Monday, March 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaturuka mu Bihugu 9 birimo Mozambique na S.Africa bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi 7

radiotv10by radiotv10
29/11/2021
in MU RWANDA
0
Abaturuka mu Bihugu 9 birimo Mozambique na S.Africa bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi 7
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abaturuka mu Bihugu icyenda (9) birimo Mozambique, Malawi na Zimbabwe, bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi irindwi mu rwego rwo gukumira no kwirinda ikwirakwira ry’ubwoko bushya bwa COVID-19 bwa Omicron buherutse kugaragara.

Itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ubuzima, rivuga ko mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’ubwoko bushya bwa COVID-19 bwa Omicron buhangayikishije Isi, abantu baturuka muri ibi Bihugu icyenda bazajya bashyirirwaho umwihariko w’akato.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko abazajya bashyirwa mu kato k’iminsi irindwi ari abazaba baturutse muri Botswana, Eswatini, Lesotho, Malawi, Mozambique, Namibia, Afurika y’Epfo, Zambia na Zimbabwe.

Iri tangazo rya Minisiteri y’Ubuzima rivuga ko urutonde rw’ibi Bihugu ruzagenda ruvugururwa bitewe n’uko ubu bwoko bushya bwa COVID-19 buzaba buhagaze ku Isi.

Iri tangazo kandi rivuga ko abandi bagenzi baza baturutse mu bindi Bihugu bo bazajya bashyirwa mu kato k’Umunsi umwe.

Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuri iki Cyumweru tariki 28 Ugushyingo 2021, yari yafatiwemo ibyeyemezo by’uko u Rwanda ruhagaritse ingendo z’indege ziruhuza n’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika.

Itangazo ry’Ibyemezo by’iyi Nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Paul Kagame, byavugaga ko abagenzi baruka mu Bihugu byagaragayemo ubu bwoko bushya bwa COVID-19, bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi irindwi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Banki ya Equity yatangije gahunda izabera ikiraro bamwe mu barangije ayisumbuye

Next Post

Burera: Abanyeshuri batatu bari bagiye mu mupira bibese bagenzi babo bajya koga bararohama

Related Posts

Mobile Money Rwanda Ltd Unveils ‘MoFlex’: A Revolutionary microloan solution

Mobile Money Rwanda Ltd Unveils ‘MoFlex’: A Revolutionary microloan solution

by radiotv10
30/03/2026
0

Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda), in partnership with Ecobank Rwanda Plc and YABX Technologies (Netherlands) B.V , is pleased...

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

by radiotv10
30/03/2026
0

Ikibazo cy’ibishyimbo byaranduwe mu Mujyi wa Kigali cyagatsweho na Komiseri muri FPR-Inkotanyi akagaya Abayobozi babikoze, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwari...

Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi

Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi

by radiotv10
30/03/2026
0

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko umubare w’abakora akazi katemewe k’uburaya muri uyu Mujyi umaze kugera ku bihumbi icyenda (9...

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

by radiotv10
30/03/2026
0

Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva yageze i Bangui muri Repubulika ya Centrafrique ahagiye kubera irahira rya Faustin-Archange Touadéra wongeye gutorerwa...

Eng.-PM Dr. Nsengiyumva Arrives in Bangui to Represent President Kagame at Touadéra’s Inauguration

Eng.-PM Dr. Nsengiyumva Arrives in Bangui to Represent President Kagame at Touadéra’s Inauguration

by radiotv10
30/03/2026
0

The Prime Minister, Dr. Justin Nsengiyumva, has arrived in Bangui in the Central African Republic, where he will attend the...

IZIHERUKA

Mobile Money Rwanda Ltd Unveils ‘MoFlex’: A Revolutionary microloan solution
MU RWANDA

Mobile Money Rwanda Ltd Unveils ‘MoFlex’: A Revolutionary microloan solution

by radiotv10
30/03/2026
0

Igisirikare cya Congo cyagize icyo kivuga ku gusenya FDLR imaze imyaka myinshi baranywanye

Igisirikare cya Congo cyagize icyo kivuga ku gusenya FDLR imaze imyaka myinshi baranywanye

30/03/2026
Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

30/03/2026
Iran yemeje urupfu rw’undi wo mu buyobozi bw’Igisirikare cyayo

Iran yemeje urupfu rw’undi wo mu buyobozi bw’Igisirikare cyayo

30/03/2026
Perezida wo muri Afurika yahaye icyifuzo Trump abona ari we wenyine ugifitiye ubushobozi

Perezida wo muri Afurika yahaye icyifuzo Trump abona ari we wenyine ugifitiye ubushobozi

30/03/2026
Icyo Umuvugizi wa M23 avuga ku bihano America yamufatiye rimwe na Gen.(Rtd) Kabarebe

AFC/M23 yatangaje amazina n’umubare w’abahitanywe n’ibindi bitero byakoranywe ubugome ndengakamere

30/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Burera: Abanyeshuri batatu bari bagiye mu mupira bibese bagenzi babo bajya koga bararohama

Burera: Abanyeshuri batatu bari bagiye mu mupira bibese bagenzi babo bajya koga bararohama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mobile Money Rwanda Ltd Unveils ‘MoFlex’: A Revolutionary microloan solution

Igisirikare cya Congo cyagize icyo kivuga ku gusenya FDLR imaze imyaka myinshi baranywanye

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.