Friday, April 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abatuye mu murenge wa Cyanzarwe bahangayikishijwe n’isoko ryabo bamaze imyaka ine barikoreramo imvura ibanyagira

radiotv10by radiotv10
02/11/2021
in MU RWANDA
0
Abatuye mu murenge wa Cyanzarwe bahangayikishijwe n’isoko ryabo bamaze imyaka ine barikoreramo imvura ibanyagira
Share on FacebookShare on Twitter

Mu karere ka Rubavu mu murenge wa cyanzarwe abaturage bakorera mu isoko rya Bizige  bibaza impamvu isoko ryabo rimaze imyaka irenga ine barikoreramo riva kandi ngo iki kibazo baracyeretse ubuyobozi. Ubuyobozi bw’umurenge wa Cyanzarwe buvuga ko iki kibazo gihari kandi gihangayikishije abaturage bukavuga ko bwamaze gukora inyigo izagenderwaho risanwa nubwo ntagihe nyirizina ubu buyobozi bugaragaza.

 

Ni isoko ryubatse hejuru y’umuhanda ni mukibanza gicuramye kuburyo amazi ava hejuru yaryo amanuka yerekeza mubaturage.isoko ricyubakwa ryari ryahawe imireko yinjiza amazi mubigega kuburyo nta mazi ava kuri aya mabati ngo ajye gusenyera abaturage.gusa igihangayikishije ni uko ari ibigega ubu byamaze gutoboka imireko nayo iracika amazi ubu Aruhukira mumazu y’abaturage ikindi iri soko naryo ubwaryo rirava abarikoreramo ba baba banyagirwa.

 

Nyirazaninka Beatrice  aganira na Radiotv10 yagize ati : ‘‘Maze igihe kinini nkorera muri iri soko rya ryabizige twagaragaje ko iyo imvura iguye tunyagirwa ariko ntituzi impamvu batarisana. Basi bazatwake amafaranga tujye dusora ariko iri soko risanwe’’

 

Aba baturage bavuga ko bamaze imyaka irenga irenze bagaragaza iki kibazo ubuyobozi ngo ntibugire icyo bugikoraho gusa uwimana vedaste umunyamabanganshingwabikorwa w’uyu murenge wa cyanzarwe avuga ko iri soko ryamaze gukorerwa inyigo kugirango risanwe n’ubwo uyu muyobozi atagaragaza igihe.

 

UWIMANA vedaste umunyamabanganshingwabikorwa w’uyu murenge wa cyanzarwe yemeza ko ari ikibazo gihari ati ni ikibazo koko gihari ariko twatangiye gukora ubuvugizi kuburyo muminsi iri imbere cyazaba cyakemutse.kuko ubu twamaze no gukora inyigo izagenderwaho mu kurisana kuko nubundi risanzwe ryubatse muburyo ryemerera amazi kwinjiramo rero tuzasaba ko ryakubakwa muburyo bwiza.

 

Iri soko rya ryabizige abaturage basaba ko ryasanwa abatuareg bavuga ko ribafatiye runini kuko ariryo ribafasha guhahirana n’abaturanyi  gusa ubwitabire bw’abarikoreramo bukaba buri hasi kuko abeshi bacibwa intege n’uburyo iri soko rubtse kuko usanga ibicuruzwa byabo binyagirwa nabo bagakora imvura n’izuba bibari kumugongo.

Inkuru ya Darton Gasigwa 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + eight =

Previous Post

#10Sports : Bimwe mu byaranze tariki ya 02 Ugushyingo mu Siporo

Next Post

Leta y’u Rwanda igiye kujya yakira impunzi zabuze ibihugu bizakira

Related Posts

Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

by radiotv10
24/04/2026
0

Kompanyi ya Choplife Gaming Limited (CLG), ikora nka betPawa ku isoko ryo Rwanda ikaba imwe mu zitanga serivisi z’imikino y’amahirwe,...

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

by radiotv10
24/04/2026
0

Bisi 50 zikoresha amashanyarazi zigiye kongerwa muri gahunda yo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali, aho...

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

Amakuru Mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zongeye guhurira muri America zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
24/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko yakiriye ibiganiro byahuje abagize Komisiyo Ihuriweho hagati y’u Rwanda na DRC...

Eng.-Rwanda and DR Congo Delegations Meet Again in the United States and Reaffirm Their Commitment

Eng.-Rwanda and DR Congo Delegations Meet Again in the United States and Reaffirm Their Commitment

by radiotv10
24/04/2026
0

The Government of the United States has announced that it hosted talks bringing together members of the Joint Oversight Committee...

Why Ibimina still work in Rwanda: The Powerful impact of saving together in Community Groups

Why Ibimina still work in Rwanda: The Powerful impact of saving together in Community Groups

by radiotv10
24/04/2026
0

In a world where banks, mobile wallets, and digital savings apps are becoming more common, traditional systems like community savings...

IZIHERUKA

Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo
MU RWANDA

Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

by radiotv10
24/04/2026
0

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

24/04/2026
Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

24/04/2026
Hemejwe mu buryo budasubirwaho uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin

Hemejwe mu buryo budasubirwaho uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin

24/04/2026
Inkuru iteye amatsiko y’urukundo rw’abahanzi Papi Claver na Dorcas mbere yo kurushingana nk’umugore n’umugabo

Inkuru iteye amatsiko y’urukundo rw’abahanzi Papi Claver na Dorcas mbere yo kurushingana nk’umugore n’umugabo

24/04/2026
Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

24/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Leta y’u Rwanda igiye kujya yakira impunzi zabuze ibihugu bizakira

Leta y’u Rwanda igiye kujya yakira impunzi zabuze ibihugu bizakira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.