Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abayobozi bashyizweho na Perezida babanje kunyura imbere y’urwego ruzabemeza

radiotv10by radiotv10
08/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abayobozi bashyizweho na Perezida babanje kunyura imbere y’urwego ruzabemeza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bayobozi baherutse gushyirwa mu myanya na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, bagiranye ibiganiro na Komisiyo Zihoraho za Sena y’u Rwanda, kugira ngo dosiye zibasabira kwemezwa, zifatweho umwanzuro.

Nk’uko tubikesha Inteko Ishinga Amategeko, mu butumwa bwatambutse kuri X [Twitter], yagize iti “Komisiyo Zihoraho za Sena zagiranye ibiganiro n’abayobozi basabiwe kwemezwa mu nzego nkuru z’Igihugu mu rwego rwo gusuzuma dosiye zabo.”

Aba bayobozi baganiriye n’izi Komisiyo, ni Hon. Lambert Dushimimana na we wahoze ari Umuseneteri, usabirwa kwemezwa ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba.

Izi Komisiyo kandi zaganiriye na Mutesi Rusagara, usabirwa kwemezwa ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Ikigega Agaciro Development Fund; Armand Zingiro, usabirwa kwemezwa ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru wa REG; Evariste Rugigana, usabirwa kwemezwa ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru wa RURA.

Hari kandi Prof. Omar Munyaneza, usabirwa kwemezwa ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Amazi WASAC Group; na Gisèle Umuhumuza, usabirwa kwemezwa ku mwanya w’Umuyobozi wa Sosiyete ishinzwe gukwirakwiza amazi WASAC Utilities Ltd.

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ikomeza igira iti “Raporo z’ibiganiro Komisiyo zagiranye n’abayobozi zikazashyikirizwa Inteko Rusange ya Sena kugira ngo izifateho umwanzuro.”

Aba bayobozi bashyizweho na Perezida Paul Kagame ku wa Mbere w’iki Cyumweru, tariki 04 Nzeri 2023, nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ku mugoroba wo kuri uwo munsi.

Lambert Dushimimana wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba
Mutesi Rusagara, wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigega Agaciro Development Fund
Armand Zingiro, wagizwe Umuyobozi Mukuru wa REG
Evariste Rugigana, wagizwe Umuyobozi Mukuru wa RURA
Prof. Omar Munyaneza, wagizwe Umuyobozi Mukuru wa WASAC Group
Na Gisèle Umuhumuza, wagizwe Umuyobozi wa Sosiyete ishinzwe gukwirakwiza amazi WASAC Ltd

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + eight =

Previous Post

Hacakiwe abakekwaho gucuruza urubyiruko rwajyaga gukoreshwa mu ntambara ya Ukraine&Russia

Next Post

Kamonyi: Igikekwa nk’intandaro yatumye Gitifu afata icyemezo cyo kwegura

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Igikekwa nk’intandaro yatumye Gitifu afata icyemezo cyo kwegura

Kamonyi: Igikekwa nk’intandaro yatumye Gitifu afata icyemezo cyo kwegura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.