Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abayobozi bashyizweho na Perezida babanje kunyura imbere y’urwego ruzabemeza

radiotv10by radiotv10
08/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abayobozi bashyizweho na Perezida babanje kunyura imbere y’urwego ruzabemeza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bayobozi baherutse gushyirwa mu myanya na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, bagiranye ibiganiro na Komisiyo Zihoraho za Sena y’u Rwanda, kugira ngo dosiye zibasabira kwemezwa, zifatweho umwanzuro.

Nk’uko tubikesha Inteko Ishinga Amategeko, mu butumwa bwatambutse kuri X [Twitter], yagize iti “Komisiyo Zihoraho za Sena zagiranye ibiganiro n’abayobozi basabiwe kwemezwa mu nzego nkuru z’Igihugu mu rwego rwo gusuzuma dosiye zabo.”

Aba bayobozi baganiriye n’izi Komisiyo, ni Hon. Lambert Dushimimana na we wahoze ari Umuseneteri, usabirwa kwemezwa ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba.

Izi Komisiyo kandi zaganiriye na Mutesi Rusagara, usabirwa kwemezwa ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Ikigega Agaciro Development Fund; Armand Zingiro, usabirwa kwemezwa ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru wa REG; Evariste Rugigana, usabirwa kwemezwa ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru wa RURA.

Hari kandi Prof. Omar Munyaneza, usabirwa kwemezwa ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Amazi WASAC Group; na Gisèle Umuhumuza, usabirwa kwemezwa ku mwanya w’Umuyobozi wa Sosiyete ishinzwe gukwirakwiza amazi WASAC Utilities Ltd.

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ikomeza igira iti “Raporo z’ibiganiro Komisiyo zagiranye n’abayobozi zikazashyikirizwa Inteko Rusange ya Sena kugira ngo izifateho umwanzuro.”

Aba bayobozi bashyizweho na Perezida Paul Kagame ku wa Mbere w’iki Cyumweru, tariki 04 Nzeri 2023, nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ku mugoroba wo kuri uwo munsi.

Lambert Dushimimana wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba
Mutesi Rusagara, wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigega Agaciro Development Fund
Armand Zingiro, wagizwe Umuyobozi Mukuru wa REG
Evariste Rugigana, wagizwe Umuyobozi Mukuru wa RURA
Prof. Omar Munyaneza, wagizwe Umuyobozi Mukuru wa WASAC Group
Na Gisèle Umuhumuza, wagizwe Umuyobozi wa Sosiyete ishinzwe gukwirakwiza amazi WASAC Ltd

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Hacakiwe abakekwaho gucuruza urubyiruko rwajyaga gukoreshwa mu ntambara ya Ukraine&Russia

Next Post

Kamonyi: Igikekwa nk’intandaro yatumye Gitifu afata icyemezo cyo kwegura

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Igikekwa nk’intandaro yatumye Gitifu afata icyemezo cyo kwegura

Kamonyi: Igikekwa nk’intandaro yatumye Gitifu afata icyemezo cyo kwegura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.