Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abatuye i Nyamata ntibazi impamvu babuzwa kwinjira muri Kigali

radiotv10by radiotv10
05/07/2021
in MU RWANDA
0
Abatuye i Nyamata ntibazi impamvu babuzwa kwinjira muri Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe ku ifungwa ry’ingendo zihuza uturere abaturuka mu duce twegeranye na Kigali bemererwaga kuhaza, kuri ubu abaturuka n’abajya muri Nyamata ya Bugesera bo baravuga ko batabyemerewe.

Bisa n’ibimaze kumenyerwa ko igihe cy’ingamba zo gufunga ingendo zihuza uturere, kimwe nk’utundi duce twegereye Kigali, Nyamata yo mu karere ka Bugesera nayo ibarirwa ku mujyi wa Kigali bityo abaho bakemererwa kugenderanira n’abaturanyi b’i Kigali.

Icyakora kuri iyi nshuro ho si ko byagenze, kuri Nyamata byabaye nk’umwihariko ku buryo ntawe merewe kuhava ajya cyangwa ava mu mujyi wa Kigali.

Iyo uri ku kiraro cya Nyabarongo, umugezi ufatwa nk’urubibi rugabanya Kicukiro ya Kigali winjira muri Nyamata ya Bugesera ubona moto ziraturuka i Kigali zagera kuri iki kiraro zigaparika, abo zihetse  bakavaho bakagenda n’amaguru nyuma bagera hakurya y’ikiraro bagasobanura ikibagenza n’abaturuka ku ruhnde rw’ i Bugesera kandi nabo ni uko bigenda mbere yo kwinjira umurwa mukuru w’u Rwanda.

Abaturage b’impande zombi  bavuga ko bari mu gihirahiro kuko batigeze basobanurirwa impamvu ingendo zafunzwe kuko hari nk’abaturanyi bari bafite ibikorwa bakorera hakurya mu buzima bwabo bwa buri munsi bityo uyu munsi bakaba batemerewe gukurukirana ibikorwa byabo.

Umwe mu baturage baganiriye na Radio &TV10 bari muri aka gace,  Faustin  Kagiraneza yagize ati” Natwe ubu byaratuyobeye ikintu tuzira, ubundi twajyaga twemererwa  kugenderana ariko ubu si ko bimeze.”

Image

Abatuye i Nyamata ntibazi impamvu babuzwa kwinjira muri Kigali

Uwitwa Bizimungu Jean Paul we yavuze ko yahombye cyane kuko hari ubucuruzi akorera muri Kigali none ngo ntiyemererwa gutambuka.

“Hari ibyo nkorera i Kigali,ariko kubera ko badufungiye ingendo ,hari ubwo ngera aha bakanga ko ntambuka,ubu rero narahombye cyane.” Bizimungu

Bavuga ko batigeze babwirwa impamvu bo bangiwe kugenderana n’abanyakigali kandi utundi duce twemerewe, bagasaba ko bakomorerwa kuko birikubashyira mu gihombo gikomeye.

Twabajije Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu impamvu Kuri iyi nshuro Bugesera (Nyamata) yabujijwe kugenderanira na Kigali.

Umuvugizi w’iyi Minisiteri, Havugimana Curio avuga ko byatewe n’isesengura ry’inzego z’ubuzima ku cyorezo cya COVID19, bituma Nyamata ifatwa nk’umwihariko.

Mu magambo ye yagize ati” Ibyemezo byose bifatwa hagendewe ku isesengura riba ryakozwe ku cyorezo cya COVID-19 bityo rero turabasaba kuba bihanganye bagategereza igihe ingamba zizavugururirwa.”

Inkuru ya: Eugenie Nyiransabimana

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + twenty =

Previous Post

Ndayisaba Fabrice Foundation(NFF) basoje igikorwa cyo kwibuka abana bazize Jenoside, akangurira urubyiruko kwirinda gushukwa

Next Post

Kigali: Batewe impungenge n’uburyo batwarwamo iyo barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Batewe impungenge n’uburyo batwarwamo iyo barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

Kigali: Batewe impungenge n’uburyo batwarwamo iyo barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.