Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abatuye i Nyamata ntibazi impamvu babuzwa kwinjira muri Kigali

radiotv10by radiotv10
05/07/2021
in MU RWANDA
0
Abatuye i Nyamata ntibazi impamvu babuzwa kwinjira muri Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe ku ifungwa ry’ingendo zihuza uturere abaturuka mu duce twegeranye na Kigali bemererwaga kuhaza, kuri ubu abaturuka n’abajya muri Nyamata ya Bugesera bo baravuga ko batabyemerewe.

Bisa n’ibimaze kumenyerwa ko igihe cy’ingamba zo gufunga ingendo zihuza uturere, kimwe nk’utundi duce twegereye Kigali, Nyamata yo mu karere ka Bugesera nayo ibarirwa ku mujyi wa Kigali bityo abaho bakemererwa kugenderanira n’abaturanyi b’i Kigali.

Icyakora kuri iyi nshuro ho si ko byagenze, kuri Nyamata byabaye nk’umwihariko ku buryo ntawe merewe kuhava ajya cyangwa ava mu mujyi wa Kigali.

Iyo uri ku kiraro cya Nyabarongo, umugezi ufatwa nk’urubibi rugabanya Kicukiro ya Kigali winjira muri Nyamata ya Bugesera ubona moto ziraturuka i Kigali zagera kuri iki kiraro zigaparika, abo zihetse  bakavaho bakagenda n’amaguru nyuma bagera hakurya y’ikiraro bagasobanura ikibagenza n’abaturuka ku ruhnde rw’ i Bugesera kandi nabo ni uko bigenda mbere yo kwinjira umurwa mukuru w’u Rwanda.

Abaturage b’impande zombi  bavuga ko bari mu gihirahiro kuko batigeze basobanurirwa impamvu ingendo zafunzwe kuko hari nk’abaturanyi bari bafite ibikorwa bakorera hakurya mu buzima bwabo bwa buri munsi bityo uyu munsi bakaba batemerewe gukurukirana ibikorwa byabo.

Umwe mu baturage baganiriye na Radio &TV10 bari muri aka gace,  Faustin  Kagiraneza yagize ati” Natwe ubu byaratuyobeye ikintu tuzira, ubundi twajyaga twemererwa  kugenderana ariko ubu si ko bimeze.”

Image

Abatuye i Nyamata ntibazi impamvu babuzwa kwinjira muri Kigali

Uwitwa Bizimungu Jean Paul we yavuze ko yahombye cyane kuko hari ubucuruzi akorera muri Kigali none ngo ntiyemererwa gutambuka.

“Hari ibyo nkorera i Kigali,ariko kubera ko badufungiye ingendo ,hari ubwo ngera aha bakanga ko ntambuka,ubu rero narahombye cyane.” Bizimungu

Bavuga ko batigeze babwirwa impamvu bo bangiwe kugenderana n’abanyakigali kandi utundi duce twemerewe, bagasaba ko bakomorerwa kuko birikubashyira mu gihombo gikomeye.

Twabajije Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu impamvu Kuri iyi nshuro Bugesera (Nyamata) yabujijwe kugenderanira na Kigali.

Umuvugizi w’iyi Minisiteri, Havugimana Curio avuga ko byatewe n’isesengura ry’inzego z’ubuzima ku cyorezo cya COVID19, bituma Nyamata ifatwa nk’umwihariko.

Mu magambo ye yagize ati” Ibyemezo byose bifatwa hagendewe ku isesengura riba ryakozwe ku cyorezo cya COVID-19 bityo rero turabasaba kuba bihanganye bagategereza igihe ingamba zizavugururirwa.”

Inkuru ya: Eugenie Nyiransabimana

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 6 =

Previous Post

Ndayisaba Fabrice Foundation(NFF) basoje igikorwa cyo kwibuka abana bazize Jenoside, akangurira urubyiruko kwirinda gushukwa

Next Post

Kigali: Batewe impungenge n’uburyo batwarwamo iyo barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

Related Posts

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo
MU RWANDA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Batewe impungenge n’uburyo batwarwamo iyo barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

Kigali: Batewe impungenge n’uburyo batwarwamo iyo barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.