Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaturage barashinja zimwe mu nzego za Leta kujenjeka mu kurwanya COVID-19

radiotv10by radiotv10
22/06/2021
in MU RWANDA
0
Abaturage barashinja zimwe mu nzego za Leta kujenjeka mu kurwanya COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe imibare y’abandura COVID-19 ikomeje kwiyongera by’umwihariko mu gihe cy’ibyumweru bibiri bishije , hari abaturage bavuga n’ubwo akenshi bishyirwa ku baturage badohoka ku mabwiriza ngo babona  harimo n’uburangare bwa zimwe mu nzego zishinzwe gushyiraho no kugenzura ingamba zo guhangana n’i cyorezo.

Ibyumweru bibiri birashize imibare y’abandura COVID-19 mu Rwanda by’umwihariko mu mujyi wa Kigali, ibi byatumye mu gihugu hose hakazwa ingamba nshya zirimo kugabanya amasaha y’ingendo, gushyira tumwe mu turere muri guma mu karere n’ibindi.

Kabone n’aho inzego zikunze kuvuga ko abaturage bateshuka ku mabwiriza , hari abaturage batarya iminwa mu gutunga agatoki inzego zishinzwe gushyiraho no kugenzura aya mabwiriza kuba hari aho zagize uburangare, ibi bakabivuga bifashishije na zimwe mu ngero z’ibyabaye.

Nteziyaremye Mercole yagize ati”Nonese nawe ahatarabaye uburangare nihe? .. nko mu minsi ishize amategeko yavugaga ko bisi itagomba kurenza 75%, ariko njye nategaga bisi twagendaga tugerekeranye ahubwo ubanza 100% ryararengaga kandi nta mupolisi wigeze aduhagarika twabanyuragaho ntibagire icyo batubaza”

Rugwiro Mechack nawe ati”Ubwo ikirunga giheruka kuruka abanyekongo bakaza mu Rwanda…..yego byabaye bitunguranye ariko ntibari bakwiye kubareka ngo bahite bakwiragira mu banyarwanda batarabanje no kubapima”

Mu minsi ishize ubwo Ministiri w’ubuzima Dr Daniel Ngamije yasonaburaga impamvu babona yaba yarateye izamuka ry’iyi mibare we yavuze ko intandaro yatewe n’uruhurirane rw’impamvu zigera kuri eshatu asobanura muri ubu buryo.

“Intandaro y’ubwiyongere bw’iyi mibare ikomatanirije mu bintu bitatu; iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo ryatumye hinjira abantu benshi mu gihugu, harimo ababashije gupimwa ariko hari n’abatarapimwe. Hari abanyarwanda bari kuva Uganda abenshi banyura inzira za panya muri bo harimo abenshi baba banduye kandi murabizi ko muri uganda icyorezo kimeze nabi dore ko bo bagie no muri guma mu rugo”

Kugeza ubu Minisiteri y’ubuzima irerekana ko imibare y’abarwaye COVID-19 ari 3727 muri bo 2440 banduye mu cyumweru kimwe gusa giheruka nyamara hari hashize amezi agera muri atatu abarwayi batarenga 1500.

Inkuru ya: Olivier TUYISENGE/Radio &TV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

UBUREZI: Byagenze bite ngo abanyeshuri bubahuke abarimu babigisha?

Next Post

Aratabaza inshuti n’abagiraneza ko bamufasha mu buryo bw’ubushobozi bwo kuvuza umugore we umaze igihe kinini arwaye

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Aratabaza inshuti n’abagiraneza ko bamufasha mu buryo bw’ubushobozi bwo  kuvuza umugore  we umaze igihe kinini arwaye

Aratabaza inshuti n'abagiraneza ko bamufasha mu buryo bw'ubushobozi bwo kuvuza umugore we umaze igihe kinini arwaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.