• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaturiye akabari kitiriwe CHOGM ko muri Kigali bavuze uruhuri rw’ibyo bakanenga

radiotv10by radiotv10
03/06/2026
in MU RWANDA
0
Abaturiye akabari kitiriwe CHOGM ko muri Kigali bavuze uruhuri rw’ibyo bakanenga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Nyamugari mu Murenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo, baturiye akabari kitwa CHOGM-SPA, bavuga ko gafite inenge nyinshi, zirimo umwanda ukabije, ndetse no kuba nyirako afite imbwa nyinshi, ajya ashumuriza abanyerondo.

Abaganiriye n’Ikinyamaukuru cyitwa Ukwelitimes dukesha aya makuru, bavuga aka kabari kababangamiye kuko uretse umwanda n’ikibazo cy’imbwa zirenga 20, kanabasakuriza kuko gakora amasaha yose.

Banavuga ko aka kabari kabamo imbwa nyinshi zirenga 20 ndetse hari n’ubwo zirya abantu baba bagiye kukanyweramo ndetse rimwe na rimwe zikanashumurizwa abanyerondo.

Umwe mu baturage batuye muri aka gace witwa Bigirimana Emmanuel, yavuze ko nyiri aka kabari aherutse gushumuriza izo mbwa zirenga 20 zimwe mu nzego z’umutekano zari zigiye muri ako kabari kugenzuramo umutekano.

Yagize ati “Abanyerondo baherutse kujyamo babashumuriza imbwa bahita biruka bose barahatinya nta ujya ahajya nijoro.”

Yakomeje agira ati “Uzi umwanda uba muri kariya kabari? Noneho ko kanakora amasaha yose yewe unagiyemo saa munani z’ijoro wasanga gakora, yaba muri sauna hose baba barimo gukora n’amalodge yose gusa ikibabaje habamo umwanda mwinshi wagira ngo nta bayobozi aka gace kagira kubera ko baragenda bakabaha akantu bagahita bigendera bakirengagiza ibikaberamo.”

Umugore uyobora Umudugudu aka kabari ka CHOGM – SPA, gaherereyemo yatangaje ko basanze muri aka kabari habamo imbwa 24.

Ati “Twasanze habamo imbwa nyinshi cyane, imbwa 24 ku buryo ari ikibazo gikomeye.”

Yongeyeho ko nyiri ako kabari yababwiye ko izo mbwa zimufasha kurwanya abajura kubera ko mbere yuko azizana bahoraga bamwiba.

Aka kabari kandi kafunzwe n’inzego zirimo iz’ibanze n’iz’umutekano, kubera ibibazo bikavugwamo, byumwihariko umwanda ukabije ukavugwamo.

Ivomo: Ukwelitimes

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 4 =

Previous Post

Ubutumwa APR yageneye abakinnyi bayo yemeje ku mugaragaro yo batandukanye

Next Post

Hagati ya America na Iran byongeye gukomera

Related Posts

Hatanzwe itegeko ko hacuruzwa Litiro miliyoni 2 z’ibikomoka kuri Peteroli zimaze igihe mu bubiko mu Rwanda

Hatanzwe itegeko ko hacuruzwa Litiro miliyoni 2 z’ibikomoka kuri Peteroli zimaze igihe mu bubiko mu Rwanda

by radiotv10
03/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’amahoro, bwasabye ko Lilito miliyoni 1,9 z’ibikomoka kuri Peteroli zimaze amezi atandatu mu bubiko, zishyirwa ku...

Eng.-President Kagame says the choice made by Rwanda and France is bearing fruit

Eng.-President Kagame says the choice made by Rwanda and France is bearing fruit

by radiotv10
03/06/2026
0

President Paul Kagame has praised France for the positive steps it has taken towards a new direction in its relationship...

Perezida Kagame yavuze ko amahitamo u Rwanda n’u Bufaransa bafashe amaze kwera imbuto zishimishije

Perezida Kagame yavuze ko amahitamo u Rwanda n’u Bufaransa bafashe amaze kwera imbuto zishimishije

by radiotv10
03/06/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye u Bufaransa ku ntambwe nziza bwateye z’icyerekezo gishya mu mibanire yabwo n’u Rwanda, yatumye Ibihugu byombi...

Perezida Kagame na Macron bafunguye Urwibutso rwa Jenoside i Paris mu Bufaransa

Perezida Kagame na Macron bafunguye Urwibutso rwa Jenoside i Paris mu Bufaransa

by radiotv10
03/06/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari i Paris mu Bufaransa, bafatanyije na Emmanuel Macron mu gikorwa cyo gufungura...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Next Post
Hagati ya America na Iran byongeye gukomera

Hagati ya America na Iran byongeye gukomera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hagati ya America na Iran byongeye gukomera

Abaturiye akabari kitiriwe CHOGM ko muri Kigali bavuze uruhuri rw’ibyo bakanenga

Ubutumwa APR yageneye abakinnyi bayo yemeje ku mugaragaro yo batandukanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.