• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaturage barashinja zimwe mu nzego za Leta kujenjeka mu kurwanya COVID-19

radiotv10by radiotv10
22/06/2021
in MU RWANDA
0
Abaturage barashinja zimwe mu nzego za Leta kujenjeka mu kurwanya COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe imibare y’abandura COVID-19 ikomeje kwiyongera by’umwihariko mu gihe cy’ibyumweru bibiri bishije , hari abaturage bavuga n’ubwo akenshi bishyirwa ku baturage badohoka ku mabwiriza ngo babona  harimo n’uburangare bwa zimwe mu nzego zishinzwe gushyiraho no kugenzura ingamba zo guhangana n’i cyorezo.

Ibyumweru bibiri birashize imibare y’abandura COVID-19 mu Rwanda by’umwihariko mu mujyi wa Kigali, ibi byatumye mu gihugu hose hakazwa ingamba nshya zirimo kugabanya amasaha y’ingendo, gushyira tumwe mu turere muri guma mu karere n’ibindi.

Kabone n’aho inzego zikunze kuvuga ko abaturage bateshuka ku mabwiriza , hari abaturage batarya iminwa mu gutunga agatoki inzego zishinzwe gushyiraho no kugenzura aya mabwiriza kuba hari aho zagize uburangare, ibi bakabivuga bifashishije na zimwe mu ngero z’ibyabaye.

Nteziyaremye Mercole yagize ati”Nonese nawe ahatarabaye uburangare nihe? .. nko mu minsi ishize amategeko yavugaga ko bisi itagomba kurenza 75%, ariko njye nategaga bisi twagendaga tugerekeranye ahubwo ubanza 100% ryararengaga kandi nta mupolisi wigeze aduhagarika twabanyuragaho ntibagire icyo batubaza”

Rugwiro Mechack nawe ati”Ubwo ikirunga giheruka kuruka abanyekongo bakaza mu Rwanda…..yego byabaye bitunguranye ariko ntibari bakwiye kubareka ngo bahite bakwiragira mu banyarwanda batarabanje no kubapima”

Mu minsi ishize ubwo Ministiri w’ubuzima Dr Daniel Ngamije yasonaburaga impamvu babona yaba yarateye izamuka ry’iyi mibare we yavuze ko intandaro yatewe n’uruhurirane rw’impamvu zigera kuri eshatu asobanura muri ubu buryo.

“Intandaro y’ubwiyongere bw’iyi mibare ikomatanirije mu bintu bitatu; iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo ryatumye hinjira abantu benshi mu gihugu, harimo ababashije gupimwa ariko hari n’abatarapimwe. Hari abanyarwanda bari kuva Uganda abenshi banyura inzira za panya muri bo harimo abenshi baba banduye kandi murabizi ko muri uganda icyorezo kimeze nabi dore ko bo bagie no muri guma mu rugo”

Kugeza ubu Minisiteri y’ubuzima irerekana ko imibare y’abarwaye COVID-19 ari 3727 muri bo 2440 banduye mu cyumweru kimwe gusa giheruka nyamara hari hashize amezi agera muri atatu abarwayi batarenga 1500.

Inkuru ya: Olivier TUYISENGE/Radio &TV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

UBUREZI: Byagenze bite ngo abanyeshuri bubahuke abarimu babigisha?

Next Post

Aratabaza inshuti n’abagiraneza ko bamufasha mu buryo bw’ubushobozi bwo kuvuza umugore we umaze igihe kinini arwaye

Related Posts

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

by radiotv10
01/07/2026
0

Umugore n’umugabo we bo Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, bakurikiranyweho kwica umwana w’umuturanyi wabo w’imyaka ibiri bakoresheje icyuma...

Inama zigirwa Abaturarwanda ku ikoreshwa ry’amazi muri iki gihe yabaye imbonekarimwe

Inama zigirwa Abaturarwanda ku ikoreshwa ry’amazi muri iki gihe yabaye imbonekarimwe

by radiotv10
01/07/2026
0

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amazi, Isuku n'lsukura (WASAC Group) kirakangurira abafatabuguzi bacyo gukoresha neza amazi muri iki gihe cy’impeshyi, no gushaka...

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Kagame

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Kagame

by radiotv10
01/07/2026
0

Inama y’Abaminisitisi yayobowe na Perezida Paul Kagame, yasuzumiwemo ingingo zinyuranye zirimo ibirebana n’ubukungu bw’u Rwanda, kunoza amatora mu buyobozi bw'inzego...

Next Post
Aratabaza inshuti n’abagiraneza ko bamufasha mu buryo bw’ubushobozi bwo  kuvuza umugore  we umaze igihe kinini arwaye

Aratabaza inshuti n'abagiraneza ko bamufasha mu buryo bw'ubushobozi bwo kuvuza umugore we umaze igihe kinini arwaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.