Saturday, June 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaturage barashinja zimwe mu nzego za Leta kujenjeka mu kurwanya COVID-19

radiotv10by radiotv10
22/06/2021
in MU RWANDA
0
Abaturage barashinja zimwe mu nzego za Leta kujenjeka mu kurwanya COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe imibare y’abandura COVID-19 ikomeje kwiyongera by’umwihariko mu gihe cy’ibyumweru bibiri bishije , hari abaturage bavuga n’ubwo akenshi bishyirwa ku baturage badohoka ku mabwiriza ngo babona  harimo n’uburangare bwa zimwe mu nzego zishinzwe gushyiraho no kugenzura ingamba zo guhangana n’i cyorezo.

Ibyumweru bibiri birashize imibare y’abandura COVID-19 mu Rwanda by’umwihariko mu mujyi wa Kigali, ibi byatumye mu gihugu hose hakazwa ingamba nshya zirimo kugabanya amasaha y’ingendo, gushyira tumwe mu turere muri guma mu karere n’ibindi.

Kabone n’aho inzego zikunze kuvuga ko abaturage bateshuka ku mabwiriza , hari abaturage batarya iminwa mu gutunga agatoki inzego zishinzwe gushyiraho no kugenzura aya mabwiriza kuba hari aho zagize uburangare, ibi bakabivuga bifashishije na zimwe mu ngero z’ibyabaye.

Nteziyaremye Mercole yagize ati”Nonese nawe ahatarabaye uburangare nihe? .. nko mu minsi ishize amategeko yavugaga ko bisi itagomba kurenza 75%, ariko njye nategaga bisi twagendaga tugerekeranye ahubwo ubanza 100% ryararengaga kandi nta mupolisi wigeze aduhagarika twabanyuragaho ntibagire icyo batubaza”

Rugwiro Mechack nawe ati”Ubwo ikirunga giheruka kuruka abanyekongo bakaza mu Rwanda…..yego byabaye bitunguranye ariko ntibari bakwiye kubareka ngo bahite bakwiragira mu banyarwanda batarabanje no kubapima”

Mu minsi ishize ubwo Ministiri w’ubuzima Dr Daniel Ngamije yasonaburaga impamvu babona yaba yarateye izamuka ry’iyi mibare we yavuze ko intandaro yatewe n’uruhurirane rw’impamvu zigera kuri eshatu asobanura muri ubu buryo.

“Intandaro y’ubwiyongere bw’iyi mibare ikomatanirije mu bintu bitatu; iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo ryatumye hinjira abantu benshi mu gihugu, harimo ababashije gupimwa ariko hari n’abatarapimwe. Hari abanyarwanda bari kuva Uganda abenshi banyura inzira za panya muri bo harimo abenshi baba banduye kandi murabizi ko muri uganda icyorezo kimeze nabi dore ko bo bagie no muri guma mu rugo”

Kugeza ubu Minisiteri y’ubuzima irerekana ko imibare y’abarwaye COVID-19 ari 3727 muri bo 2440 banduye mu cyumweru kimwe gusa giheruka nyamara hari hashize amezi agera muri atatu abarwayi batarenga 1500.

Inkuru ya: Olivier TUYISENGE/Radio &TV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 4 =

Previous Post

UBUREZI: Byagenze bite ngo abanyeshuri bubahuke abarimu babigisha?

Next Post

Aratabaza inshuti n’abagiraneza ko bamufasha mu buryo bw’ubushobozi bwo kuvuza umugore we umaze igihe kinini arwaye

Related Posts

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

by radiotv10
27/06/2025
0

After a diplomatic dispute flared up between Belgium and Rwanda, Rwandans who want to visit Sweden can no longer apply...

Two other senior RDF officers have completed their studies in Uganda

Two other senior RDF officers have completed their studies in Uganda

by radiotv10
27/06/2025
0

Two officers holding the rank of Major in the Rwanda Defense Forces have completed their studies at the Senior Command...

Kigali: Umugore akurikiranyweho gukura amenyo umwana we amukubise umwuko amuhoye 200Frw

Kigali: Umugore akurikiranyweho gukura amenyo umwana we amukubise umwuko amuhoye 200Frw

by radiotv10
27/06/2025
0

Umugore w’imyaka 34 wo mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, akurikiranyweho guhoza umwana ku nkeke nyuma yo gukubita...

Min.Nduhungirehe yakosoye ibyatangajwe n’ikinyamakuru ku masezerano asinywa n’u Rwanda na Congo

Min.Nduhungirehe yakosoye ibyatangajwe n’ikinyamakuru ku masezerano asinywa n’u Rwanda na Congo

by radiotv10
27/06/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yakosoye ibyatangajwe n’ikinyamakuru ko mu masezerano asinywa n’u Rwanda na DRC harimo ko...

IZIHERUKA

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi
MU RWANDA

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
Two other senior RDF officers have completed their studies in Uganda

Two other senior RDF officers have completed their studies in Uganda

27/06/2025
Kigali: Umugore akurikiranyweho gukura amenyo umwana we amukubise umwuko amuhoye 200Frw

Kigali: Umugore akurikiranyweho gukura amenyo umwana we amukubise umwuko amuhoye 200Frw

27/06/2025
Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

27/06/2025
Min.Nduhungirehe yakosoye ibyatangajwe n’ikinyamakuru ku masezerano asinywa n’u Rwanda na Congo

Min.Nduhungirehe yakosoye ibyatangajwe n’ikinyamakuru ku masezerano asinywa n’u Rwanda na Congo

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Aratabaza inshuti n’abagiraneza ko bamufasha mu buryo bw’ubushobozi bwo  kuvuza umugore  we umaze igihe kinini arwaye

Aratabaza inshuti n'abagiraneza ko bamufasha mu buryo bw'ubushobozi bwo kuvuza umugore we umaze igihe kinini arwaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

Two other senior RDF officers have completed their studies in Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.