Sunday, April 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaturuka mu Bihugu 9 birimo Mozambique na S.Africa bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi 7

radiotv10by radiotv10
29/11/2021
in MU RWANDA
0
Abaturuka mu Bihugu 9 birimo Mozambique na S.Africa bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi 7
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abaturuka mu Bihugu icyenda (9) birimo Mozambique, Malawi na Zimbabwe, bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi irindwi mu rwego rwo gukumira no kwirinda ikwirakwira ry’ubwoko bushya bwa COVID-19 bwa Omicron buherutse kugaragara.

Itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ubuzima, rivuga ko mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’ubwoko bushya bwa COVID-19 bwa Omicron buhangayikishije Isi, abantu baturuka muri ibi Bihugu icyenda bazajya bashyirirwaho umwihariko w’akato.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko abazajya bashyirwa mu kato k’iminsi irindwi ari abazaba baturutse muri Botswana, Eswatini, Lesotho, Malawi, Mozambique, Namibia, Afurika y’Epfo, Zambia na Zimbabwe.

Iri tangazo rya Minisiteri y’Ubuzima rivuga ko urutonde rw’ibi Bihugu ruzagenda ruvugururwa bitewe n’uko ubu bwoko bushya bwa COVID-19 buzaba buhagaze ku Isi.

Iri tangazo kandi rivuga ko abandi bagenzi baza baturutse mu bindi Bihugu bo bazajya bashyirwa mu kato k’Umunsi umwe.

Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuri iki Cyumweru tariki 28 Ugushyingo 2021, yari yafatiwemo ibyeyemezo by’uko u Rwanda ruhagaritse ingendo z’indege ziruhuza n’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika.

Itangazo ry’Ibyemezo by’iyi Nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Paul Kagame, byavugaga ko abagenzi baruka mu Bihugu byagaragayemo ubu bwoko bushya bwa COVID-19, bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi irindwi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Banki ya Equity yatangije gahunda izabera ikiraro bamwe mu barangije ayisumbuye

Next Post

Burera: Abanyeshuri batatu bari bagiye mu mupira bibese bagenzi babo bajya koga bararohama

Related Posts

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

by radiotv10
19/04/2026
0

Mu mudugudu wa Nyagatare mu kagari ka Shagasha mu murenge wa Gihundwe habonetse imibiri itandatu y’abishwe muri jenoside yakorewe abatutsi...

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

by radiotv10
18/04/2026
0

Nyuma yuko umusore anyujije ubutumwa bw'amashusho ku mbuga nkoranyambaga avuga ko ari gutabariza abamotari bagenzi be bo mu Karere ka...

Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa

Important things to use a bank loan for and get good returns

by radiotv10
18/04/2026
0

In today’s economy, loans from banks can be a powerful tool, not just a financial burden. When used wisely, they...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Abasore bashinjwa guhabwa akazi n’umugabo ngo bamwicire umugore bahishuye impamvu yagambiriye kumwica

by radiotv10
17/04/2026
0

Abasore bane bakekwaho guhabwa akazi n’umugabo wo mu Murenge wa Rambura mu Karere ka Nyabihu ko kumwicira umugore, bemera icyaha...

Twinjire mu mizi y’intandaro y’itumbagira rya ‘Divorce-Gatanya’ mu Rwanda n’uburyo bushya bwayica intege

Hagiye hanze imibare ya vuba yerekana ishusho ya gatanya mu Rwanda n’uko Intara zikurikirana

by radiotv10
17/04/2026
0

Imibare igaragaza ko umwaka ushize wa 2025, ingo zahawe gatanya binyuze mu Nkiko mu Rwanda ari 2 629, aho muri...

IZIHERUKA

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse
MU RWANDA

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

by radiotv10
19/04/2026
0

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

18/04/2026
Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa

Important things to use a bank loan for and get good returns

18/04/2026
Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

17/04/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Abasore bashinjwa guhabwa akazi n’umugabo ngo bamwicire umugore bahishuye impamvu yagambiriye kumwica

17/04/2026
Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

17/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Burera: Abanyeshuri batatu bari bagiye mu mupira bibese bagenzi babo bajya koga bararohama

Burera: Abanyeshuri batatu bari bagiye mu mupira bibese bagenzi babo bajya koga bararohama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Important things to use a bank loan for and get good returns

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.