Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abatuye i Nyamata ntibazi impamvu babuzwa kwinjira muri Kigali

radiotv10by radiotv10
05/07/2021
in MU RWANDA
0
Abatuye i Nyamata ntibazi impamvu babuzwa kwinjira muri Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe ku ifungwa ry’ingendo zihuza uturere abaturuka mu duce twegeranye na Kigali bemererwaga kuhaza, kuri ubu abaturuka n’abajya muri Nyamata ya Bugesera bo baravuga ko batabyemerewe.

Bisa n’ibimaze kumenyerwa ko igihe cy’ingamba zo gufunga ingendo zihuza uturere, kimwe nk’utundi duce twegereye Kigali, Nyamata yo mu karere ka Bugesera nayo ibarirwa ku mujyi wa Kigali bityo abaho bakemererwa kugenderanira n’abaturanyi b’i Kigali.

Icyakora kuri iyi nshuro ho si ko byagenze, kuri Nyamata byabaye nk’umwihariko ku buryo ntawe merewe kuhava ajya cyangwa ava mu mujyi wa Kigali.

Iyo uri ku kiraro cya Nyabarongo, umugezi ufatwa nk’urubibi rugabanya Kicukiro ya Kigali winjira muri Nyamata ya Bugesera ubona moto ziraturuka i Kigali zagera kuri iki kiraro zigaparika, abo zihetse  bakavaho bakagenda n’amaguru nyuma bagera hakurya y’ikiraro bagasobanura ikibagenza n’abaturuka ku ruhnde rw’ i Bugesera kandi nabo ni uko bigenda mbere yo kwinjira umurwa mukuru w’u Rwanda.

Abaturage b’impande zombi  bavuga ko bari mu gihirahiro kuko batigeze basobanurirwa impamvu ingendo zafunzwe kuko hari nk’abaturanyi bari bafite ibikorwa bakorera hakurya mu buzima bwabo bwa buri munsi bityo uyu munsi bakaba batemerewe gukurukirana ibikorwa byabo.

Umwe mu baturage baganiriye na Radio &TV10 bari muri aka gace,  Faustin  Kagiraneza yagize ati” Natwe ubu byaratuyobeye ikintu tuzira, ubundi twajyaga twemererwa  kugenderana ariko ubu si ko bimeze.”

Image

Abatuye i Nyamata ntibazi impamvu babuzwa kwinjira muri Kigali

Uwitwa Bizimungu Jean Paul we yavuze ko yahombye cyane kuko hari ubucuruzi akorera muri Kigali none ngo ntiyemererwa gutambuka.

“Hari ibyo nkorera i Kigali,ariko kubera ko badufungiye ingendo ,hari ubwo ngera aha bakanga ko ntambuka,ubu rero narahombye cyane.” Bizimungu

Bavuga ko batigeze babwirwa impamvu bo bangiwe kugenderana n’abanyakigali kandi utundi duce twemerewe, bagasaba ko bakomorerwa kuko birikubashyira mu gihombo gikomeye.

Twabajije Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu impamvu Kuri iyi nshuro Bugesera (Nyamata) yabujijwe kugenderanira na Kigali.

Umuvugizi w’iyi Minisiteri, Havugimana Curio avuga ko byatewe n’isesengura ry’inzego z’ubuzima ku cyorezo cya COVID19, bituma Nyamata ifatwa nk’umwihariko.

Mu magambo ye yagize ati” Ibyemezo byose bifatwa hagendewe ku isesengura riba ryakozwe ku cyorezo cya COVID-19 bityo rero turabasaba kuba bihanganye bagategereza igihe ingamba zizavugururirwa.”

Inkuru ya: Eugenie Nyiransabimana

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − five =

Previous Post

Ndayisaba Fabrice Foundation(NFF) basoje igikorwa cyo kwibuka abana bazize Jenoside, akangurira urubyiruko kwirinda gushukwa

Next Post

Kigali: Batewe impungenge n’uburyo batwarwamo iyo barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal FC yatsinze Bayern Munich ibitego 3-1 mu mukino w'Irushanwa ry'i...

IZIHERUKA

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza
IBYAMAMARE

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Batewe impungenge n’uburyo batwarwamo iyo barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

Kigali: Batewe impungenge n’uburyo batwarwamo iyo barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.