Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abayobozi bashyizweho na Perezida babanje kunyura imbere y’urwego ruzabemeza

radiotv10by radiotv10
08/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abayobozi bashyizweho na Perezida babanje kunyura imbere y’urwego ruzabemeza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bayobozi baherutse gushyirwa mu myanya na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, bagiranye ibiganiro na Komisiyo Zihoraho za Sena y’u Rwanda, kugira ngo dosiye zibasabira kwemezwa, zifatweho umwanzuro.

Nk’uko tubikesha Inteko Ishinga Amategeko, mu butumwa bwatambutse kuri X [Twitter], yagize iti “Komisiyo Zihoraho za Sena zagiranye ibiganiro n’abayobozi basabiwe kwemezwa mu nzego nkuru z’Igihugu mu rwego rwo gusuzuma dosiye zabo.”

Aba bayobozi baganiriye n’izi Komisiyo, ni Hon. Lambert Dushimimana na we wahoze ari Umuseneteri, usabirwa kwemezwa ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba.

Izi Komisiyo kandi zaganiriye na Mutesi Rusagara, usabirwa kwemezwa ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Ikigega Agaciro Development Fund; Armand Zingiro, usabirwa kwemezwa ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru wa REG; Evariste Rugigana, usabirwa kwemezwa ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru wa RURA.

Hari kandi Prof. Omar Munyaneza, usabirwa kwemezwa ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Amazi WASAC Group; na Gisèle Umuhumuza, usabirwa kwemezwa ku mwanya w’Umuyobozi wa Sosiyete ishinzwe gukwirakwiza amazi WASAC Utilities Ltd.

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ikomeza igira iti “Raporo z’ibiganiro Komisiyo zagiranye n’abayobozi zikazashyikirizwa Inteko Rusange ya Sena kugira ngo izifateho umwanzuro.”

Aba bayobozi bashyizweho na Perezida Paul Kagame ku wa Mbere w’iki Cyumweru, tariki 04 Nzeri 2023, nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ku mugoroba wo kuri uwo munsi.

Lambert Dushimimana wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba
Mutesi Rusagara, wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigega Agaciro Development Fund
Armand Zingiro, wagizwe Umuyobozi Mukuru wa REG
Evariste Rugigana, wagizwe Umuyobozi Mukuru wa RURA
Prof. Omar Munyaneza, wagizwe Umuyobozi Mukuru wa WASAC Group
Na Gisèle Umuhumuza, wagizwe Umuyobozi wa Sosiyete ishinzwe gukwirakwiza amazi WASAC Ltd

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + two =

Previous Post

Hacakiwe abakekwaho gucuruza urubyiruko rwajyaga gukoreshwa mu ntambara ya Ukraine&Russia

Next Post

Kamonyi: Igikekwa nk’intandaro yatumye Gitifu afata icyemezo cyo kwegura

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Igikekwa nk’intandaro yatumye Gitifu afata icyemezo cyo kwegura

Kamonyi: Igikekwa nk’intandaro yatumye Gitifu afata icyemezo cyo kwegura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.