi ndetse n’iby’Abasivile.

Ingabo z’u Rwanda zagaragaje ubuhanga muri iyi myitozo imaze ibyumweru bibiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 15 =

Previous Post

Igisubizo cya Minisiteri y’Ubucuruzi ku nyungu y’Isoko Nyafurika u Rwanda rumazemo imyaka 3

Next Post

Ibivugwa ku bakinnyi b’imwe mu makipe akomeye bamaze amezi 5 batazi uko umushahara usa

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ku bakinnyi b’imwe mu makipe akomeye bamaze amezi 5 batazi uko umushahara usa

Ibivugwa ku bakinnyi b'imwe mu makipe akomeye bamaze amezi 5 batazi uko umushahara usa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.