• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, June 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abayobozi ba Nyamagabe bahawe impanuro ku cyo bakora ngo Akarere kabo kave ku mwanya wa nyuma

radiotv10by radiotv10
05/06/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abayobozi ba Nyamagabe bahawe impanuro ku cyo bakora ngo Akarere kabo kave ku mwanya wa nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, yibukije Abayobozi ba Nyamagabe ko Akarere bayoboye kaje ku mwanya wa nyuma mu gukura abaturage mu bukene, bityo ko bakwiye kunoza akazi kabo, kandi bakegera abaturage kugira ngo bakosore ibitagenda.

Guverineri yavuze kandiko mu bushakashatsi buheruka bwakozwe na Rwanda Governance Board ku ishusho y’imiyoborere n’imitangire ya serivisi mu nzego zegereye abaturage, bugaragaza ko Akarere ka Nyamagabe kari mu Turere twagize amanota ari hasi mu rwego rw’ukwishimira serivisi abaturage bahabwa.

Ibi yabigarutseho mu mwiherero w’iminsi itatu wahuje abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamagabe, wari ugamije gusuzuma ibikorwa byagezweho mu myaka ine ishize aho yasabye abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamagabe kongera imbaraga mu kazi bakorera abaturage, abibutsa ko hakiri urugendo mu kubegera no gukemura ibibazo byabo ku gihe.

Bamwe mu bajyanama bagaragaje ko nubwo hari ibikorwa byinshi byagezweho muri manda yabo, hari n’ibitaragerwaho byagize uruhare mu gutuma abaturage bamwe batishimira serivisi bahabwa n’inzego z’ibanze.

Perezida  wa Njyanama  y’akarere ka Nyamagabe  Clautilde Uwamahoro avuga ko  nubwo hari byinshi byakozwe hakiri n’ibigikemewe gukorwa cyane cyane  ibijyanye no kwita ku guha servise zinoze abaturage  dore ko mu bushakashatsi bwagiye bugaragazwa  na RGB bwagiye bugaragaza ko akarere ka Nyamagabe  kaza mu myanya y’inyuma  mu kutanyurwa na servise abaturage bahabwa.

Ati “Mu myaka ine  tumaze  ku buyobozi  nk’inama  njyanama hakozwe byinshi,gusa hari ibyo  dukwiye gushyiramo imbaraga harimo imitangire ya servise ku baturage,kugeza uyu munsi abaturage b’akarere ka Nyamgabe ntabwo baranyurwa na servise bahabwa nkuko ubushakashatsi bwa RGB bubigaragaza.’’.

Guverineri Alice Kayitesi yavuze ko ibipimo bigaragaza uko abaturage bishimira serivisi bahabwa bikwiye kubera abayobozi indorerwamo yo kunoza akazi kabo no gukomeza gushyira umuturage ku isonga.

Yagize ati “Ibyo dusabwa ni byinshi, Akarere ka Nyamgabe kari ku mwanya wa Nyuma mu gukura abaturage mu bukene, ibyo bagomba kubishyiramo imbaraga bigakosoka, ikindi haracyafite urugendo  rwo kongera kwegera abaturage  no kureba uko bishimira servise babaha. Ubushakashatsi bwakozwe na RGB bugaragaza uko abaturage bishimira  serivise bahabwa n’ubuyobozi ntabwo bimeze neza  kuko aka Karere kaza ku myanya ya nyuma.”

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − nine =

Previous Post

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bwongereza abona iki Gihugu kiri mu bihe by’akaga bitigeze bibaho mbere

Next Post

Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano na Skol afite agaciro gakabakaba Miliyari 1Frw

Related Posts

Resitora ya Tic Tac iri mu zizwi muri Kigali yafashwe n’inkongi y’umuriro ufite imbaraga

Resitora ya Tic Tac iri mu zizwi muri Kigali yafashwe n’inkongi y’umuriro ufite imbaraga

by radiotv10
05/06/2026
0

Inyubako ya Resitora izwi nka Tic Tac Foods Boutique Hotel iherereye mu Murenge wa Kacyiru mu Karere ka Gasabo mu...

Ubutumwa bwa Muzehe Tito Rutaremara busobanura ibyo yatangaje ku Mana bikazamura impaka ndende

Ubutumwa bwa Muzehe Tito Rutaremara busobanura ibyo yatangaje ku Mana bikazamura impaka ndende

by radiotv10
05/06/2026
0

Umuyobozi w'Urwego Ngishwanama rw'Inararibonye, Hon. Tito Rutaremara yasubije abakomeje kumunengera ubutumwa aherutse gutangaza asaba abantu kutazajya bazana Imana mu bintu...

Why your salary disappears faster than you expected

Why your salary disappears faster than you expected

by radiotv10
05/06/2026
0

You get paid and, for a brief moment, it feels like everything is finally under control. Plans start forming in...

Hatangajwe amahoteri ane mu Rwanda yafunzwe by’agateganyo n’impamvu

Hatangajwe amahoteri ane mu Rwanda yafunzwe by’agateganyo n’impamvu

by radiotv10
04/06/2026
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwatangaje ibigo by’ubucuruzi bine byakira abantu, byafunzwe by’agateganyo kubera kutuzuza ibisabwa mu rwego rw’ubukerarugendo...

Abagera muri miliyoni 4,4 bamaze kwifotoza mu Rwanda ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabunga

Abagera muri miliyoni 4,4 bamaze kwifotoza mu Rwanda ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabunga

by radiotv10
04/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu NIDA, buratangaza ko Abanyarwanda miliyoni 4,4 bamaze kwiyandikisha no kwifotoza ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga. Byatangajwe...

Next Post
Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano na Skol afite agaciro gakabakaba Miliyari 1Frw

Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano na Skol afite agaciro gakabakaba Miliyari 1Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Resitora ya Tic Tac iri mu zizwi muri Kigali yafashwe n’inkongi y’umuriro ufite imbaraga

Perezida wa Ukraine yashyize ahagaragara ibaruwa ikubiyemo icyifuzo yagene Putin w’u Burusiya

Ubutumwa bwa Muzehe Tito Rutaremara busobanura ibyo yatangaje ku Mana bikazamura impaka ndende

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.